Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Mu myaka 100 Maze Ku Isi Icyo Ntabonye Ntikibaho, Igisigaye Ni Ugupfa- Mpyisi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Mu myaka 100 Maze Ku Isi Icyo Ntabonye Ntikibaho, Igisigaye Ni Ugupfa- Mpyisi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 12 September 2022 5:47 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umukambwe Pasiteri Ezra Mpyisi  yaraye akorewe ibirori by’uko aherutse kuzuza imyaka ijana. Ni ibirori byabereye muri imwe muri Hoteli z’i Kigali ariko mu ibanga hirindwa ko hashoboraga kuza abantu benshi bikabyara umubyigano n’akaduruvayo kubera ko akundwa cyane n’Abanyarwanda.

Imyaka ijana yayujuje mu myaka yashize ariko kubera ko yari amaze igihe runaka arwaye, kumwifuriza isabukuru ntibyashobotse icyo gihe.

Mu ijambo yabwiye abantu bagera ku 100 bari aho, Pasiteri Mpyisi yavuze ko abamukoreye biriya birori bamutunguye ariko nanone bamushimishije kubera ko atari abyiteze.

Avuga ko abana bari bamubwiye ko bamufitiye surprise ariko ko atitegaga ko biri bube bimeze neza kuri ruriya rugero.

Ati: “ Birantunguye rwose ariko byananshimishije. Umwana umwe yambwiye ko bari bungirire birthday none mu masaha ya nimunsi[nimugoroba]. Naje niteze birthday isanzwe, ko muzana ikeke(cake) tukayikeka tukarya tugataha.”

Yashimye abateguye iriya gahunda, avuga ko byakozwe n’umuhanga mu gutegura ibirori kandi w’umuhimbyi.

Mpyisi avuga ko mu myaka ijana amaze ku isi, nta cyo atabonye.

Ati: “ Nabonye ibyiza, nabonye ibibi nabonye ibyaha bikorwa nabonye ubugome nabonye ubwicanyi nabonye ubukwe nabonye ibirori igisigaye ni ugupfa kuko ibindi byose narabibonye.”

Avuga ko yabaye agasore, aba umusore, aba umugabo, aba igikwerere, aba umusaza nabyo arabirenga, icyo ari cyo ubungubu ntakizi.

Pasiteri Mpyisi avuga ko hari ubwo avuga ko ibyiza ari uko yakwipfira ariko ngo hari ubwo asoma muri Bibiliya agasangamo andi masomo.

Avuga ko  n’ubwo Yezu yazuye abantu, ariko abo bazutse nabo igihe cyageze barapfa.

Mpyisi avuga ko azishimira kubana n’abe ndetse n’abamukunda muri Paradizo kuko ngo nta kiruta kuba yo.

Umuhungu wa kabiri wa Pasiteri Ezra Mpyisi witwa Gérald Mpyisi yabwiye abari aho ubu afite imyaka 70 y’amavuko.

Gerald Mpyisi umuhungu wa kabiri wa Ezra Mpyisi

Yashimye ko Se ari umugabo ukundwa na bose kandi ngo abo mu rugo rwe bo bamukunda kurushaho kuko ari Se wababyaye akabageze ku rwego bagezeho.

Pasiteri Mpyisi na bamwe mu buzukuru n’abana be
TAGGED:featuredImanaMpyisiPasiteriUrupfu
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Afurika Irasabwa Gushyira Mu Bikorwa Amasezerano Yo Gufungurirana Ikirere
Next Article Nyuma Y’Akazi Kenshi i Kigali, Perezida Kagame Yagakomereje Muri Kenya
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Misiri Irashaka Gukaza Umutekano Ku Mupaka Wayo Na Gaza

Kacyiru Hari Gusizwa Ibibanza Bizubakwamo Inzu Ndende ‘Koko’

Rwanda: Abohereza Ikawa Mu Burayi Basabwe Gukurikiza Ibyo Bushaka

U Rwanda Rwatumye Abaturage Bacu Bongera Gutekana-Min W’Ingabo Za Mozambique

Sassou Nguesso Ari i Kinshasa Mu Bukwe Bw’Umukobwa Wa Tshisekedi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Abayobozi Bakuru Mu Ngabo Za Mozambique Bari Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaPolitiki

Nyaruguru: Bagiye Gusasa Inzobe Kucyatumye Abana Batsindwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Rwanda: Ntibiramenyekana Uko Amakipe Azahura Muri Shampiyona Ya 2025/2026

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUmutekano

Kabila Yasabiwe Urwo Gupfa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?