Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Muhanga: Abasivili Babiri Bagaragaye Bambaye Umwenda Uriho Ikirango Cya Polisi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUmutekano

Muhanga: Abasivili Babiri Bagaragaye Bambaye Umwenda Uriho Ikirango Cya Polisi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 03 May 2024 7:02 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu Murenge wa Nyamabuye mu Karere ka Muhanga hari umunyeshuri wo ku kigo cy’amashuri abanza cya Gatenzi waje kwiga yambaye ishati y’abapolisi b’u Rwanda yanditseho RNP ariko ahagenewe izina rya nyirawo ntakiriho. Hagati aho hari undi mugabo Taarifa yafotoye mu minsi yatambutse yambaye igisarubeti cyanditseho RNP.

Amakuru yemejwe n’Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo, SP  Emmanuel Habiyaremye, avuga ko uwo munyeshuri wiga mu mwaka wa gatatu w’amashuri abanza, yari yambaye iyo shati ya Polisi ariko itagikoreshwa.

SP Habiyaremye yabwiye Kigali Today ko uwo munyeshuri akigera ku ishuri, ubuyobozi bw’ishuri bwabimenyesheje Polisi, iperereza rihita ritangira kugira ngo hamenyekane aho iyo shati yavuye n’uko uwo mwana yayibonye.

Ushinzwe ishami ry’uburezi mu Karere ka Muhanga yavuze ko atigeze amenya iby’ayo makuru, ariko hakaba hari andi yavugwaga ko uwo mwana yaba yarabwiye abayobozi ko iyo shati Se yajyaga ayambara nijoro akagenda.

Kuri iyi ngingo, umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo yirinze kugira icyo ayitangazaho.

Umwana wambaye umwambaro wa RNP ariko ngo wa cyera( Ifoto@Kigali Today)

Ntiyavuze niba Se  w’uwo mwana yaba yarigeze aba umupolisi cyangwa ngo agire ikindi abitangazaho.

Ngo andi makuru azamenyekana nyuma y’iperereza.

Hari abakeka ko Se w’uwo mwana (bivugwa ko atigeze aba umupolisi) yaba yambaraga iyo shati ngo yiyoberanye abone uko ajya mu bikorwa bibi.

Gusa ni ibivugwa n’abantu kuko we ntacyo arabibazwaho ngo agire n’icyo abitangazaho.

Hari undi mugabo nawe wabonetse yambaye igisarubeti cya RNP

Mu minsi ishinze ubwo umunyamakuru wa Taarifa yari yagiye mu rwunge rw’amashuri rwa Saint Joseph i Kabgayi mu rwego rw’akazi, yabonye umukozi wari wahawe n’iki kigo akazi ko gusiga irangi mu kibuga cy’umupira ukinishwa amaboko yambaye igisarubeti cyanditseho RNP.

Byagaragaraga ko ari gishya kandi hari ku manywa ahagana saa tanu zishyira saa sita.

Icyo gihe Umuvugizi wa Polisi yu Rwanda mu Majyepfo yabwiye Taarifa ko bagiye gukurikirana iby’icyo gisarubeti ariko nyuma ntacyo twamenye.

Kuba iyi myenda igaragaraye mu Karere kamwe( Muhanga), Umurenge  umwe(wa Nyamabuye) ni ikintu inzego z’umutekano zikwiye kugenzurana ubwitonzi.

TAGGED:featuredMuhangaPolisiUmugaboUmwana
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ibigo By’Imari Byongeye Guhuzwa N’Abashaka Gushora Mu Buhinzi
Next Article Gahunda Y’Iterambere Ya NST 2 Izaba Ifite Imyaka Itanu Aho Kuba Irindwi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ingengabihe Y’Umwaka Utaha W’Amashuri Yatangajwe

Yanditse Igitabo Ku Gahinda Yatewe No Gupfusha Umugore We

Uganda: Umwe Mu Bakire Bakomeye Yiciwe Mu Biro Bye

Kagame Yaganirije Ingabo Azisanze i Gabiro

Uburundi Bwatsembye Ko Butazafungura Vuba Umupaka Wabwo N’u Rwanda

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Kacyiru Hari Gusizwa Ibibanza Bizubakwamo Inzu Ndende ‘Koko’

Kagame Yaganirije Ingabo Azisanze i Gabiro

You Might Also Like

Mu mahangaPolitiki

Gaza: Ingabo Za Israel Zishe Abanyamakuru

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Bafatanywe lbilo 30 By’urumogi Babitwaye Kuri Moto

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Abangilikani Bizihije Imyaka 100 Ishize Bageze Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Rwanda: Abohereza Ikawa Mu Burayi Basabwe Gukurikiza Ibyo Bushaka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?