Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Mujawamariya Yasabye Abaturage Kutumva Ko Hari Uzaza Kubasanira Inzu
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Mujawamariya Yasabye Abaturage Kutumva Ko Hari Uzaza Kubasanira Inzu

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 22 November 2023 8:48 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Minisitiri w’ibidukikije Dr. Jeanne d’Arc Mujamariya yasabye abaturage bo muri Gicumbi baherutse guhabwa inzu n’umushinga wa Green Gicumbi ko bakwiye kuzitaho, ntibatekereze ko nizangirika hari uzaza kuzibasanira.

Yaraye abivugiye mu gikorwa cyo gutaha ku mugaragaro inzu abo baturage babakiwe mu Murenge wa Kaniga mu Karere ka Gicumbi.

Minisitiri w’ibidukikije Dr. Mujawamariya yagize ati “Turifuza ko mwazafata neza izi nzu kandi mugaharanira kwishakamo ibisubizo n’ubushobozi bwo gusigasira ibyiza nk’ibi muba mugejejweho na Leta y’u Rwanda.”

Avuga ko Leta y’u Rwanda yashyize imbaraga nyinshi mu kubungabunga no kurengera ibidukikije mu rwego rwo kurushaho guhangana n’ingaruka zikomoka ku mihindagurikire y’ibihe.

Yunzemo ko ibyo Leta ikora byose, ibikora igamije ko abaturage bagera ku iterambere rirambye n’ubuzima bwiza.

Ikindi ni uko intego iba ari uko Abanyarwanda bazagera ku bukungu burambye, bakibeshaho ntawe bateze amaboko.

Abaturage bahawe ziriya nzu bavuga ko bazazitaho, ntizangirike.

Bavuga ko bari basanzwe baba mu nzu zishaje, bakemeza ko izo bahawe bazazibungabunga.

Umwe muri bo yabwiye itangazamakuru ko iyo yabagabamo yahirimye inshuro zirindwi akomeza gusanasana.

Yumvuga ko niyongera guhirima, izamuhitana.

Green Gicumbi ni umushinga utera inkunga imiryango itishoboye isanzwe ituye  ahantu hashobora kwibasirwa n’imivu cyangwa inkangu zikururwa n’amazi atemba ku misozi ihanamye.

Umaze kubaka inzu 100 zizakira imiryango 100 itishoboye yimuwe mu turere byagaragaye ko twakwibasirwa na biriya bibazo.

Hari indi miryango 40 iri mu Murenge wa Rubaya, ikiyongeraho indi 60 igomba kwimurwa ikavanwa mu Murenge wa Kaniga, hombi ni mu Karere ka Gicumbi.

Umushinga wa Green Gicumbi watewe inkunga na Green Climate Fund, Ikigega cy’Isi gishinzwe gutera inkunga imishinga yo kurengera ibidukikije no guhangana n’imihindagurikire y’ibihe binyuze muri FONERWA.

TAGGED:AbaturageGicumbiInzuUmudugudu
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Telefoni 280,000 Za Airtel Zigiye Guhabwa Abatuye Uburengerazuba
Next Article Perezida Kagame Yaganiriye N’Abayobora Ubutasi Bw’Amerika
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Amerika Irashaka Gufasha DRC Guhashya Ruswa

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Hakozwe Umuti Wa Malaria W’Impinja

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUbukungu

Qatar Mu Bufatanye N’u Rwanda Mu Gukora Imiti

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Miliyoni Frw 464 Z’Ishimwe Zahawe Abatse EBM

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu RwandaUbuzima

Rulindo: Abaturage Biyemeje Kurinda Ibidukikije

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

Minisitiri W’Intebe Yasuye Icyanya Cy’Inganda Cya Musanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?