Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Murandasi Ntikwiye Kuba Iyo Gutoneka Abarokotse Jenoside-Umuyobozi Wa Airtel- Money
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Murandasi Ntikwiye Kuba Iyo Gutoneka Abarokotse Jenoside-Umuyobozi Wa Airtel- Money

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 29 May 2023 11:57 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Jean Claude Gaga avuga ko n’ubwo buri wese afite uburenganzira bwo gukoresha murandasi uko abyumva, ariko ari ngombwa kwirinda kurikoresha mu buryo bwica amategeko, bugashengura abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi.

Ubu butumwa yabutanze mu kiganiro yahaye Taarifa nyuma y’igikorwa cyo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi cyakozwe n’abakozi ba Airtel Rwanda na Airtel Money kuri uyu wa Gatanu taliki 27, Gicurasi, 2023.

Avuga ko bibabaje kuba hari abantu bihandagaza bagahakana Jenoside yakorewe Abatutsi kandi bazi neza uko ibintu byagenze mu myaka 29 ishize.

Ati: “ Birababaje kuba hari abakoresha ikoranabuhanga bahakana ibintu bihari kandi bimaze igihe gito bibaye. Imyaka 29 si myinshi”.

Gaga avuga ko hari bamwe mu bakiri bato bumva ko ibyo kurwanya abapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi ari  iby’abanyapolitiki cyangwa abandi bayibonye, muri iki gihe bakuze.

Yemeza ko iyo myumvire atari yo, ahubwo ko Jenoside yakorewe Abatutsi ari ikintu kibi cyageze ku Rwanda n’Abanyarwanda bose baba abavutse mbere yayo, abavutse mu gihe yakorwaga ndetse n’abavutse nyuma yayo.

Avuga ko abantu bafite ikoranabuhanga bakwiye guhangana n’abantu bayihakana, ntibareke ngo bamwe mu bafite ikoranabuhanga barikoresha bahemukira igihugu n’Abanyarwanda muri rusange.

Uyu muyobozi wa Airtel Money avuga ko ikigo akorera ndetse n’ibindi bigo by’abikorera bagomba gufasha Leta kwita ku Banyarwanda muri rusange ariko cyane cyane abafite ibibazo byihariye barimo abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi.

Avuga ko mu migambi yose ibigo bigira, haba hagomba gushyirwamo gahunda yo gufasha abatishoboye ariko byose bigakorwa bidatandukiriye gahunda Leta isanganywe.

Abakozi ba Airtel na Airtel Money beretswe amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi amuritswe mu byumba by’urwibutso rwa Kigali ruba mu Murenge wa Gisozi mu Karere ka Gasabo.

Nyuma yo gusobanukirwa ibiri muri buri cyumba, bashyize indabo ku mva rusange ishyinguwemo imibiri 250,000 y’Abatutsi biciwe hirya no hino muri Kigali.

Bakurikijeho gusobanurirwa amateka y’ingengabitekerezo ya Jenoside na Jenoside ubwayo kugeza ubwo yahagarikwaga n’Inkotanyi muri Nyakanga, 1994.

Ni igikorwa kimara iminota 30 kikabera mu cyicaro kigari bita Amphithéâtre, aho abantu benshi bahurura bakaganirizwa n’abatumirwa.

Abakozi ba Airtel bari baje kwibuka Abatutsi bashyinguwe ku Gisozi.
Basuye ibyumba bitandukanye bigize ruriya rwibutso
Nyuma bashyize ingabo ku mva rusange
TAGGED:AbatutsiAirtelGagaIngengabitekerezoMurandasiUrwibuto
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Musanze: Uwari Uherutse Gufungurwa Kubera Ubujura Yabukubitiwemo Arapfa
Next Article Kagame Yitabiriye Irahira Rya Mugenzi We Watorewe Kuyobora Nigeria
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Hakozwe Umuti Wa Malaria W’Impinja

REMA Yatangaje Igihe Cyo Gusuzumisha Ibyuka Byo Mu Binyabiziga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

You Might Also Like

Ibiza KamereMu RwandaUmutekano

Inkuba Zishe Bane Muri Batanu Bishwe N’Ibiza-MINEMA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Andi makuruMu Rwanda

Twiyumva Muri Siyanse Kurusha Mbere-Umunyeshuri Wa KIST

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUbukungu

Qatar Mu Bufatanye N’u Rwanda Mu Gukora Imiti

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Umuti Meya Wa Muhanga Aha Ibibazo Biri Mu Ngo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?