Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Muhanga: Abantu Batatu Bafitanye Isano Bapfiriye Rimwe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Muhanga: Abantu Batatu Bafitanye Isano Bapfiriye Rimwe

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 12 April 2023 7:43 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu Mudugudu wa Kamanga, Akagari ka Musongati mu Murenge wa Nyarusange mu Karere ka Muhanga ahagana saa sita n’igice z’amanywa (12h30) abantu bane barimo batatu bafitanye isano ya bugufi bapfiriye rimwe bazize gazi yo mu kirombe.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo CIP Habiyaremye Emmanuel avuga ko abantu babiri muri abo babanje kwinjira mu kirombe mbere ya bagenzi babo.

Bamaze kugeramo  bumvise bari guhera umwuka batabaza bagenzi  babo bari basigaye inyuma.

Babiri bari basigaye inyuma baje babatabaye nabo bagezemo babura umwuka bose bapfira rimwe.

Ubuvugizi bwa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Amajyepfo buvuga ko abo bantu bose nta byangombwa byo gucukura amabuye y’agaciro bitangwa n’ikigo Rwanda Mining Board ( RMB) bari bafite.

Yabwiye UMUSEKE ko ikirombe bariya bantu baguyemo ari icy’umugabo witwa Bizimana François kuko bashakaga kuhacukura Coltan ihari ku bwinshi.

CIP Habiyaremye ati: “Usibye kuba bacukuraga binyuranije n’amategeko, nta bwirinzi bari bafite, kuko bumvise bagenzi babo babiri batakamba, bavuga ko bishwe na gazi bahita bajyamo bose bapfira rimwe.”

Yasabye abaturage kureka  kwiterereza ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro mu buryo butemewe n’amategeko kuko bishyira ubuzima bw’ababikora mu kaga kandi ubwabyo bikaba binyuranyije n’amategeko.

Amakuru avuga ko abapfuye ari Simbizi Eugène w’imyaka 19 y’amavuko, Tuyisenge Etienne w’imyaka 35, Muyoborasibo Hatari w’imyaka 22 na Niyonsenga Jean Pierre w’imyaka 37 y’amavuko.

Ikindi ni uko Simbizi, Tuyisenge na Muyoborasibo bafitanye isano kuko ababyeyi babo (ba Se) bavukana.

Bivugwa ko isambu bacukuraga mo coltan ari iy’uwo Sewabo.

Imirambo yabo yajyanywe ku bitaro bya Kabgayi gukorerwa isuzuma.

Nyuma y’iyi mpanuka, inzego z’umutekano zirimo Polisi, RIB ndetse n’ubuyobozi bw’inzego z’ibanze mu Karere ka Muhanga, zagiye guhumuriza imiryango yagize ibyago no kwibutsa abaturage ko gucukura amabuye y’agaciro muri buriya buryo bikururira ubikora akaga.

TAGGED:AbavandimweAgaciroAmabuyefeaturedMuhangaPolisiRIBUmuvugizi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abakoresha Intwaro Gakondo Bakica Abaturage Ntibazihanganirwa- CP Kabera
Next Article Kicukiro: Umujura Yateye Umukobwa Icyuma Mu Nda No Ku Ijosi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ingwe: Inyamaswa Ibayeho Icunganwa N’Intare

Guinée: Bidasubirwaho Mamadi Doumbouya Yatsinze Amatora

Asanga Hakwiye Kujyaho Itorero ‘Ryihariye’ Ry’Abagabo

Menya Ahaza Kurasirwa Ibishashi Birangiza 2025

Muhanga: Umunyamategeko Yakatiwe Gufungwa Imyaka 15

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Jean-Pierre Bemba Arasabwa Kwegura

Ndayishimiye Ati: “ Twe Turaterwa Ntidutera!”

Kirehe: Abimuwe Kubera Urugomero Rwa Rusumo Bagiye Gutaha Inzu Nshya

Polisi Yafashe Abibaga Abatuye Ikirwa Cya Nkombo

Bunyoni Ararembye

You Might Also Like

Mu Rwanda

Rutaremara Agaya Ababyeyi Bahariye Abayaya Uburere Bw’Abana

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Abanyeshuri Barasubira Ku Ishuri Guhera Kuri Uyu Wa Gatandatu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Kamonyi: Abagabo Bahaye Umwana Inzoga Bose Irabica

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Guinée: Doumbouya Yatsinze Amatora 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?