Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Muhanga: Abanyeshuri Barira Ku Masahane Asa Nabi, Umwanda Mu Gikoni
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Muhanga: Abanyeshuri Barira Ku Masahane Asa Nabi, Umwanda Mu Gikoni

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 30 May 2023 7:20 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Hari ibigo by’amashuri byo mu Karere ka Muhanga bivugwamo  umwanda mwinshi haba ku masahane abana bariraho ndetse no kubakora mu gikoni. Si mu mashuri yose, ariko aho ubugenzuzi  bwabisanze, bwasanze bikabije.

Iby’uyu mwanda uterwa n’imiyoborere mibi, byatangarijwe mu nama yaguye y’uburezi yaraye ibereye muri kariya karere.

Yari iyobowe  n’Umuyobozi w’Akarere ka Muhanga  Jacqueline Kayitare ndetse n’umwungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage witwa Gilbert Mugisha.

Ku ikubitiro, Mugisha yeretse abari aho imbonerahamwe y’uko basanze ibintu byifashe.

Aho basanze umwanda ukabije cyane[n’ubwo n’ahandi atari shyashya] ni  mu Ishuri ribanza rya Bulinga, riherereye mu Kagari ka Nyagasozi, Umurenge wa Mushishiro.

Basanze ibikoresho abana bariraho byanduye ‘cyane’ kandi basanga umwanda ‘ukabije’ mu cyumba abarimu bateguriramo amasomo.

Mugabo yavuze ko  umwanda uri kuri uru rwego wagaragaye no mu Ishuri ribanza rya Ngarama riri mu Murenge wa Kabacuzi.

Uyu muyobozi yavuze ko bibabaje kubona umuntu ushinzwe gutegura amafunguro y’abanyeshuri adaheruka amazi n’isabune k’uburyo umwanda umuriho ugaragara guhera ku gatsinsino kugera ku kananwa.

Ati “Umukozi ushinzwe gutegurira abanyeshuri amafunguro twasanze afite umwanda kuva ku birenge ukageza ku mutwe, n’aho atekera hasa nabi”.

Ibindi bibazo ubuyobozi bw’Akarere ka Muhanga buvuga ko bwabonye mu igenzura bwari bumazemo iminsi, ni uko hari abana bata amasomo bakajya kurema isoko.

Hiyongeraho n’abayobozi b’ibigo bimwe bakoresha umutungo wabyo nk’uwabo bwite.

Ku mijyanye n’imirire, hari aho basanze abanyeshuri bagaburirwa akawunga mu minsi irindwi igize Icyumweru nta kindi bavangiwemo!

Gilbert Mugabo avuga ko bibabaje kubona abana bahorera indyo imwe nk’aho ababyeyi nta mafaranga batanga ngo ikigo kigurire abana ibindi biribwa.

Umuyobozi w’Ishuri ribanza rya Bulinga Ndagijimana Jean de Dieu umwe mu bo iyi nama yagarutseho yabwiye UMUSEKE ko ibyo babanenze ari ukuri, ariko  ko amasahane abana bariraho ashaje ari ayo bazaniwe n’ababyeyi babo.

Yavuze ko kuba byanenzwe, bagiye kubikosora.

Avuga ko umwanda ubugenzuzi buvuga ko bwasanze mu cyumba abarimu bateguriramo amasomo, ari imbaho ‘zabaye ziharambitswe’ kuko nta handi zari bujye.

Umuyobozi w’Akarere ka Muhanga Kayitare Jacqueline yabwiye  abanenzwe ko badakwiye kubifata nabi.

Kuri we, kunengwa ni uguhabwa umwanya wo kwikubita agashyi, ukikosora.

Ati “Ntabwo dukwiriye gutinda ku bibazo ahubwo ibi bigomba kuduha imbaraga zo gufata ingamba zuko ireme ry’uburezi rirushaho kugenda neza”.

Icyakora Meya Kayitare yabwiye abari muri iriya nama ko itigeze icukumbuye byimbitse ku bijyanye n’amasomo ndetse n’uko abanyeshuri batsinze mu bihembwe bitandukanye.

Yabwiye abarebwa n’uburezi ko ikibazo gikomeye mu byo babonye byose, ari imiyoborere mibi ya bamwe mu bashinzwe uburezi mu nzego z’ibanze.

Avuga ko iyo umuyobozi w’ikigo yitwaye nabi, bigira ingaruka ku mwana uhiga, ku muryango we no ku gihugu.

Ku rundi ruhande, abarimu batsindishije neza bashimiwe umusaruro batanze, basabwa kudatezuka ku murava bafite.

Imibare itangwa n’Ubuyobozi bw’Akarere ka Muhanga ivuga ko umwaka ushize wa 2022 abana 511 bataye ishuri.

Meya wa Muhanga Jacqueline  Kayitare avuga ko uyu mwaka wa 2023  umubare w’abari baritaye wagabanutse uba abana 179 gusa.

Aha ariko agomba kuzirikana ko umwaka utaragera rwagati muri wo.

Mugisha Gilbert avuga ibyo basanze mu igenzura bakoze
TAGGED:AbanaAbanyeshuriAmasahanifeaturedIkigoKayitareMeyaMuhanga
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article NBA Africa, Minisiteri Y’Uburezi Bateganya Kwinjiza Basket Mu Mashuri
Next Article Polisi Y’U Rwanda Ivura Abaturage Ba Centrafrique
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kagame Yaganiriye N’Abayobozi Ba EU K’Ubufatanye Mu Gukora Inkingo

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

Gasabo: Arakekwaho Kwangiza Amapiloni Y’Amashanyarazi

Ab’i Rwamagana N’i Kigali Bagiye Kubona Andi Mazi Meza

Israel Na Hamas Basinye Icyiciro Kibanza Cy’Amasezerano Y’Amahoro Ya Trump

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Abanyarwandakazi Barangije Amasomo Ya Ofisiye Muri Polisi Ya Singapore

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

Musanze: Umusore Na Nyina Bafatanywe Urumogi

You Might Also Like

Mu RwandaPolitiki

Ingabire Immaculée Wayoboraga Transparency Yatabarutse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Bwa Mbere Ikilo Cy’Ikawa Y’u Rwanda Cyaguzwe $88.18

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Bafatanywe Intsinga Za Metero 250 Bikekwa Ko Bibye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaRwiyemezamirimoUmutekano

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?