Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Muhanga: Umukozi Wa RIB Arareganwa Na Gitifu
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbutabera

Muhanga: Umukozi Wa RIB Arareganwa Na Gitifu

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 10 April 2025 8:02 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu rukiko rwisumbuyue rwa Muhanga haraye habereye iburana ry’ibanze-mbere y’uko urubanza rujya mu mizi-mu rubanza ruregwamo Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Rongi Nteziyaremye Germain n’Umukozi wa RIB Gatesi Francine.

Ubushinjacyaha bubarega icyaha cyo gusaba no kwakira ruswa ya Frw 150,000  n’ubufatanyacyaha kuri icyo cyaha kugira ngo hafungurwe umuntu wari ufunzwe kubera ibyaha yari akurikiranyweho byo kwangiza ishyamba rya Leta.

Abaregwa bahakana ibyo byaha bakavuga ko bakwiye kurekurwa bakitahira kuko nta cyaha nk’icyo bakoze.

Bavugwa ko bibaye ngombwa ko bakurikiranwa, byakorwa badafunzwe.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Ubusanzwe,Tariki 27, Gashyantare, 2025 nibwo RIB yafashe Gitifu Nteziyaremye Germain n’Umugenzacyaha  Gatesi Francine ibakurikiranyeho gusaba no kwakira ruswa ya Frw 150,000 ndetse n’ubufatanyacyaha kuri icyo cyaha kugira ngo hafungurwe umuntu wari ufunzwe kubera ibyaha yari akurikiranyweho byo kwangiza ishyamba rya Leta.

Bidatinze Urukiko rw’ibanze rwa Kiyumba rwabahaye igifungo cy’iminsi 30  y’agateganyo bahita bakijuririra.

Mu iburanisha ku bujurire ryo kuri uyu wa Kabiri, Nteziyaremye Germain na Gatesi Francine usanzwe ari Umukozi wa RIB babwiye Urukiko ko  nta mpamvu zikomeye babona  zatuma bakomeza gufungwa.

Bemeza bashikamye ko nta ruswa bigeze bakira kuko uwo ubushinjacyaha buvuga ko yayibahaye bamenye amakuru ko ayo mafaranga (Frw  150.0000)  bwakeye akayagura umurima.

Ibyo bireguza ariko, bitandukanye n’ibyo ubashinja yabwiye Urukiko kuko we yavuze ko ayo mafaranga  yari agiye gutangwaho ruswa yayahawe n’inshuti n’abavandimwe.

- Advertisement -

Abaregwa bagize bati: “Ubushinjacyaha bwongere bukore iperereza ku mvugo  zinyuranye z’umutangabuhamya kuko zivuguruzanya”.

Bagenzi bacu ba UMUSEKE bari muri uru rubanza bavuga ko Gitifu Nteziyaremye ku giti cye avuga ko ibyaha ashinjwa n’uwo mukecuru arimo kubikora yihimura kubera amande yaciwe ahwanye n’amafaranga Frw 50.000.

Akavuga ko iyo ajya kugira umutima wo kwakira ruswa atari kubanza kubaca amande yinjira mu isanduku ya Leta.

Ubushinjacyaha buvuga ko abakurikiranyweho iki cyaha bagomba kuburana bafunze kuko icyaha bakekwaho gifite uburemere.

Uwari ubuhagarariye ati: “Icyaha bakurikiranyweho gifite uburemere kuko kimunga ubukungu bw’igihugu bityo bakwiriye kuburana bafunze.”

Abaregwa baramutse bahamijwe iki cyaha bahanishwa igifungo kirenze imyaka itanu ariko kitarenze imyaka irindwi n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda yikubye inshuro kuva kuri eshatu kugeza kuri eshanu z’agaciro k’indonke yatswe cyangwa yakiriwe.

Isomwa ry’uruhanza rizaba Tariki ya 15, Mata,  2025 saa cyenda z’amanywa.

TAGGED:AmakimbiranefeaturedGitifuMuhangaRIBUmukozi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Nyarugenge: Grenade Yabonetse Mu Kibanza Cy’Umuturage
Next Article DRC: Kugaruka Kwa Kabila Kwateje Impaka Mu Banyapolitiki
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Ubuhinde Na Pakistan Byambariye Intambara

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Amerika: Abanyarwandakazi Bo Muri RDF Barangije Amasomo Y’Ubukanishi

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ni Ryari Abaturage Bo Mu Cyaro Bazabona Amazi Meza Abahagije?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

M23 Yafashe Ahantu Hakungahaye Kuri Zahabu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?