Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Muhanga: Bategetswe Kurandura Ibishyimbo Ngo Hubakwe Stade
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Muhanga: Bategetswe Kurandura Ibishyimbo Ngo Hubakwe Stade

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 18 April 2024 7:04 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu Kagari ka Mubuga, Umurenge wa Shyogwe mu Karere ka Muhanga hari abaturage bataka ko ubuyobozi bwabategetse kurandura ibishyimbo kugira ngo aho byari biteye hashyirwe Stade. Meya avuga ko kubaka stade bitabangikanywa no kugumisha ibyo bishyimbo mu mirima.

Abaturage bavuga ko batijwe ubutaka n’Akarere ka Muhanga bwo guhingamo imyaka itandukanye mu gihembwe cya mbere cy’ihinga, bakavuga ko bari babiherewe uburenganzira ngo bongere bahahinge ibishyimbo ndetse ngo bagombaga kuba barangije kubitera bitarenze taliki 01, Gashyantare, 2024 kandi barabikoze.

Icyakora ngo mu buryo butunguranye, baherutse kumva basabwa kurekera aho guhingamo ndetse n’ibishyimbo byari bitangiye kwera bakabirandura.

Hari uwabwiye UMUSEKE ati: “Twajyaga guhinga ku manywa batureba, tukabagara batureba twatunguwe no kubona Umuyobozi wungirije Ushinzwe Iterambere ry’ubukungu mu Karere ka aje kudutegeka kubirandura biteze”.

Avuga ko ubwo babiteraga bari bishimiye ko nibyera bazaba babonye ibiryo none bahombye imbuto bahomba nibyari kuzera bibakatungira imiryango.

Undi muturage utivuze amazina ngo batamumenya bakamugirira ibyamfura mbi yavuze ko abakozi b’urwego DASSO n’abanyerondo ari bo baje barandura ibishyimbo byari bikiri mu mirima.

Ati: “Nageze mu murima saa moya za mu gitondo nsanga ibishyimbo byose biryamye ubu ndimo kubitunga kugira ngo mbigaburire amatungo.”

Kuri iki kibazo, Umuyobozi w’Akarere ka Muhanga Kayitare Jacqueline yabwiye itangazamakuru ko ibyo aba baturage bavuga nta shingiro bifite kubera ko bari bemeranijwe ko bahinga igihembwe cya mbere gusa.

Ati “Twakoze ubukangurambaga tuvugana na Koperative ebyiri abo baturage babarizwamo tubasaba guhinga ibisambu tubaha n’ifumbire”.

Meya Jacqueline Kayitare

Kayitare avuga ko abaturage bagombaga kuba basraaruye imyaka yabo kugeza mu kwezi kwa Mutarama uyu mwaka.

Meya Kayitare avuga ko hari abubahirije ayo masezerano bareka kongera guhinga, abandi batera ibishyimbo mu bigori bashaka kujijisha.

Ati: “Urwo rugendo twagendanye rwari urwo mu gihembwe kimwe cy’ihinga twakoranye inama twanzura ko nta muturage wongera guhinga ubu butaka bose baremera”.

Avuga ko nk’ubuyobozi bw’Akarere batunguwe no kubona ibishyimbo biri kuzamukana n’ibigori, basaba abaturage kubikuramo kuko batari bemerewe kongera kubihinga.

Akarere katije abo baturage hegitari 28 aharenga kimwe cya kabiri hose bari barahahinze.

Ubuyobozi bw’Akarere buvuga ko impamvu yatumye babuza abo baturage kongera kuhahinga no gukuramo ibishyimbo ari uko imirimo yo kubaka Stade iri hafi gutangira.

 

TAGGED:AbaturageAkarerefeaturedIbishyimboKayitareMuhangaStade
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article U Rwanda Ruzakira Umuhango Wo Guhemba Abatwaye Formula One
Next Article Ingabo Z’u Rwanda Muri Sudani Y’Epfo Zashimiwe Umuhati Wazo
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Sassou Nguesso Ari i Kinshasa Mu Bukwe Bw’Umukobwa Wa Tshisekedi

Abayobozi Bakuru Mu Ngabo Za Mozambique Bari Mu Rwanda

Nyaruguru: Bagiye Gusasa Inzobe Kucyatumye Abana Batsindwa

Rwanda: Ntibiramenyekana Uko Amakipe Azahura Muri Shampiyona Ya 2025/2026

Kabila Yasabiwe Urwo Gupfa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

You Might Also Like

ImikinoMu Rwanda

Ushaka Kuyobora FERWAFA Afitiye Abasifuzi Gahunda Yo Kubahemba

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Ibibera Muri DRC Bitugiraho Ingaruka Mu Buryo Bwinshi- Amb. Ngoga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Undi Muyobozi Muri WASAC Yafunzwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUmutekano

Gen Nkubito Yabwiye Abo Mu Burengerazuba Ko FDLR Idakwiye Kubahahamura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?