Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Muhanga: Yavumbuye ‘Mine’ Mu Murima We
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Muhanga: Yavumbuye ‘Mine’ Mu Murima We

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 14 January 2023 8:59 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu Mudugudu wa Naganiro, mu Kagari ka Remera mu Murenge wa Muhanga hari umuturage witwa Siborurema Céléstin  wavumbuye igisasu cya Mine mu murima we. Yakibonye agiye gucukura amabuye yo kubakisha iwe.

Yabimenyesheje Polisi yihutira kuhazitira mu rwego rwo gukumira ko kiriya gisasu cyagira uwo gihitana cyangwa kikamukomeretsa.

Ni mu buryo kandi bwo kugira ngo haboneke uko gitegurwa.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo CIP Habiyaremye Emmanuel yemereye UMUSEKE ko ayo makuru ari ukuri.

Uriya muturage yabonye kiriya gisasu ku manywa y’ihangu kuko hari saa saba n’iminota 25 z’amanywa.

Umuvugizi wa Polisi yunzemo ati: “Aho icyo gisasu kiri ni hafi y’ingo z’abaturage ariko ntacyo kibatwara kubera ko harinzwe.”

Babimenyesheje ingabo  kugira ngo zigitegure.

Abaturage baturanye na Siborurema bakeka ko kiriya gisasu cyaba cyaratawe hariya n’abacengezi kubera ko ngo nta kigo cya gisirikare cyahigeze.

Yari Mine ishwanyaguza ibifaro…

Umwe mu bazi iby’ibisasu yabwiye Taarifa ko iriya mine yabonywe mu murima w’uriya muturage, isanzwe igenewe gushwanyaguza imodoka zaba iz’intambara cyangwa imodoka zisanzwe.

Ubusanzwe mines ni ibisasu bitegwa hagamijwe kubuza umwanzi gukomeza urugendo.

Izitegwa imodoka zitegwa mu mirima cyangwa ahantu bateganya ko hashobora kunyura imodoka z’intambara cyangwa iz’abakorana n’umwanzi.

Hari n’izindi mines zitegwa abantu.

Bazita mines anti-personels mu gihe izitegwa imodoka bazita mines anti-chars.

 

TAGGED:featuredGrenadeigisasuMuhangaUmuturage
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kigali: Umwana Wazize Impanuka Ajya Ku Ishuri Na Bagenzi Be Yashyinguwe
Next Article Iran Yamanitse Umwongereza Ishinja Kuyineka
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abaturage 354 Bagiye Guhabwa Amazi Meza

Ingabo Z’u Rwanda Zasinyanye N’Iz’Ubushinwa Amasezerano Y’Ubufatanye

Rihanna Agiye Kubona Icyo Yari Yarabuze

Ubukungu Bw’u Rwanda Bwazamutseho 7.8%-MINECOFIN

Uburundi: Umunyarwanda Yafunganywe N’Umu Youtuber

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Ibya Ariel Wayz Byajemo Gishegesha

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

Urubyiruko Rw’U Rwanda Ruriyahura Cyane-RBC

Minisitiri w’Intebe Wa Qatar Arajya Kurega Israel Kuri Trump

You Might Also Like

IbidukikijeMu RwandaUbukungu

Dushora Mu Gusukura Ikirere Cyacu- Minisitiri Arakwiye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Imiterere Y’Ubucuruzi Bw’u Rwanda N’Amahanga Muri 2025

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Drone Y’Ingabo Z’u Rwanda Yakoze Impanuka 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Mu Rwanda Hamaze Kubakwa Ibiraro 300 Byo Mu Kirere

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?