Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Museveni Yagurishije Ramaphosa Inyambo Zifite Agaciro Ka $120,000
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Museveni Yagurishije Ramaphosa Inyambo Zifite Agaciro Ka $120,000

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 20 July 2022 12:40 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Inyambo ni inka nziza
SHARE

Perezida Yoweli Museveni avuga ko afite inka nziza zizi kwihanganira izuba ntizinambe, zikagumana itoto. Ni inyambo kandi ngo mu myaka mike ishize yagurishije Ramaphosa inka 43 zo muri ubu bwoko ku giciro cya $120,000.

Mu kiganiro yahaye abaturage be akoresheje Twitter, Perezida Museveni yavuze ko hari umwe mu nshuti ze witwa Motsepe aherutse kumubwira ko hari ikimasa yaguze na Ramaphosa, uyu akaba ari Perezida wa Afurika y’Epfo.

Inyambo 43 zagurishijwe Cyril Ramaphosa ku $120,000

Museveni yahise amumenyesha ko ari we wagurishije icyo kimasa kwa Ramaphosa.

Mu mpera z’Icyumweru gishize, Museveni yasuye amashyo y’inyambo ze zirorerwa ahitwa Kisozi.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Yanditse ko ziriya nka ziteye neza kandi zifite ubushobozi bwo kwihanganira izuba ryinshi ntizinambe ngo zinanuke zibe imiguta.

Ati: “ Izi nka ni nziza rwose. Ntiwamenya ko urwuri rwagabanutse, urabona ko zisa neza. Iyo ziza kuba ari nka zazindi zitwa ko ari iza kijyambere, ntizari gushobora kwihanganira ibi bihe.”

On the weekend, I was in Kisozi to see the cattle z’obujajja (ancestral cattle – enshugyi). These cattle are, really, so wonderful!! It was so dry, but they were still managing, as you can see in the pictures. The exotic ones would not survive. pic.twitter.com/o6WrBKuacl

— Yoweri K Museveni (@KagutaMuseveni) July 20, 2022

Avuga ko niyo bibaye ngombwa ko ziziya nka ziribwa, ngo zigira inyama nziza zitagira ibinure bitera abantu  kubyibuha cyane kuko zifite ikinyabutabire gike bita cholesterol.

Azishimira kandi ko zigira amata avura vuba, agatanga ikivuguto kiza ndetse n’amavuta y’inka akaba meza.

- Advertisement -

Si amata y’inyambo ze ashima ubwiza gusa ahubwo avuga ko n’uburo ndetse n’imyimbati ari ibiribwa ntagereranywa.

Bivugwa ko mu mirire ye, Perezida Museveni yirinda ibintu bifite amavuta menshi kandi agakunda indyo gakondo nyafurika ndetse n’iyo mu gihugu cye, Uganda.

TAGGED:featuredInkaInyamboMuseveniRamaphosa
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ikirere Gihinduka Ukwacyo: Ubushyuhe Bukabije Bwasimbuwe N’Imvura Irimo Inkubi
Next Article Barashinja REG Kwigabiza Amasambu Yabo
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?