Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Mu Ngaruka Zo Kutihaza Mu Biribwa Harimo No Guhungabanya Amahoro Mu Bantu
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imibereho Y'Abaturage

Mu Ngaruka Zo Kutihaza Mu Biribwa Harimo No Guhungabanya Amahoro Mu Bantu

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 08 July 2022 1:40 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda Dr Edouard Ngirente yabwiye abagize Inteko zishinga amategeko zo mu bihugu bikoresha Igifaransa ko iyo abaturage badafite ibiribwa bihagije, bishobora kuba intandaro y’imidugararo n’umutekano muke mu gihugu.

Abo Badepite bari mu Rwanda mu Nama ya 47 y’Umuryango w’Ibihugu bikoresha Igifaransa, La Francophonie.

Minisitiri w’Intebe Dr Edouard Ngirente avuga ko guharanira ko amajyambere agera kuri bose kandi abaturage bakihaza mu biribwa, ari imwe mu ngamba zikomeye zituma amahoro araambye agerwa ho.

Si ukwihaza mu biribwa gusa bifasha mu kwimakaza amahoro  arambye, ahubwo ngo no guha abaturage uburyo bwo kwigisha abana, ibikorwa remezo bicyegerezwa abaturage, urubyiruko narwo rugafashwa guhanga imirimo

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Abaturage kandi  bagomba kwigerezwa amavuriro ntibicwe n’indwara za hato na hato.

Dr Ngirente yabwiye abari bamuteze amatwi ko ubutumwa yabazaniye ari ubwo yahawe na Perezida Paul Kagame ngo abuzanire.

Inama yafunguwe na Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda igamije kurebera hamwe uko ibihugu bigize wa muryango byagira uruhare mu kwimakaza imiyoborere igamije amahoro arambye ku isi hose.

Ngirente yababwiye ati: “ Muri iyi nama muzahura n’akazi kanini ku gusesengura ibibazo byugarije isi no kureba uburyo byashakirwa ibisubizo birambye.”

Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda Dr Edouard Ngirente

Yababwiye ko u Rwanda ruzafatanya n’ibindi bihugu mu gushyiraho imyanzuro n’ibyemezo bizagenderwaho nyuma y’iriya nama hashingiwe ku nsanganyamatsiko yaganiriwe ho.

- Advertisement -

Dr  Edouard Ngirente yavuze  ko muri iki gihe abayobozi bagomba kumva ko kwegera no gukorana bya hafi n’abaturage babo ari ingenzi.

Ni ingenzi kubera ko bituma abayobozi n’abaturage bahuza imbaraga kugira ngo bacyemure ibibazo rusange bireba abaturage.

Minisitiri w’Intebe mu Rwanda yavuze ko kimwe mu bintu u Rwanda rwishimira muri iki gihe ari uko rwashoboye guhuza abaturage barwo, bakaba bunze ubumwe kandi ngo ubwo bumwe nibwo bwatumye igihugu gitera imbere mu myaka 28 ishize Jenoside yakorewe Abatutsi ihagaritswe.

Yagarutse kandi ku iterabwoba rikunze kugaragara muri byinshi mu bihugu bikoresha Igifaransa, avuga ko kurirwanya bisaba imikoranire myiza hagati y’ibihugu bituranye.

Muri iki gitondo, Minisitiri w’Intebe Dr. Edouard Ngirente yafunguye ku mugaragaro Inama ya 47 y’Inteko Rusange y'Inteko Zishinga Amategeko zo mu bihugu bigize Umuryango w’Ibihugu bikoresha ururimi rw’Igifaransa ibera i Kigali. #APF47Rwandahttps://t.co/L3H5jCqNdH pic.twitter.com/9HoBJ9KpCF

— Office of the PM | Rwanda (@PrimatureRwanda) July 8, 2022

Ngirente yabwiye bariya banyacyubahiro ko indi ngingo bagomba gushyiramo imbaraga ari ugufasha urubyiruko kugira ngo rubone imirimo bityo rugire iterambere.

Umwanya Igifaransa gifite mu ndimi zivugwa ku isi…

Umunyamabanga mukuru wa Francophonie Louise Mushikiwabo yigeze kuvuga ko muri Politiki ze zo guteza imbere Igifaransa, atagamije kukigira icya mbere cyangwa icya nyuma mu ndimi zikomeye ku isi, ahubwo ko aharanira ko gisubirana umwanya wacyo.

Hari mu kiganiro yahaye TV 5 Monde.

Yavuze ko hari ubwiyongere bungana na 7% bw’abantu ku isi bakoresha Igifaransa.

Bavuye kuri miliyoni 300 bagera kuri miliyono 321 mu mwaka umwe.

Mushikiwabo yavuze ko intego ye ya mbere ari ugukora uko ashoboye kugira ngo abavuga Igifaransa biyongere ariko n’abasanzwe bakivuga ntibagite ngo bakibagirwe.

Ku rundi ruhande ariko, Louise Mushikiwabo avuga ko amakuru mabi afite ari uko mu bigo mpuzamahanga abakozi babyo badakoresha cyane Igifaransa.

Umunyamabanga mukuru w’Umuryango w’ibihugu bikoresha Igifaransa

Mu rwego rwo kugabanya iki kibazo, Mushikiwabo icyo gihe yabwiye TV 5 Monde ko yandikiye abaminisitiri bo mu bihugu 19 by’i Burayi biba muri  Francophonie ko bagombye gukora uko bashoboye kugira ngo Igifaransa ntigikomeze gutakara.

Ati: “ Njye nk’Umunyamabanga mukuru wa Francophonie ndemera ko , kandi buri wese arabibona, ibyinshi mu bihugu byacu bikoresha Icyongereza muri gahunda zabyo. Gusa inshingano yanjye ni ugukora k’uburyo Igifaransa kitazima, kidasubira inyuma ariko nanone kikabana n’izindi ndimi harimo n’indimi gakondo.”

Mushikiwabo avuga ko icyo agamije ari uko urubyiruko rwo mu bihugu bikoresha Igifaransa rubaho rugikunda, rukivuga kandi rukabikora rubikunze.

Ntabwo arugira inama yo kwibagirwa indimi gakondo z’iwabo ariko arushishikariza kwiga no kuvuga Igifaransa kugira ngo rukomeze mu muco uranga abakivuga ariko nanone baguke bamenye n’izindi ndimi.

Ikiganiro Mushikiwabo yaraye atanze cyaje nyuma y’iminsi micye hizihijwe umunsi mpuzamahanga wahariwe Igifaransa wizihijwe ku isabukuru y’imyaka 50 Umuryango w’ibihugu bikoresha Igifaransa ushinzwe.

TAGGED:featuredKagameMushikiwaboNgirenteRwandaUrubyiruko
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Nta Masezerano Yo Guhagarika Intambara u Rwanda Rwigeze Rusinyana na DRC- Dr.Biruta
Next Article Uwishe Uwahoze Ari Minisitiri W’Intebe W’u Buyapani Yavuze Icyabimuteye
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Amerika: Abanyarwandakazi Bo Muri RDF Barangije Amasomo Y’Ubukanishi

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

Kagame Ari Mu Bufaransa 

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ni Ryari Abaturage Bo Mu Cyaro Bazabona Amazi Meza Abahagije?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

M23 Yafashe Ahantu Hakungahaye Kuri Zahabu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?