Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Muhanga: Abantu Batatu Bafitanye Isano Bapfiriye Rimwe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Muhanga: Abantu Batatu Bafitanye Isano Bapfiriye Rimwe

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 12 April 2023 7:43 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu Mudugudu wa Kamanga, Akagari ka Musongati mu Murenge wa Nyarusange mu Karere ka Muhanga ahagana saa sita n’igice z’amanywa (12h30) abantu bane barimo batatu bafitanye isano ya bugufi bapfiriye rimwe bazize gazi yo mu kirombe.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo CIP Habiyaremye Emmanuel avuga ko abantu babiri muri abo babanje kwinjira mu kirombe mbere ya bagenzi babo.

Bamaze kugeramo  bumvise bari guhera umwuka batabaza bagenzi  babo bari basigaye inyuma.

Babiri bari basigaye inyuma baje babatabaye nabo bagezemo babura umwuka bose bapfira rimwe.

Ubuvugizi bwa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Amajyepfo buvuga ko abo bantu bose nta byangombwa byo gucukura amabuye y’agaciro bitangwa n’ikigo Rwanda Mining Board ( RMB) bari bafite.

Yabwiye UMUSEKE ko ikirombe bariya bantu baguyemo ari icy’umugabo witwa Bizimana François kuko bashakaga kuhacukura Coltan ihari ku bwinshi.

CIP Habiyaremye ati: “Usibye kuba bacukuraga binyuranije n’amategeko, nta bwirinzi bari bafite, kuko bumvise bagenzi babo babiri batakamba, bavuga ko bishwe na gazi bahita bajyamo bose bapfira rimwe.”

Yasabye abaturage kureka  kwiterereza ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro mu buryo butemewe n’amategeko kuko bishyira ubuzima bw’ababikora mu kaga kandi ubwabyo bikaba binyuranyije n’amategeko.

Amakuru avuga ko abapfuye ari Simbizi Eugène w’imyaka 19 y’amavuko, Tuyisenge Etienne w’imyaka 35, Muyoborasibo Hatari w’imyaka 22 na Niyonsenga Jean Pierre w’imyaka 37 y’amavuko.

Ikindi ni uko Simbizi, Tuyisenge na Muyoborasibo bafitanye isano kuko ababyeyi babo (ba Se) bavukana.

Bivugwa ko isambu bacukuraga mo coltan ari iy’uwo Sewabo.

Imirambo yabo yajyanywe ku bitaro bya Kabgayi gukorerwa isuzuma.

Nyuma y’iyi mpanuka, inzego z’umutekano zirimo Polisi, RIB ndetse n’ubuyobozi bw’inzego z’ibanze mu Karere ka Muhanga, zagiye guhumuriza imiryango yagize ibyago no kwibutsa abaturage ko gucukura amabuye y’agaciro muri buriya buryo bikururira ubikora akaga.

TAGGED:AbavandimweAgaciroAmabuyefeaturedMuhangaPolisiRIBUmuvugizi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abakoresha Intwaro Gakondo Bakica Abaturage Ntibazihanganirwa- CP Kabera
Next Article Kicukiro: Umujura Yateye Umukobwa Icyuma Mu Nda No Ku Ijosi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Undi Muyobozi Muri WASAC Yafunzwe

Gen Nkubito Yabwiye Abo Mu Burengerazuba Ko FDLR Idakwiye Kubahahamura

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

You Might Also Like

Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?