Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Museveni Yakomye Imbere Umuriri Umuhungu We Yari Afite Muri Politiki
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Museveni Yakomye Imbere Umuriri Umuhungu We Yari Afite Muri Politiki

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 22 March 2024 8:03 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu itangazo ryaraye risohowe n’Ibiro by’Umukuru w’igihugu wa Uganda rigatangazwa mu kinyamakurU cya Leta kitwa UBC harimo ko Gen Muhoozi Kainerugaba( ni umuhungu wa Perezida Museveni) ari mugaba mukuru w’ingabo za Uganda.

Asimbuye Gen Wilson Mbandi wari umaze igihe muri izi nshingano.

Izi mpinduka zitanganjwe nyuma y’igihe gito Museveni aretse inshingano zo kuba umugaba w’ikirenga w’ingabo za Uganda, ahubwo akaziha uburenganzira bwo kwiyobora, akajya ahabwa raporo n’abagaba bazo.

Icyo gihe bigitangazwa nta makuru yuko yateguraga kuzagira Muhoozi umugaba mukuru wazo.

Uwari usanzwe ari umugaba mukuru w’ingabo Jenerali Wilson Mbadi yagizwe Umunyamabanga wa Leta ushinzwe ubucuruzi muri Minisiteri y’ubucuruzi n’amakoperative.

Muhoozi yaherukaga mu mirimo ya gisirikare mu Ukwakira, 2022 ubwo Se yamuvanaga ku mwanya w’umugaba w’ingabo zirwanira ku butaka.

Mu mwaka wakurikiyeho( 2023), Muhoozi yatangiye kugaragara cyane mu bikorwa ‘bimeze nko’ kwiyamamaza nk’umunyapolitiki mu bice bitandukanye bya Uganda.

Yigeze no kwerura avuga ko aziyamamaza mu matora yo mu mwaka wa 2026 icyakora ubwo butumwa bwe ntibwamaraga igihe kuri Twitter y’icyo gihe ubu yiswe X kuko yahitaga abusiba.

Muri Mata, 2024 Muhoozi azuzuza imyaka 50 y’amavuko.

Uyu mugabo ariko mu bihe bitandukanye yagiye acisha ubutumwa kuri X y’ubu bugateza urujijo mu bahamukurikiranira.

Urugero ni uko mu mwaka wa 2022 yigeze gutangaza ko afite ubushake bwo kuva mu gisirikare ariko ntiyabutinzaho arabusiba.

Mu minsi mike yabanjirije kwemezwa nk’umugaba mukuru w’ingabo za Uganda, Muhoozi yagaragaraga henshi muri Uganda mu bikorwa bamwe bafataga nko kwiyamamaza kwa politiki.

Aho yabaga ari abantu benshi bahururaga, bakamwereka ko bamushyigikiye.

BBC yanditse ko aho yaherukaga ari mu Mujyi wa Masaka ku kibuga kinini bamwakiriyeho kandi abafashe ijambo basubiyemo ko ari we bashaka mu  mwaka wa 2026.

Uko bigaragara, hari impamvu nyinshi zatuma hari abakeka ko Se( Perezida Museveni) amuhaye inshingano za gisirikare mu rwego rwo gucubya umuriri yari afite mu bya politiki.

Museveni yashatse gucubwa umuriri umuhungu we yari afite muri Politiki

Icyakora nta makuru menshi Museveni aratangaza ku mpamvu zamuteye kugarura umuhungu we mu nshingano za gisirikare kandi zikomeye cyane.

Perezida Museveni we ari ku butegetsi kuri manda ya gatandatu yatangiye kuyobora mu mwaka wa 2021.

TAGGED:featuredIngaboMuhooziMuseveniPerezidaUmugaba
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umunyarwanda Wari Umaze Imyaka 30 Yihisha Muri Amerika Yafashwe
Next Article RDF N’Ingabo Z’Amerika Bamaze Kuvura Abantu 5,000 Mu Minsi 10
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Amerika Irashaka Gufasha DRC Guhashya Ruswa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?