Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Mu Rwanda Hagiye Kwaduka Amagare Akoresha Amashanyarazi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ikoranabuhanga

Mu Rwanda Hagiye Kwaduka Amagare Akoresha Amashanyarazi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 22 August 2023 1:25 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ikigo kitwa Ewaka n’ikindi kitwa AC Group basinyanye amasezerano akubiyemo ko mu gihe kitarambiranye ikigo Ewaka kizaba cyazanye amagare akoresha amashanyarazi mu Rwanda.

Hari na gahunda y’uko bazazana utwuma dukora nka moto bita scooters tuzajya tugeza abantu iyo bajya bihuse, badahenzwe kandi batangije ikirere.

Ku ikubitiro hazaba haze scooters 50.

eWAKA ifite intego yo kuzana byibuze izo scooters n’ayo magare byose  bigera kuri 500, bikazaba byageze mu Rwanda bitarenze impera z’umwaka wa 2023.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Intego ni  ugufasha u Rwanda kwimakaza ubwikorezi butangiza ibidukikije.

AC Mobility, eWAKA bateganya ko umwaka wa 2024 uzarangira ibyo binyabiziga bigera ku 1000 byarageze mu Rwanda.

Umuyobozi Mukuru wa eWAKA, Celeste Vogel yavuze ko ubwo bufatanye bwatewe n’uko u Rwanda ari igihugu kimaze kugera ku rundi rwego mu kuba isoko ry’ibigo bitandukanye muri Afurika.

Ati “Ibi byatumye dufata ibyemezo by’uko tugomba kwagurira ibikorwa byacu mu Rwanda, tugafatanya na kimwe mu bigo biri imbere mu gushakira ibisubizo ibibazo bijyanye n’ubwikorezi mu Rwanda.”

Avuga ko biteguye kwagura ibikorwa byabo bikegerezwa abantu benshi bityo bikazabafasha  ibibafasha gukomeza kugira uruhare rukomeye mu iterambere ry’ikoreshwa ry’ibinyabiziga bikoresha amashanyarazi ku mugabane wose.

- Advertisement -

Uyobora AC Mobility Rwanda, Jones Kizihira avuga ko yishimiye iriya mikoranre kandi ko biteye ishema guha u Rwanda ibyiza nka biriya bitangiza ibidukikije.

Ati: “Ibinyabiziga bikoresha amashanyarazi birakenewe cyane. Twizeye ko binyuze muri ubu bufatanye na eWAKA, tuzaha imbaraga ikoreshwa ry’amagare yikorera imizigo na za scooter bikoresha amashanyarazi mu Rwanda.”

Guverinoma y’u Rwanda iherutse  gutangaza ko hari gahunda  yo kongera imodoka zitwara abagenzi mu mujyi wa Kigali.

Intego ni uko nibura 20% by’imodoka zitwara abagenzi mu Rwanda, zizaba zikoresha amashanyarazi mu 2030.

TAGGED:AmagareAmashanyarazifeaturedIbinyabizigaKigali
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abayobozi Bakuru Muri FERWACY Bari Gukirikiranwa Na RIB
Next Article Hegitari 8 Z’Ishyamba Rya Nyungwe Zahiye
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC Irataka Ko Impunzi Z’Abanya Centrafrique Zinjira Ku Bwinshi

RDF Iri Kubaka Igisirikare Cya Mozambique Kirwanira Ku Butaka

Dangote Akomeje Kuyobora Abaherwe Ba Afurika

Jeannette Kagame Arahemba Abakobwa Batsinze Neza Ibizamini Bya Leta

Abanyamahanga Biga Muri Harvard Bareze Leta Ya Trump

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nyarugenge: Imodoka Ya WASAC Yibwe

Nyagatare: Haravugwa Kotsa Burushete Z’Imbwa 

Uwahoze Muri RDF Akurikiranyweho Ibyaha Byo Mu Mabuye y’Agaciro

BNR Mu Ngamba Zo Kurushaho Guteza Imbere Ikoranabuhanga Mu Kwishyurana

Cardinal Kambanda Yatunguwe No Kumva Ko Kwa Yezu Nyirimpuhwe Hafunzwe

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Uko I&M Bank Rwanda Yungutse Mu Mezi Atatu Ashize

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Martin Ngoga Yabaye Ambasaderi W’u Rwanda Muri UN

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbuzima

Abatuye Umujyi Wa Kigali Bari Mu Bibasiwe Na Malaria

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Intambara Y’Amagambo Hagati Ya Israel N’Ubwongereza

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?