Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Muri Gambia Haburijwemo Coup D’Etat
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Muri Gambia Haburijwemo Coup D’Etat

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 22 December 2022 7:55 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

I Banjul mu Murwa mukuru wa Gambia ibintu ntibirasobanuka nyuma y’uko ubutegetsi butangaje ko haburijwemo umugambi wo guhirika Perezida Adama Barrow.

Nta muntu uratungwa agatoki ko ari we wari warateguye iki gikorwa.

Kuva Adama Barrow yajya ku butegetsi, nibwo bwa mbere havuzwe ko hari abantu bashaka kumuhirika.

Yabugiyeho amaze gutsinda Yahya Jammeh wicaga agakiza.

Hagati aho biravugwa ko bamwe mu basirikare b’iki gihugu ari bo bari inyuma y’uriya mugambi kandi ngo biganjemo abakoranye na Yahya Jammeh bya hafi mu gihe cyose yamaze ari ategeka Gambia.

Guverinoma ivuga ko hari abantu batatu bamaze gutabwa muri yombi bakurikiranyweho uruhare rutaziguye muri uyu mugambi.

Aya makuru atangajwe mu gihe inzego zishinzwe uburenganzira bwa muntu zikomeje gusaba ko abantu bose bakoranye na Yahya Jammeh bagezwa imbere y’ubutabera kubera ko bakekwaho uruhare( ruziguye cyangwa rutaziguye) mu bikorwa byo guhungabanya uburenganzira bwa muntu yakoreye abataravugaga rumwe nawe.

Adama Barrow yagiye ku butegetsi mu mwaka wa 2017 asimbuye Yahya Jammeh wari watsinzwe amatora mu Ukuboza, 2016.

Perezida Adama Barrow

Jammeh yari amaze imyaka irenga 20 ategeka Gambia.

Ubu aba mu buhungiro muri Guinée Equatoriale.

Aherutse kugaragara abwira abantu ko ashobora kuzagaruka ku butegetsi bw’i Banjul.

Ku rundi ruhande, Perezida Barrow ashinjwa gukorera mu kwaha k’ubutegetsi bwa Senegal, iki kibaba ari ikintu abaturage bavuga ko kibangamira ubusugire bwa Gambia.

Ku batazi imiterere ya Gambia, iki gihugu ni gito cyane kandi cyose uko cyakabaye kizengurutswe na Senegal.

Wakeka ko bafashe Gambia bayitereka muri Senegal.

Iki gihugu gikomora izina ‘Gambia’ ku ruzi rucyahuranyamo rwagati rwitwa Gambia.

TAGGED:BanjulCou d'EtatfeaturedGambiaSenegalUbutegetsi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umuganga W’i Nyanza Akurikiranyweho Gusambanya Umwana Waje Kwivuza
Next Article Perezida Wa Ukraine Yasuye Amerika
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Hakozwe Umuti Wa Malaria W’Impinja

REMA Yatangaje Igihe Cyo Gusuzumisha Ibyuka Byo Mu Binyabiziga

Ibanga Kepler Yakoresheje Ngo Ihagarare Neza Muri Basket Y’Abagore

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

Kwitabira Gufata Irangamimerere Byitabirwe Na Buri Wese- MINALOC 

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Qatar Irongera Yakire Intumwa Za DRC Na AFC/M23

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Trump Arashaka Kwicaranya Putin Na Zelensky

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ibiza KamereMu RwandaUmutekano

Inkuba Zishe Bane Muri Batanu Bishwe N’Ibiza-MINEMA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Abayobozi Mu Burayi Bitabye Trump

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?