Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Mushiki Wa Kabila Nawe Yinjiye Mu Byo Gushinja u Rwanda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Mushiki Wa Kabila Nawe Yinjiye Mu Byo Gushinja u Rwanda

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 11 November 2022 6:28 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Jaynet Kabila. Radio Okapi/ Ph. John Bompengo
SHARE

Mushiki wa Joseph Kabila Kabange witwa Jaynet Désirée Kabila Kyungu nawe yatangiye gushyira mu majwi u Rwanda avuga ko rudashakira DRC amahoro.

Yabivugiye muri Afurika Yepfo ubwo yari mu Nteko y’Abadepite b’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe yahateraniye mu buryo budasanzwe.

Yabivuze ubwo yahabwaga umwanya ngo agire icyo avuga ku mubano w’igihugu cye n’u Rwanda.

Mushiki wa Joseph Kabila yabwiye abari bamuteze amatwi ko igihugu cye kitifuriza inabi u Rwanda gusa ko igikomeje guteza umutekano muke ari abitwaje intwaro(Inyeshyamba) ziri mu Burasirazuba bwa Congo ‘zirimo na M23.’

Jaynet Kabila yasobanuye ko mu bihe bitandukanye  hagiye hashakwa inzira y’amahoro ariko atumva impamvu umutwe wa M23 ari wo wakomeza guteza impagarara mu gihugu.

M23 yo yavuze kenshi ko ubutegetsi bwa Kinshasa bwirengagiza nkana gushyira mu bikorwa kandi mu buryo bwuzuye amasezerano wagiranye nabwo mu bihe n’ahantu hatandukanye.

Politico.cd yanditse ko Jaynet Kabila yabwiye Abadepite bari bamuteze amatwi ati: “ Dufite abaturanyi bagera ku icyenda ariko dufitanye ikibazo  n’u Rwanda gusa. Ntabwo twatera ibuye uRwanda kandi nta n’ubwo twaritera Congo. Reka dukomeze dushakire hamwe igisubizo kirambye.”

Kuri iyi mvugo bisa n’aho yirinze guheza inguni ngo agire ‘uwo atera ibuye.’

Yunzemo ko yizeye ko igisubizo kirambye kizaboneka kuko abanye-Congo bari kubabara cyane.

Madamu Jaynet Kabila yavuze ko muri iki gihe bitumvikana ukuntu M23 yongeye kwiyubaka kandi mu mwaka wa 2013 yarasenyutse nyuma yo gutsindwa.

Mu mvugo yumvikanisha gushidikanya, yavuze ko u Rwanda rugomba kuba ari rwo rubyihishe inyuma.

U Rwanda rwahakanye kenshi kuba inyuma y’uyu mutwe, ruvuga ko ibibera muri DRC ari ikibazo kibareba, ko nta wundi ukwiye kubigerekwaho.

Mu ntangiriro z’iki cyumweru kizarangira Taliki 13, Ugushyingo, 2022 Ingabo za DRC zari yatangije ibitero simusiga kuri M23 zikoresheje  indege z’intambara zakuye mu Burusiya.

Nyuma  y’iminsi ibiri zaje kubihagarika  nyuma y’amakuru yavugwaga ko iki gihugu gishobora gufatirwa ibihano kuko abo kiri kwica ari abaturage bacyo.

TAGGED:AbaturageCongoDRCfeaturedIntambaraKabilaMushikiRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article U Rwanda Na Barbados Ni Ibihugu Bito Ariko Bifitiye Abatuye Isi Akamaro Kanini
Next Article CANAL+ RWANDA Yagabanyije Ibiciro Muri Poromosiyo Isoza Umwaka
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mu Rwanda Hamaze Kubakwa Ibiraro 300 Byo Mu Kirere

Ingabo Za Israel Zatangije Ibitero Byo Ku Butaka Byo Gusenya Gaza Yose

Musanze: Bafatanywe Litiro 1000 Z’Inzoga Itemewe

Amerika Yatwitse Ubundi Bwato Bwa Venezuela

AFC/M23 Irashaka Gushinga Igisirikare Cy’Umwuga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Ikipe y’Igihugu Y’Ingimbi Ya Volleyball Yitabiriye Igikombe Cya Afurika

Qatar Irashaka Kurega Netanyahu 

You Might Also Like

Mu mahangaUbuzima

Uganda: Batangiye Kwitegura Guhangana Na Ebola

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

Kagame Yayoboye Inama Y’Abaminisitiri Yibanze Ku Biciro By’Amashanyarazi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Inteko Y’U Rwanda Yikomye Iy’Ubumwe Bw’Uburayi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu mahanga

Ubwumvikane Bwa Amerika N’Ubushinwa Ku Ikoreshwa Rya TikTok

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?