Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Mu Rwanda Hagiye Kuzanwa Intama Zidasanzwe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Mu Rwanda Hagiye Kuzanwa Intama Zidasanzwe

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 10 December 2023 7:53 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ikigo cy’u Rwanda gishinzwe iterambere ry’ubuhinzi n’ubworozi RAB cyatangaje ko mu Rwanda hagiye kuzanwa icyororo gishya cy’intama zo mu bwoko bwa ’Merinos’.

Kugira ngo kigere ku borozi benshi, Leta y’u Rwanda ibinyujije muri RAB, izaha aborozi bazo  ‘nkunganire’.

Nathan Ndayambaje ukora muri RAB avuga ko ubwoko bwa Merinos ari bushya mu Rwanda.

Avuga ko icyo cyororo cyazanywe  mu rwego rwo kwirinda ko intama zacika burundu.

Ati: “ Mu gihe cyo kubangurira, aborozi bakoreshaga intama zisanzwe ndetse hakabonekamo n’amacugane kuko batakurikiranaga icyororo.”

Amacugane ni intama zikomoka  kuzo zisangiye amaraso bya hafi.

Ibinyabuzima byose bivutse muri ubu buryo bigira ibyago byo gupfa imburagihe kubera ko imibiri yabyo iba idafite ubudahangarwa bukomeye bityo ikibasirwa n’indwara.

N’abantu[uretse ko bo batitwa batyo] bavutse kuri benewabo ba hafi cyane ntibaramba!

Ndayambaje avuga ko kiriya cyororo ari icyo gufasha aborozi kuvugurura icyororo cyabo bityo bakazamura umusaruro.

Intego ya RAB ni uko intama zizororoka binyuze muri iki cyororo zizajya zima kabiri mu mwaka.

Ubwoko bw’intama za Merino bukomoka muri Espagne ya kera.

Ni intama zigira ubwoya bwinshi, burebure kandi bworohereye.

Hari izigira ubwoya bufite hagati ya 60 mm na 100 mm.

Uretse kuba zizatanga umusaruro w’inyama, ubwoya bwazo bukoreshwa no mu gukora imyambaro cyangwa ibindi by’ubugeni cyangwa ubukorikori.

Mu rwego rwo kuvugurura ubworozi bw’intama, RAB irateganya kugeza icyororo gishya cy’intama cyitwa ‘’Merinos’’ ku borozi ku giciro cyunganiwe na Leta. pic.twitter.com/ukm2acfI3b

— Rwanda Agriculture & Animal Resources Devpt Board (@RwandaAgriBoard) December 9, 2023

Politiki y’u Rwanda mu kwihaza mu biribwa harimo no gutuma Abanyarwanda barya indyo yuzuye, ifite ibyubaka umubiri( proteins) bihagije kandi kuri bose.

TAGGED:AborozifeaturedIcyororoIntamaRAB
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abandi Basore B’Inkorokoro Binjiye Muri RDF
Next Article Bahuguwe Uko Batabara Abagize Impanuka Mu Gihe Ambulance Itaraza
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Abantu 16 Bashimuswe Na CODECO

Kwihaza Mu Biribwa Muri Afurika Biracyari Kure

Abavandimwe Alicia Na Germaine Bakoze Indirimbo Bizeyeho Byinshi

Kubaka Urugomero Rwa Nyabarongo Bizatuma Havuka Ikiyaga Kizakora Ku Turere 8

Nyagatare: Batashye Isoko Risakaye Bari Barifuje Igihe Kirekire

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwandair Yaguze Izindi Ndege Ngari 

Kagame Yaganirije Ingabo Azisanze i Gabiro

RDB Yamaze Impungenge Abafite Hoteli Mu Birunga

Rwamagana:Uwahoze Ari Umunyamakuru Wa Radio Agiye Kwishingira Iye

Uburundi Bwatsembye Ko Butazafungura Vuba Umupaka Wabwo N’u Rwanda

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbuzima

Drones Zigiye Gukoreshwa Mu Kurwanya Imibu Yo Mu Bugesera

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Kigali: Abagore Baravugwa Kenshi Mu Biyobyabwenge

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

UNHCR Yaganirije AFC/M23 Ku Kibazo Cy’Impunzi Ziri Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rushaka Kuba Igihugu Gikize Byuzuye-Kagame

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?