Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Mu Rwanda Hagiye Kwaduka Amagare Akoresha Amashanyarazi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ikoranabuhanga

Mu Rwanda Hagiye Kwaduka Amagare Akoresha Amashanyarazi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 22 August 2023 1:25 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ikigo kitwa Ewaka n’ikindi kitwa AC Group basinyanye amasezerano akubiyemo ko mu gihe kitarambiranye ikigo Ewaka kizaba cyazanye amagare akoresha amashanyarazi mu Rwanda.

Hari na gahunda y’uko bazazana utwuma dukora nka moto bita scooters tuzajya tugeza abantu iyo bajya bihuse, badahenzwe kandi batangije ikirere.

Ku ikubitiro hazaba haze scooters 50.

eWAKA ifite intego yo kuzana byibuze izo scooters n’ayo magare byose  bigera kuri 500, bikazaba byageze mu Rwanda bitarenze impera z’umwaka wa 2023.

Intego ni  ugufasha u Rwanda kwimakaza ubwikorezi butangiza ibidukikije.

AC Mobility, eWAKA bateganya ko umwaka wa 2024 uzarangira ibyo binyabiziga bigera ku 1000 byarageze mu Rwanda.

Umuyobozi Mukuru wa eWAKA, Celeste Vogel yavuze ko ubwo bufatanye bwatewe n’uko u Rwanda ari igihugu kimaze kugera ku rundi rwego mu kuba isoko ry’ibigo bitandukanye muri Afurika.

Ati “Ibi byatumye dufata ibyemezo by’uko tugomba kwagurira ibikorwa byacu mu Rwanda, tugafatanya na kimwe mu bigo biri imbere mu gushakira ibisubizo ibibazo bijyanye n’ubwikorezi mu Rwanda.”

Avuga ko biteguye kwagura ibikorwa byabo bikegerezwa abantu benshi bityo bikazabafasha  ibibafasha gukomeza kugira uruhare rukomeye mu iterambere ry’ikoreshwa ry’ibinyabiziga bikoresha amashanyarazi ku mugabane wose.

Uyobora AC Mobility Rwanda, Jones Kizihira avuga ko yishimiye iriya mikoranre kandi ko biteye ishema guha u Rwanda ibyiza nka biriya bitangiza ibidukikije.

Ati: “Ibinyabiziga bikoresha amashanyarazi birakenewe cyane. Twizeye ko binyuze muri ubu bufatanye na eWAKA, tuzaha imbaraga ikoreshwa ry’amagare yikorera imizigo na za scooter bikoresha amashanyarazi mu Rwanda.”

Guverinoma y’u Rwanda iherutse  gutangaza ko hari gahunda  yo kongera imodoka zitwara abagenzi mu mujyi wa Kigali.

Intego ni uko nibura 20% by’imodoka zitwara abagenzi mu Rwanda, zizaba zikoresha amashanyarazi mu 2030.

TAGGED:AmagareAmashanyarazifeaturedIbinyabizigaKigali
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abayobozi Bakuru Muri FERWACY Bari Gukirikiranwa Na RIB
Next Article Hegitari 8 Z’Ishyamba Rya Nyungwe Zahiye
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Polisi Yafashe Abibaga Abatuye Ikirwa Cya Nkombo

Amakipe Yaturutse Muri Sudan Ari Kwitwara Neza Muri Shampiyona Y’u Rwanda

Jean-Pierre Bemba Arasabwa Kwegura

Abanyarwanda Bumve Ko Batekanye- ACP Rutikanga

Kirehe: Abimuwe Kubera Urugomero Rwa Rusumo Bagiye Gutaha Inzu Nshya

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ababitse Ibitabo By’Amateka Y’u Rwanda Barasabwa Kubishyira Inkoranyabitabo Y’Igihugu

Rwanda:Abagore Bakina Shampiyona Y’Umupira W’Amaguru Banenga Imisifurire

Kagame Yibukije Abanyamuryango Ba FPR-Inkotanyi Ko Ruswa Ikiri Ikibazo

UN Yemeza Ko Nta Nzara ‘Ikomeye’ Ikiri Muri Gaza

Amerika Yagabye Igitero Muri Syria

You Might Also Like

Ubukungu

BRD Yahawe Umuyobozi Mushya

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Ibitabo Umuntu Yandika Ni Umutungo We Bwite Ashobora No Gutanga- Prof Nzeyimana Wigisha Filozofiya

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Hashyizweho Itsinda Rizakurikirana Uko Kuhira Imyaka Bizakorwa Muri Kayonza

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Guverineri W’Intara y’Amajyaruguru Asaba Abaturage Kwitabira Gutera Ibiti

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?