Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Museveni Yahinduye Visi Perezida, Minisitiri w’Intebe N’Umugaba W’Ingabo
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Museveni Yahinduye Visi Perezida, Minisitiri w’Intebe N’Umugaba W’Ingabo

Last updated: 09 June 2021 10:19 am
Share
Muri 2015 ubwo Museveni yari Umuhuza mu bibazo bya Politiki y'u Burundi
SHARE

Perezida Yoweri Museveni yashyizeho Guverinoma nshya, ahereye kuri Jessica Alupo wagizwe Visi Perezida, asimbuye Edward Ssekandi wari usoje manda ebyiri. Ni nyuma y’uko aheruka kurahirira manda ya gatandatu nka Perezida wa Uganda.

Jessica Alupo wagizwe Visi Perezida yahoze ari Minisitiri w’Uburezi.

Guverinoma yashyizweho igizwe n’abantu 32 uhereye kuri visi perezida ukagera ku baminisitiri, n’abanyamabanga ba Leta 50. Harimo n’abajyanama bakuru batanu.

Minisitiri w’Intebe yagizwe Robinah Nabbanja asimbura Dr Ruhakana Rugunda. Dr Rugunda yagizwe intumwa idasanzwe ya Museveni mu bikorwa byihariye.

Ni mu gihe Maj Gen Jim Muhwezi uri mu basirikare barwanye urugamba rwo kubohora Uganda, yagizwe Minisitiri muri Perezidansi ushinzwe Umutekano.

Rebecca Kadaga wahoze ayobora Inteko ishinga amategeko, yagizwe Minisitiri w’Intebe wungirije wa mbere, ushinzwe Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba.

Ni mu gihe Gen Jeje Odong wari usanzwe ari Minisitiri w’umutekano mu gihugu yasimbuye Sam Kutesa ku mwanya wa Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga.

Odong we yasimbuwe na Kahinda Otafire wari usanzwe ari Minisitiri w’Ubutabera. Ni mu gihe Gen. David Muhoozi wari usanzwe ari Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda yagizwe umunyamabaganga wa Leta muri  iyo minisiteri. Ntabwo hatangajwe uwamusimbuye.

Mu bagumanye imyanya yabo harimo Minisitiri w’Uburezi na Siporo, Janet Museveni, Minisitiri w’Imari n’igenagambi Matia Kasaija, Minisitiri w’Ibikorwaremezo Gen. Katumba Wamala na Minisitiri w’Ubuzima Dr. Jane Aceng.

Mu zindi mpinduka, Kasule Lumumba usanzwe ari Umunyamabanga Mukuru w’ishyaka NRM yagizwe Minisitiri mu biro bya Minisitiri w’Intebe ushinzwe ibikorwa rusange. Mu ishyaka yasimbuwe na Richard Todwong.

Gen Elly Tumwiine yagizwe Umujyanama Mukuru wa Perezida mu bijyanye n’umutekano.

TAGGED:featuredYoweri Kaguta Museveni
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Uko Imikino Y’Irushanwa Rya Cricket Kwibuka T20 Ku Munsi 3 Yagenze
Next Article Amayeri Ya Polisi Mu Gufatira Icyarimwe Abagizi Ba Nabi 800
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kuki Ibibazo By’Ubufaransa Bizajegeza Uburayi Bwose

Gaza: Hamas Yasabye Abarwanyi 7,000 Gusubira Aho Ingabo Za Israel Zavuye

Mfite Impungenge Ko Ibyo Kwaka FDLR Intwaro Bizaba Amasigarakicaro- Dr Buchanan

Ingabo Za Amerika Zamaze Kugera Muri Israel

Makuza Ayoboye Indorerezi Za Afurika Yunze Ubumwe Mu Matora Yo Muri Cameroun

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

Musanze: Umusore Na Nyina Bafatanywe Urumogi

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

You Might Also Like

Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

DRC: Leta Yategetse FDLR Kwishyira Mu Maboko Y’Ingabo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUmutekano

Rwanda: Amagaraje Atujuje Ibisabwa Azafungwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yaganiriye N’Abayobozi Ba EU K’Ubufatanye Mu Gukora Inkingo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?