Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Musanze: Haravugwa Urupfu Rw’Amayobera Rw’Umunyeshuri
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Musanze: Haravugwa Urupfu Rw’Amayobera Rw’Umunyeshuri

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 15 May 2023 10:49 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu Karere ka Musanze hari idosiye bamwe mu batuye Umurenge wa Musanze bavuga ko irimo amayobora. Ni iy’umunyeshuri w’imyaka 12 y’amavuko witwa Umuhire Ange Cécile aherutse gupfa mu buryo bateye urujijo.

Taliki 09, Gicurasi, 2023 uyu munyeshuri wiga muri Ecole de Sciences de Musanze ngo yafashwe n’uburwayi bw’ijisho.

Bagenzi be bamujyanye ku bitaro byitwa ‘Prominibus’ aravurwa asubira ku ishuri.

Nyuma y’iminsi itatu(2) ni ukuvuga taliki 12, Gicurasi, 2023, Umuhire yarongeye arakomerezwa.

Amakuru avuga ko ahagana saa tatu z’ijoro( 21h00) yagiye ku bwogero ageze yo abwira abanyeshuri bagenzi be ko yumva afite isereri, bakihagera ahita ‘yikubita hasi’.

Abandi bahamagaye ushinzwe imyitwarire n’ubuzima by’abakobwa( Animatrice) witwa Jeanne Nyiramugisha ngo aze abatabare anababwire icyakorwa.

Undi yababwiye ko bamuryamisha aho yari asanzwe arara ( ari n’aho bagenzi barara muri dortoire).

Bucyeye bw’aho ni ukuvuga taliki 13, ( ni ku wa Gatandatu w’Icyumweru gishize) amimatrice Nyaramugisha Jeanne yahamagaye ababyeyi ba Umuhire Ange Cécile ababwira ko bagomba kuza kujyana umwana kwa muganga.

Bakihagera bamujyanye mu modoka bamugeza ku bitaro bya Ruhengeri ageze yo muganga amupimye asanga yamaze kunogoka.

Nyiramugisha yatawe muri yombi n’aho umubiri wa Umuhire Ange Cécile ujyanwa gupimwa kwa muganga.

Taarifa iracyagerageza kuvugana n’Umunyamabanga nshingwabikorwa w’Umurenge wa Musanze Bwana Edouard Twagirimana ngo agire andi makuru aduha kuri ibi byago ariko ntarashobora kudusubiza.

Ikindi ni uko ubwo twandikaga iyi nkuru, ibisubizo by’ibyavuye mu isuzuma rya muganga ku murambo wa Umuhire byari bitaratangazwa.

TAGGED:featuredIkigoMusanzeUmunyeshuriUrupfu
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article FERWACY Igiye Gutangiza Igikombe Cy’Abana Cy’Umukino W’Amagare
Next Article Senegal: Baramagana Manda Ya 3 Ya Perezida Macky Sall
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Yarashe Afande We Amuziza Kumurira Amafaranga

Hari Abayobozi Muri Guverinoma Bagiye Gusuzumisha Imyotsi Yo Mu Modoka Zabo

Suluhu Yatangajwe Ko Yatsinze Amatora Y’Umukuru W’Igihugu

Abanyamakuru Bashyiriweho Aho Batemerewe Mu Biro Bya Trump

Uruhare Rw’Abaturage Mu Bibakorerwa Nirwo Rwego Rwongereye Amanota Abaturage Baha Inzego

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

DRC: Amakamyo 100 Yaheze Mu Byondo

Hari Isezerano BK Iha Abafite Inganda Z’Ikawa…

Trump Arashaka Gukura Ubushinwa Ku Ntebe Y’Isi Mu Kugura Amabuye Y’Agaciro ‘Adasanzwe’

Kwibwira Ko Umushinga Mwiza Wose Ukwiye Inguzanyo Ni Ukwibeshya-Patience Mutesi Uyobora BPR

Zaria Igiye Kubona Umufatanyabikorwa Ukomeye

You Might Also Like

Mu Rwanda

Ruhango: Hatangiye Iperereza Ku Mugabo Bikekwa Ko Yishwe N’Abo Yasengereye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Perezida W’Ubushinwa Yasabye Amerika Kubaha Ubukungu Bw’Igihugu Cye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Muramu Wa Vital Kamerhe Niwe Mukandida Wo Kumusimbura Kuyobora Inteko

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Mu Bufaransa Haraba Inama Ikomeye Ku Bibazo Biri Mu Karere u Rwanda Ruherereyemo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?