Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Muhanga: Uwemeye Ko Yishe Umwarimu Wa Kaminuza Akamukuramo Amaso YARASHWE
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Muhanga: Uwemeye Ko Yishe Umwarimu Wa Kaminuza Akamukuramo Amaso YARASHWE

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 11 April 2023 8:08 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu gitondo cya kare kuri uyu wa Kabiri taliki 11, Mata, 2023 inzego z’umutekano zarashe uwitwa Albert Dusabe wari ushatse  kwambura umupolisi imbunda.

Yari aherutse kwiyemerera ko ari we wishe  Dr. Mahirwe Kororo Charles wigishaga muri Kaminuza y’u Rwanda, ishami rya Nyagatare.

Dr Mahirwe yari  atuye mu Mudugudu wa Musengo, Akagari ka Kivumu, Umurenge wa Cyeza mu Karere ka Muhanga.

Yishwe ku wa Mbere taliki 03, Mata, 2023.

Nyuma y’iminsi ibiri, umusore witwa Albert Dusabe w’imyaka 28 yarafashwe yiyemerera ko ari wishe Dr Mahirwe yo wo kwemerwa Frw 300,000  harimo na avance ya Frw 70,000 yahawe  mbere andi akazayahabwa nyuma.

Dusabe yabwiye inzego z’umutekano n’abandi bayobozi ko ariya mafaranga yari yayahawe n’umukozi wa Croix Rouge y’u Rwanda mu Karere ka Muhanga witwa Lambert Minani ngo amwicire Mahirwe kuko yamubangamiraga ku mushinga wa Pharmacie yari ahafite.

Dr Mahirwe ngo yashakaga gutwara Muhire isoko.

UMUSEKE uvuga ko kuri uyu wa Kabiri taliki 11, Mata, 2022, Mu masaha ya saa kumi za mu gitondo (04h00 a.m),  Dusabe yagiye kwereka Polisi aho yiciye Dr Muhirwe n’ibikoresho yakoresheje.

Yamwiciye mu Mudugudu wa Musengo, Akagari ka Kivumu, Umurenge wa Cyeza muri metero 500 z’aho yakodeshaga.

Ubwo yari agiye kwerekana ibyo yakoresheje yica Mahirwe( bivugwa ko ari umuhini), ngo yashatse guhindukira ngo yambure umupolisi imbunda, undi aramuzibukira aramurasa amutsinda aho!

TAGGED:featuredImbundaKaminuzaMuhangaPolisiUmusoreUmwarimu
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kenya Irohereza Mu Kirere Icyogajuru Yakoze
Next Article Umugabo W’i Gatsibo Akurikiranyweho Kwica Motari W’i Gicumbi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

BK Ikora Ite Ngo Yunguke?

DRC: Abantu 16 Bashimuswe Na CODECO

Kwihaza Mu Biribwa Muri Afurika Biracyari Kure

Abavandimwe Alicia Na Germaine Bakoze Indirimbo Bizeyeho Byinshi

Kubaka Urugomero Rwa Nyabarongo Bizatuma Havuka Ikiyaga Kizakora Ku Turere 8

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwandair Yaguze Izindi Ndege Ngari 

Kagame Yaganirije Ingabo Azisanze i Gabiro

RDB Yamaze Impungenge Abafite Hoteli Mu Birunga

Rwamagana:Uwahoze Ari Umunyamakuru Wa Radio Agiye Kwishingira Iye

Uburundi Bwatsembye Ko Butazafungura Vuba Umupaka Wabwo N’u Rwanda

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Nyagatare: Batashye Isoko Risakaye Bari Barifuje Igihe Kirekire

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbuzima

Drones Zigiye Gukoreshwa Mu Kurwanya Imibu Yo Mu Bugesera

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Kigali: Abagore Baravugwa Kenshi Mu Biyobyabwenge

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

UNHCR Yaganirije AFC/M23 Ku Kibazo Cy’Impunzi Ziri Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?