Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Muri 2022 Nibwo Byagaragaye Ko Pérmis Yatanzwe Muri 2011 Ari Impimbano
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Muri 2022 Nibwo Byagaragaye Ko Pérmis Yatanzwe Muri 2011 Ari Impimbano

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 10 November 2022 8:05 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umugabo wo mu Karere ka Rubavu aherutse gutabwa muri yombi na Polisi y’u Rwanda ubwo yajyaga kongeresha igihe cy’uruhushya rwo gutwara ikinyabiziga Polisi yagenzura neza igasanga iyo pérmis ari impimbano. Uru ruhushya rwatanzwe mu mwaka wa 2011.

Ukurikiranyweho  iki cyaha yafashwe Taliki 08, Ugushyingo, 2022  afatanwa na mugenzi  we bombi ngo bari bafitanye ubwumvikane mu mugambi wo gukora uruhushya rwa burundu rwo gutwara ibinyabiziga rw’uruhimbano.

Icyaha bacyekwaho ngo cyakozwe mu mwaka wa 2011.

Icyo gihe ngo umwe muri bo yari umukozi w’ishuri ryigisha amategeko y’umuhanda no gutwara ibinyabiziga rikorera mu Karere ka Rubavu.

Bivugwa ko yafashije umwe mu bari abanyeshuri be  kubona uruhushya rwo gutwara ibinyabiziga rw’urwiganano.

Ku rubuga rwa Polisi y’u Rwanda, Umuvugizi wayo Commissioner of Police (CP) John Bosco Kabera yavuze ko abacyekwaho kirya cyaha batahuwe ubwo uwahawe uruhushya rw’uruhimbano witwa  Turahirwa Phocas w’imyaka 42 y’amavuko, yajyaga  kurwongeresha igihe nyuma y’uko rwari rumaze guta agaciro.

CP Kabera ati: “Ubwo Turahirwa yasabaga ishami rishinzwe gutanga ibizamini n’impushya zo gutwara ibinyabiziga ko uruhushya rwe rwarangije igihe rwakongererwa agaciro, byaje kugaragara ko urwo ruhushya yasabiraga kongererwa agaciro rwari rwaratanzwe mu mwaka wa 2011, ari uruhimbano. Nta kindi cyari gukurikiraho uretse guhita afatwa agashyikirizwa ubutabera.”

Avuga ko iperereza ry’ibanze ryaje kugaragaza ko kugira ngo uriya muntu abone ruriya ruhushya rw’uruhimbano, Turahirwa yari yashyizwe ku rutonde rw’abagombaga gukora ikizamini cyo gutwara ibinyabiziga nyuma y’uko Polisi yari yamaze kurwemeza.

Nyuma ngo byaje kugaragara ko ishuri ryigisha amategeko y’umuhanda no gutwara ibinyabiziga ari ryo ryafashe urutonde rw’abari bemerewe gukora ikizamini cyo gutwara ibinyabiziga cy’impushya za burundu  risibaho umwe mu bari kuri urwo rutonde mu mwanya we handikwaho Turahirwa utarigeze yisanga mu bakora ikizamini.

CP Kabera yakomeje  ati:  “Hanyuma nibwo Ishami rishinzwe umutekano wo mu muhanda, ryakoresheje ikizamini ku Italiki ya 02 , Gashyantare 2012, mu gihe uruhushya rwa Turahirwa rutagaragara ku rutonde rw’abakoreye uruhushya mu buryo bwemewe n’amategeko rugaragaza ko rwatanzwe ku itariki ya 2 Gashyantare 2011, igihe kingana n’umwaka wose mbere y’uko ikizamini gikorwa.”

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda CP Kabera mu kiganiro n’abanyamakuru

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda kandi yagaragaje ko kugira ngo izina rye ryongerwe kuri urwo rutonde yishyuye ruswa ya Frw 150,000.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yavuze ko  hatitawe ku gihe icyaha cyakorewe cyose, igihe bizamenyekanira, yaba ugendera ku ruhushya rwo gutwara ikinyabiziga rw’urwiganano hamwe n’uwabimufashijemo wese bazakurikiranwa n’amategeko.

Yaburiye n’abigisha amategeko y’umuhanda ko birinda gutanga impushya mu buryo budakurikije amategeko kuko ari imwe mu mpamvu zitera impanuka.

TAGGED:featuredIkinyabizigaKaberaPolisiUmuvugiziUruhushya
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Mama Cyama: Izina Ry’Ababyeyi Bitangiye Inkotanyi Ziri Ku Rugamba
Next Article U Rwanda Rwaguze Indege Nini Yo Gutwara Imizigo
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Inteko Y’U Rwanda Yikomye Iy’Ubumwe Bw’Uburayi

Ubwumvikane Bwa Amerika N’Ubushinwa Ku Ikoreshwa Rya TikTok

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Mushya Azanye Amatwara Adasanzwe

Inteko Iratangaza Icyemezo Ku Byo Iy’Uburayi Iherutse Kuvuga Ku Rwanda

Muntoye Nagarurira Kenya Icyubahiro Yahoranye Kubwa Kibaki- Gachagua

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

You Might Also Like

Mu RwandaUbutabera

Ruhango: Abasaza Babiri Bagiye Kwiba Umwe Arahagwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Umuco Nyarwanda Wamurikiwe Muri Koreya Y’Epfo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Umuturage Wa Israel Akurikiranyweho Kunekera Iran

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Polisi Ikomeje Gufata Abakiliya B’Abacukura Amabuye Y’Agaciro Batabyemerewe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?