Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Muri Burkina Faso Haburijwemo Coup d’Etat
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Muri Burkina Faso Haburijwemo Coup d’Etat

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 12 January 2022 3:00 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ku wa Mbere tariki 10, Mutarama, 2022 umusirikare ufite ipeti rya Lieutenant-colonel mu ngabo za Burkina Faso yatawe muri yombi akurikiranyweho umugambi wo gushaka guhirika ubutegetsi bwa Perezida Roch Marc Christian Kaboré.

Kaboré yategetse Burkina Faso guhera mu mwaka wa 2015.

Gufata Lieutenant-Colonel Emmanuel Zoungrana byaje bikurikira ubwoba bwari bumaze iminsi mu baturage n’abandi bakurikirana ibibera muri kiriya gihugu kubera ibibazo by’umutekano bihamaze igihe.

Lieutenant-Colonel Emmanuel Zoungrana

Umusirikare uherutse gufatwa yitwa Lieutenant-Colonel Emmanuel Zoungrana akaba yarigeze kuyobora Umutwe w’abakomando barwanira ku butaka.

Umugambi w’uriya musirikare bivugwa ko watangiye gutegurwa mu mpera z’Ukuboza, 2021 ubwo habaga igitero cyagabwe ahitwa Inata gihitana abantu 53.

Yigeze no kuba umuyobozi w’ingabo za Burkina Faso zari zishinzwe kurinda Amajyaruguru ya kiriya gihugu, izo ngabo zikaba zari zigize umutwe wa 25 mu Gifaransa bita 25e régiment parachutiste commando.

Uyu mutwe wari ufite ibirindiro ahitwa Bobo-Dioulasso.

Jeune Afrique yanditse ko hari n’abandi basirikare bakuru ba Burkina Faso batawe muri yombi bakurikiranyweho ubwinjiracyaha muri uriya mugambi.

Perezida  Roch Marc Christian Kaboré yagiye ku butegetsi asombuye Michel Kafando.

Kafando nawe yagiyeho asimbuye umusirikare witwa Yacouba Isaac Zida nawe wasimbuye umusirikare wakoze Coup d’etat witwa Gen Gilbert Diendéré.

Bose bagiye ku butegetsi nyuma y’uko abaturage bigaragambije bakirukana Blaise Compaoré wagiye ku butegetsi ahiritse uwo abanya Burkina Faso bafata nk’intwari yabo witwaga Captaine Thomas Sankara.

Ikindi Compaoré yashinjwe n’abaturage be ni urupfu rw’umunyamakuru wakundwaga na benshi muri kiriya gihugu witwaga Norbert Zongo.

Zongo yari umwanditsi mukuru w’ikinyamakuru L’Indépendant.

TAGGED:Burkina Fasocoup d’étatfeaturedUmusirikareUmutekano
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umwe Mu Bayobozi b’Umutwe wa ADF Yatawe Muri Yombi
Next Article Ibitaramo Byakomorewe
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ingabo Z’u Rwanda Zasinyanye N’Iz’Ubushinwa Amasezerano Y’Ubufatanye

Rihanna Agiye Kubona Icyo Yari Yarabuze

Ubukungu Bw’u Rwanda Bwazamutseho 7.8%-MINECOFIN

Uburundi: Umunyarwanda Yafunganywe N’Umu Youtuber

Dushora Mu Gusukura Ikirere Cyacu- Minisitiri Arakwiye

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Ikipe y’Igihugu Y’Ingimbi Ya Volleyball Yitabiriye Igikombe Cya Afurika

Qatar Irashaka Kurega Netanyahu 

Ibya Ariel Wayz Byajemo Gishegesha

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

You Might Also Like

Mu mahangaPolitiki

DRC: Abanyamahanga Ntibemerewe Gukora Ubucuruzi Buto Buto

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Imiterere Y’Ubucuruzi Bw’u Rwanda N’Amahanga Muri 2025

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Drone Y’Ingabo Z’u Rwanda Yakoze Impanuka 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Mu Rwanda Hamaze Kubakwa Ibiraro 300 Byo Mu Kirere

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?