Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Muhanga: Hubatswe Ibiro By’Umurenge Birusha Ubwiza Iby’Uturere Twinshi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaPolitiki

Muhanga: Hubatswe Ibiro By’Umurenge Birusha Ubwiza Iby’Uturere Twinshi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 14 September 2024 7:24 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ibiro by’Umurenge wa Nyamabuye mu Karere ka Muhanga ubyitegereje ukabigereranya n’Ibiro by’Uturere dutandukanye harimo n’Ibiro bya Kicukiro( Akarere ka mbere gakize mu Rwanda), usanga ari byiza cyane.

Ni ibiro bishya bigari kandi bijyanye n’igihe.

Aho byabatswe hahoze Ibiro bya Komini Nyamabuye ya kera ubu hakaba hari Ibiro by’uyu Murenge.

Ibiro by’Akarere ka Kicukiro ni ibya kera. Icyakora nabyo ubwo byubakwaga byari ibya mbere byiza muri icyo gihe ariko muri iki gihe bigaragara nk’ibishaje, bikaba bikeneye kuvugururwa.

Akarere ka Nyarugenge nako nta Biro byako wavuga ko kagira kuko gakorera mu nyubako y’Ibiro by’Umujyi wa Kigali biherereye rwagati mu Mujyi wa Kigali.

Akarere ka Gicumbi, akarere ka Huye, Akarere ka Ngororero, Akarere ka Musanze( Umujyi uvugwaho kuba uwa kabiri mu majyambere)n’utundi turere dukeneye kubakwa bundi bushya cyangwa, aho bigaragaye ko ari byo bishoboka, tukavugururwa.

Inyubako nshya y’Ibiro by’Umurenge wa Nyamabuye igeretse inshuro imwe, ikagira ibiro by’abakozi, ubwiherero bujyanye n’igihe kandi bworohereza abafite ubumuga, imbuga yagutse yo guhagarikamo ibinyabiziga kandi hari moteri nini izahashyirwa kugira ngo ijye itanga amashanyarazi mu gihe asanzwe yabuze.

Abakozi babwiye itangazamakuru ko bazakora bisanzuye kandi bikazagirira akamaro ababagana, bigatuma bataha bishimye.

Abaturage banavuga ko iriya nyubako ari urugero rwiza rw’isuku ibereye umujyi wa Muhanga.

Umunyamabanga nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nyamabuye, Nshimiyimana Jean Claude avuga ko gukorera mu nyubako nshya byatumye bongera serivisi zirimo nk’ahakorera urwego rw’abunzi, urwego rwa Ngali Holdings  rushinzwe kwakira amahoro, urwego rw’Irembo n’izindi serivisi.

Ati:  “Hari abo twasabaga kuvugurura inyubako zabo ngo Umujyi use neza ariko bakatubwira ko natwe dukwiye kuvugurura Umurenge, mbese ugasanga koko natwe turi mu bishaje nabo bumva batavugurura ariko ubu ntacyo bazongera kudushinja”.

Abaturage bo bavuga ko gusaba serivisi ku Murenge wa Nyamabuye bifuza ko byakomeza gutangwa neza kuko babonye aho gukorera hajyanye n’igihe.

TAGGED:AkarerefeaturedIbiroInyubakoMuhangaNyamabuye
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Rusizi: Mwarimu Arakekwaho Gutera Inda Abana Yigisha
Next Article Kagame Asanga Uburezi Butaragera Ku Iterambere Nyaryo
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kagame Yaganiriye N’Abayobozi Ba EU K’Ubufatanye Mu Gukora Inkingo

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

Gasabo: Arakekwaho Kwangiza Amapiloni Y’Amashanyarazi

Ab’i Rwamagana N’i Kigali Bagiye Kubona Andi Mazi Meza

Israel Na Hamas Basinye Icyiciro Kibanza Cy’Amasezerano Y’Amahoro Ya Trump

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Abanyarwandakazi Barangije Amasomo Ya Ofisiye Muri Polisi Ya Singapore

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

Musanze: Umusore Na Nyina Bafatanywe Urumogi

You Might Also Like

Mu RwandaPolitiki

Ingabire Immaculée Wayoboraga Transparency Yatabarutse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Bwa Mbere Ikilo Cy’Ikawa Y’u Rwanda Cyaguzwe $88.18

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Bafatanywe Intsinga Za Metero 250 Bikekwa Ko Bibye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaRwiyemezamirimoUmutekano

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?