Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Muri Kenya Bisi Yari Itwaye Abagiye Mu Bukwe Yaguye Mu Mugezi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Muri Kenya Bisi Yari Itwaye Abagiye Mu Bukwe Yaguye Mu Mugezi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 05 December 2021 11:19 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Kuri uyu wa Gatandatu muri Kenya habaye impanuka ikomeye ubwo bisi yari itwaye abantu bagiye mu bukwe yanyereraga ikagwa mu mugezi, abantu 23 bakaba ari bo bamaze kumenyekana ko bahasize ubuzima.

Induru zavuze ubwo abantu bari bari ku muhanda babonaga bisi y’umuhondo yari irimo kolari n’abandi bantu bari bagiye kuririmbira abageni inyerera ikagwa mu mugezi.

Abari bayirimo bari bagannye ahitwa Kitui.

Icyakora hari abagize ubutwari barasimbuka, Imana ikinga akaboko ntibagira icyo baba!

Umuyobozi w’Akarere ka Kitui witwa Charity Ngilu yavuze ko iriya mpanuka yari iteye ubwoba cyane.

Ati: “ Kuri uyu wa Gatandatu twagize ibyago bitavugwa, dupfusha abantu baguye mu mugezi.”

Ngilu avuga ko kuri iki Cyumweru hakomeje imirimo yo gushakisha indi mibiri kuko ngo bishoboka cyane ko hari abandi bantu baguye muri iriya mpanuka.

Agace ka Katui aho iriya modoka yakoreye impanuka

Kugeza ubu ntiharamenyekana umubare nyawo w’abantu bari bari muri iriya modoka.

Bisi bari barimo yahuye n’impanuka igeze hafi y’umugezi Enziu, iranyerera igwamo.

Yari imaze kugenda ibilometero 200 iva i Nairobi.

Visi Perezida wa Kenya Bwana William Ruto yihanganishije imiryango yaburiye abantu bayo muri iriya mpanuka.

Muri iki gihe Kenya iri kugwamo imvura nyinshi k’uburyo abashoferi basabwa kwitonda.

TAGGED:BisifeaturedImpanukaKenyaUmugezi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Uwayoboye Ibiro Bya Perezida Mitterrand Yitabaje Urukiko Nyuma Kubazwa Uruhare Muri Jenoside
Next Article Ikigega Cyo Gufasha Mwarimu Cyashyizwemo Miliyoni 19 Frw Ku Ikubitiro
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Umuyobozi Wa Polisi Yasezeranyije Kubaka Ikipe Y’Umupira W’Amaguru Ikomeye 

DRC: Ikigega Cya Lisansi Cyakongotse

Ambasaderi Busabizwa Asanga Ubutwari Atari Amagambo

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Abasora Ipatanti N’Umusoro Ku Nyungu Z’Ubukode Babyihutishe- Komiseri Muri Revenue 

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Drones Za Polisi Ziri Hafi No Gukorera Mu Mihanda Yo Mu Ntara 

You Might Also Like

Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Tshisekedi Yagiye Muri Leta Ziyunze Z’Abarabu Gusinya Amasezerano Mu Bucukuzi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imyidagaduro

Grammy Awards: Kendrik Lamar Yahize Abandi Baraperi Mu Bihembo Byinshi Abitse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Abantu Babiri Bananirwa Bate Kubana?-Kagame Abaza Abashakanye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbuzima

‘Gusaranganya Shisha Kibondo’ Ni Ruswa Nini Mu Rwego Rw’Ubuzima

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?