Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Muhanga: Umucuruzi Wari Warahunze Umugore We Yiyahuye
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUmutekano

Muhanga: Umucuruzi Wari Warahunze Umugore We Yiyahuye

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 22 April 2024 2:52 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abakoranaga na Ndagijimana Emmanuel w’Imyaka 41 y’amavuko bamusanze mu mugozi yapfuye.

Bamwe bakeka ko yiyahuye ariko iperereza ntacyo riratangaza ku mpamvu z’urupfu rwe.

Yaguye mu Mudugudu wa Gahembe, Akagari ka Buramba, Umurenge wa Kabacuzi mu Karere ka Muhanga.

Abaturage bavuga ko uwamuzaniraga inzoga yageze aho acururiza yamuhagaye aramubura.

Yari asanzwe acuruza urwagwa.

Uwari ugemuye inzoga yabonye uwo atamwitabye yitabaza abandi bacuruzi bica urugi basanga undi ari mu kagozi.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kabacuzi Nsanzimana Védaste yabwiye itangazamakuru ko Ndagijimana yibanaga kubera ko yari yarahunze umugore we.

Yabaga mu Isanteri ya Bahozi yacururizagamo akaba ariho yirirwa akanaharara.

Gitifu Nsanzimana yabwiye UMUSEKE ko uyu mugabo yari afitanye amakimbirane n’umugore we.

Ubwo itangazamakuru ryabazaga gitifu iby’urwo rupfu uwo mugabo yari akiri mu mugozi.

Ati: “Kugeza ubu Ndagijimana aracyari mu mugozi dutegereje Urwego rw’Ubugenzacyaha kugirango bakore iperereza ry’icateye uyu mugabo kwiyahura.”

Nsanzimana yasabye abaturage bafitanye amakimbirane n’abo bashakanye kutiyahura ahubwo bakabigeza mu buyobozi kuko aribo bashinzwe gukemura ibibazo by’abo bayobora.

Ndagijimana Emmanuel asigiyw umugore we Uwanyirigira Jacqueline w’Imyaka 41 y’amavuko abana batatu barimo abahungu babiri n’umukobwa.

TAGGED:AbaturagefeaturedMuhangaUmucuruzi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ushinzwe Ubutasi Bwa Gisirikare Mu Ngabo Za Israel Yeguye
Next Article JIBU Yahinduye Ibiciro
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Burundi: Hari Ibice Biri Kuba Ubutayu Kubera Amapfa

Umukinnyi Ukomeye Wa Kepler WBBC Yaguzwe Na REG WBBC

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Umuhuza Wa Afurika Yunze Ubumwe Mu Kibazo Cy’u Rwanda Na DRC Ari i Kigali

Mobicash Yabaye Ihagaritswe 

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

‘Board Of Peace’ Ya Trump Ni Iki?

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Burundi: Haravugwa Guhangana Hagati Ya Ndayishimiye N’Umunyamabanga  Wa CNDD-FDD

U Rwanda Rurashaka Ko Ubwongereza Buruha Amafaranga Yarwo Yose

Kigali: Umusore Yishe Mugenzi We Amuziza Umukobwa

You Might Also Like

Mu RwandaUmutekano

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Inenge Mu Burezi Bw’u Rwanda Kubera Ruswa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Inama Y’Igihugu Y’Umushyikirano Iragarutse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Drones Za Polisi Ziri Hafi No Gukorera Mu Mihanda Yo Mu Ntara 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?