Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Muhanga: Abayobozi Bakurikiranyweho Gukubita Umuturage
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUmutekano

Muhanga: Abayobozi Bakurikiranyweho Gukubita Umuturage

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 13 June 2025 8:25 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Gitifu w’Akagari ka Sholi mu Murenge wa Nyamabuye n’ushinzwe umutekano batawe muri yombi bakurikiranyweho gukubita no kunegekaza umuturage, ajyanwa mu bitaro.

Urwego rw’Ubugenzacyaha rukorera kuri Sitasiyo ya Nyamabuye mu Karere ka Muhanga nirwo rwamutaye muri yombi.

Amakuru atangwa ava aho byabereye avuga ko RIB yafunze Gitifu w’Akagari ka Sholi Niyibizi Sylvain hamwe n’Ushinzwe Umutekano ku rwego rw’Ako Kagari witwa Niyonshuti Albert.

Umugore w’ushinzwe umutekano niwe wabwiye Umunyamabanga nshingwabikorwa w’Umurenge amakuru y’uko umugabo we yafunganywe na Gitifu w’Akagari.

Uko ibyo gukubita uwo muturage byagenze…

Uyu mugore w’umugabo wakubiswe witwa Yamfashije Rénatha yabwiye UMUSEKE ko yabonye iwe hinjira Mudugudu n’undi mugabo bari kumwe batangira gusaka mu nzu bamushinja ko hari ibitoki by’umuturage yibye.

Uyu mugore we yavuze ko ibyo bitoki byaguzwe, ko bitibwe nk’uko umugabo we yabishnjwaga.

Abo yabwiraga ntibamwumvise ahubwo bahise bamufata bamushyikiriza Mutekano amushyira Gitifu w’Akagari bafatanya kumukubita bamusiga ari intere.

Nyuma bamushyikirije umupolisi ariko amugejeje kuri Sitasiyo asanga atamufunga kubera yari yababaye bikomeye amwohereza ku bitaro ngo abanze yivuze.

Icyo gihe Yamfashije avuga ko bamukubitaga bamuhatira gushinja uwitwa Nyampinga Thérese ngo avuge ko ariwe umutuma kwiba.

Umugabo wakubiswe yabwiye itangazamakuru ati: “Bangejeje kuri Polisi naharaye ijoro rimwe kandi ntabwo nigeze ngoheka kubera ibisebe byo ku kibuno”.

Gitifu arabihakana…

Gitifu Niyibizi Sylvain uvugwaho gukorera umuturage urugomo, arabihakana, akavuga ko atigeze akubita uyu muturage kandi ko yageze ku Kagari we adahari.

Yagize ati: “ Cyakora icyo abo bantu basanze iwe n’ibitoki 20 niwe wabisohoye mu nzu bamuzana ku Kagari”.

Yemereye UMUSEKE ko ariwe wategetse Mutekano ko amuzana ku Kagari kubera ko yabonaga ba nyir’ibyo bitoki bashobora kumugirira nabi.

Avuga ko akeka ko abamukubise ari abandi bantu atazi.

Niyonshuti Albert ushinzwe Umutekano mu Kagari we avuga ko icyo yemera ari uko yamujyanye ku biro by’Akagari abisabwe na Gitifu Niyibizi.

Ati: “Nasanze Gitifu yahavuye musiga ku Kagari nsubira mu rugo ntabwo nigeze mukubita”.

TAGGED:AbaturageGitifuGukubitaMuhangaMutekanoUmugore
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Israel Yateye Iran
Next Article U Rwanda Rurashaka Ko Inyandiko Kuri Jenoside Ziri Arusha Zihavanwa
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Hakozwe Umuti Wa Malaria W’Impinja

REMA Yatangaje Igihe Cyo Gusuzumisha Ibyuka Byo Mu Binyabiziga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

You Might Also Like

Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Trump Arashaka Kwicaranya Putin Na Zelensky

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ibiza KamereMu RwandaUmutekano

Inkuba Zishe Bane Muri Batanu Bishwe N’Ibiza-MINEMA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Andi makuruMu Rwanda

Twiyumva Muri Siyanse Kurusha Mbere-Umunyeshuri Wa KIST

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Abasirikare 100,000 Ba Israel Biteguye Gutangira Ibitero Bishya Muri Gaza

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?