Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Muntoye Nagarurira Kenya Icyubahiro Yahoranye Kubwa Kibaki- Gachagua
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaPolitiki

Muntoye Nagarurira Kenya Icyubahiro Yahoranye Kubwa Kibaki- Gachagua

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 15 September 2025 9:50 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Righathi Gachagua wigeze kuba Visi Perezida wa Kenya.
SHARE

Righathi Gachagua wigeze kuba Visi Perezida wa Kenya yasezeranyije abaturage ko nibahitamo neza bakamutora mu matora y’Umukuru w’igihugu yo mu mwaka wa 2027, azasubiza Kenya icyubahiro yahoranye kubwa nyakwigendera Perezida Mwai Kibaki.

Mu mwaka wa 2027 nibwo hateganyijwe amatora y’Umukuru w’igihugu muri Kenya azaba agamije gushyiraho uwasimbura William Ruto cyangwa se akaguma ku butegetsi bitewe n’ibizayavamo.

Iby’uko azesa iyo mihigo, Gachagua yabivugiye mu rusengero ruri i Nyeri County, avuga ko igihe gishize cyose, abayobozi ba Kenya bayidindije  mu majyambere, akemeza ko natorwa ibyo azabikosora.

The Nation isubira mu byo yavuze, yanditse iti: “ Abanya Kenya nibantora bazaba bagize neza. Sinabasezeranya ibinyoma ariko ndabizeza ko nshaka kuzasubiza iki gihugu icyubahiro cyahoranye mu bukungu no mu bwema ubwo cyayoborwaga n’umusaza nyakwigendera Mwai Kibaki.”

Kibaki yategetse Kenya guhera mu Ukuboza 2002 kugeza muri Mata, 2013.

Yavuze ko bibabaje kuba igihugu cye muri iki gihe gifitiye ibigo by’imari n’ibihugu umwenda wa Tiriyari Ksh.12.

Ati: “ Singiye kubasezeranya ko nzubaka imihanda, ingomero n’ibindi n’ibindi. Icyo mbabwira ni uko ubuzima bw’igihugu cyacu buri habi kuko umwenda wa Tiriyari Ksh.12 ari munini cyane kandi ibi bigomba guhinduka rwose.”

Uyu muyobozi w’ishyaka The Democracy for the Citizens Party (DCP) yavuze ko mu miyoborere ye, azakora ku buryo hari ibihinduka mu byari byarashyizweho n’ubutegetsi bwa William Ruto yigeze kubera Visi Perezida bakaza gupfa ibibazo bya politiki.

Mu magambo ye, Gachagua yavuze ko igihe nikigera agatorwa azagarura uburyo buhamye bwo gutuma abaturage ba Kenya bivuza neza, ubukode bw’inzu ntiburemerere cyane abaturage kandi hakabaho uburezi butangirwa ubuntu.

Gachagua kandi yashidikanyije ku mashuri ya Perezida Ruto, avuga ko nubwo afite impamyabumenyi y’ikirenga( PhD) bitabuza umuntu kumwibazaho.

Kuri we, Ruto ntashoboye kuyobora ndetse n’iyo mpamyabumenyi ngo ni iyo gukemangwa.

Ati: “ Nubwo avuga ko yize akaminuza birenze, nta kintu kibigaragaza mu myaka itatu amaze ku butegetsi.”

Righathi Gachagua kandi yavuze ko Perezida William Ruto( amuhimba Kasongo) atazarenza Manda imwe, akemeza ko azakora ibishoboka byose ibyo bikaba.

Yavuze ko abatavuga rumwe na Ruto bose ari bo Kalonzo Musyoka, Martha Karua, Dr. Fred Matiangi cyangwa Eugene Wamalwa bagomba kuzishyira hamwe bagakuraho William Ruto.

TAGGED:AmatorafeaturedKenyaKwiyamamazaPerezidaRighathiRuto
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article DRC: Batangiye Gukingira Ebola
Next Article Inteko Iratangaza Icyemezo Ku Byo Iy’Uburayi Iherutse Kuvuga Ku Rwanda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Bwa Mbere Ikilo Cy’Ikawa Y’u Rwanda Cyaguzwe $88.18

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Bafatanywe Intsinga Za Metero 250 Bikekwa Ko Bibye

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

Imikino Ya NBA Igiye Gusubukurwa Mu Bushinwa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Abanyarwanda Barashukwa Bagaca Mu Bushinwa Bagera Ahandi Bakisanga Mu Buretwa-Amb Kimonyo 

Abanyarwandakazi Barangije Amasomo Ya Ofisiye Muri Polisi Ya Singapore

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

Amerika Ntishaka Umusirikare Wayo Ubyibushye

Hafi Kimwe Cya Kabiri Cy’Ibyo u Rwanda Rwohereza Mu Muhanga Gikomoka Ku Buhinzi- PM Nsengiyumva

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Macron Mu Ihurizo Ryo Kubona Minisitiri W’Intebe Uhamye 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Hari Icyo Sena Yifuza Ku Banyarwanda Baba Mu Mahanga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu RwandaUbukungu

Minisitiri W’Intebe Yahuje Ubuziranenge N’Iterambere Rirambye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?