Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Musanze: Haravugwa Urupfu Rw’Amayobera Rw’Umunyeshuri
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Musanze: Haravugwa Urupfu Rw’Amayobera Rw’Umunyeshuri

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 15 May 2023 10:49 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu Karere ka Musanze hari idosiye bamwe mu batuye Umurenge wa Musanze bavuga ko irimo amayobora. Ni iy’umunyeshuri w’imyaka 12 y’amavuko witwa Umuhire Ange Cécile aherutse gupfa mu buryo bateye urujijo.

Taliki 09, Gicurasi, 2023 uyu munyeshuri wiga muri Ecole de Sciences de Musanze ngo yafashwe n’uburwayi bw’ijisho.

Bagenzi be bamujyanye ku bitaro byitwa ‘Prominibus’ aravurwa asubira ku ishuri.

Nyuma y’iminsi itatu(2) ni ukuvuga taliki 12, Gicurasi, 2023, Umuhire yarongeye arakomerezwa.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Amakuru avuga ko ahagana saa tatu z’ijoro( 21h00) yagiye ku bwogero ageze yo abwira abanyeshuri bagenzi be ko yumva afite isereri, bakihagera ahita ‘yikubita hasi’.

Abandi bahamagaye ushinzwe imyitwarire n’ubuzima by’abakobwa( Animatrice) witwa Jeanne Nyiramugisha ngo aze abatabare anababwire icyakorwa.

Undi yababwiye ko bamuryamisha aho yari asanzwe arara ( ari n’aho bagenzi barara muri dortoire).

Bucyeye bw’aho ni ukuvuga taliki 13, ( ni ku wa Gatandatu w’Icyumweru gishize) amimatrice Nyaramugisha Jeanne yahamagaye ababyeyi ba Umuhire Ange Cécile ababwira ko bagomba kuza kujyana umwana kwa muganga.

Bakihagera bamujyanye mu modoka bamugeza ku bitaro bya Ruhengeri ageze yo muganga amupimye asanga yamaze kunogoka.

- Advertisement -

Nyiramugisha yatawe muri yombi n’aho umubiri wa Umuhire Ange Cécile ujyanwa gupimwa kwa muganga.

Taarifa iracyagerageza kuvugana n’Umunyamabanga nshingwabikorwa w’Umurenge wa Musanze Bwana Edouard Twagirimana ngo agire andi makuru aduha kuri ibi byago ariko ntarashobora kudusubiza.

Ikindi ni uko ubwo twandikaga iyi nkuru, ibisubizo by’ibyavuye mu isuzuma rya muganga ku murambo wa Umuhire byari bitaratangazwa.

TAGGED:featuredIkigoMusanzeUmunyeshuriUrupfu
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article FERWACY Igiye Gutangiza Igikombe Cy’Abana Cy’Umukino W’Amagare
Next Article Senegal: Baramagana Manda Ya 3 Ya Perezida Macky Sall
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Ubuhinde Na Pakistan Byambariye Intambara

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Amerika: Abanyarwandakazi Bo Muri RDF Barangije Amasomo Y’Ubukanishi

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ni Ryari Abaturage Bo Mu Cyaro Bazabona Amazi Meza Abahagije?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

M23 Yafashe Ahantu Hakungahaye Kuri Zahabu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?