Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Minisitiri W’Ingabo Yasabye Abifuza Kuzatera u Rwanda Gusubiza Amerwe Mu Isaho
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaPolitiki

Minisitiri W’Ingabo Yasabye Abifuza Kuzatera u Rwanda Gusubiza Amerwe Mu Isaho

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 16 April 2025 6:34 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Juvenal Marizamunda yabwiye abagifite ibitekerezo byo gutera u Rwanda ko uwo mugambi usa n’inzozi batazakabya.

Ubwo hibukwaga Abatutsi biciwe mu cyahoze ari Cour d’Appel de Ruhengeri n’abajugunywe mu mugezi wa Mukungwa mu Karere ka Musanze niho yabivugiye.

Minisitiri w’ingabo Juvenal Marizamunda asaba abaturage guhuza imbaraga bakarwanya ingengabitekerezo ya Jenoside, abahakana n’abapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi.

Marizamunda avuga ko abategura umugambi wo gutera u Rwanda no guhungabanya ubuyobozi bwitorewe n’abaturage batazabigeraho.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Ati: “Abayobozi babo, mu bushishozi buke, bakirata bavuga ko bazabigeraho — kurota ko basubiza u Rwanda mu icuraburindi ni inzozi mbi batazakabya.”

Asanga abo baba mu Rwanda no hanze yarwo bakayikwirakwiza ku mbuga nkoranyambaga.

Ati: “Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi muhumure kuko umucyo watashye mu gihugu cyacu. Icuraburindi ryararangiye kandi umwijima ntuzongera gutaha mu gihugu cyacu ukundi.”

Juvenal Marizamunda yavuze ko ubutabera bwafashe ingamba ku bagikora ibyaha bifitanye isano n’ingengabitekerezo ya Jenoside, kandi ko batazihanganirwa kuko ‘amategeko azakora akazi kayo’.

Rusisiro Feston uyobora IBUKA muri Musanze yasabye ko habaho umwihariko mu guhana no gukurikirana abakwirakwiza ingengabitekerezo ya Jenoside.

- Advertisement -

Ati: “Ntabwo umuntu uzajya atuka undi mu ruhame amugarura mu mateka ya Jenoside azajya afungwa ngo ahite arekurwa. Ubutabera buzabihe umwanya n’umwihariko kugira ngo bitazasubira ukundi”.

Ubugenzacyaha buvuga ko ingengabitekerezo ya Jenoside ubu igaragara cyane ku mbuga nkoranyambaga kugeza aho umuntu ashyira kuri Status ye ya Whatsapp ubutumwa bukomeretsa abarokotse Jenoside mu buryo bweruye.

TAGGED:featuredIngengabitekerezoJenosideMarizamundaMusanze
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article UBUSESENGUZI: Ubukungu Bw’Isi Mu Bigeragezo Kubera Ingamba Za Trump
Next Article Imibereho Y’Abanyarwanda Mu Myaka Irindwi Ishize: Icyo Imibare Igaragaza
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

FIFA Yafatiye Ibihano Kiyovu Sports FC Na AS Kigali

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?