Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Mushiki Wa Kabila Nawe Yinjiye Mu Byo Gushinja u Rwanda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Mushiki Wa Kabila Nawe Yinjiye Mu Byo Gushinja u Rwanda

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 11 November 2022 6:28 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Jaynet Kabila. Radio Okapi/ Ph. John Bompengo
SHARE

Mushiki wa Joseph Kabila Kabange witwa Jaynet Désirée Kabila Kyungu nawe yatangiye gushyira mu majwi u Rwanda avuga ko rudashakira DRC amahoro.

Yabivugiye muri Afurika Yepfo ubwo yari mu Nteko y’Abadepite b’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe yahateraniye mu buryo budasanzwe.

Yabivuze ubwo yahabwaga umwanya ngo agire icyo avuga ku mubano w’igihugu cye n’u Rwanda.

Mushiki wa Joseph Kabila yabwiye abari bamuteze amatwi ko igihugu cye kitifuriza inabi u Rwanda gusa ko igikomeje guteza umutekano muke ari abitwaje intwaro(Inyeshyamba) ziri mu Burasirazuba bwa Congo ‘zirimo na M23.’

Jaynet Kabila yasobanuye ko mu bihe bitandukanye  hagiye hashakwa inzira y’amahoro ariko atumva impamvu umutwe wa M23 ari wo wakomeza guteza impagarara mu gihugu.

M23 yo yavuze kenshi ko ubutegetsi bwa Kinshasa bwirengagiza nkana gushyira mu bikorwa kandi mu buryo bwuzuye amasezerano wagiranye nabwo mu bihe n’ahantu hatandukanye.

Politico.cd yanditse ko Jaynet Kabila yabwiye Abadepite bari bamuteze amatwi ati: “ Dufite abaturanyi bagera ku icyenda ariko dufitanye ikibazo  n’u Rwanda gusa. Ntabwo twatera ibuye uRwanda kandi nta n’ubwo twaritera Congo. Reka dukomeze dushakire hamwe igisubizo kirambye.”

Kuri iyi mvugo bisa n’aho yirinze guheza inguni ngo agire ‘uwo atera ibuye.’

Yunzemo ko yizeye ko igisubizo kirambye kizaboneka kuko abanye-Congo bari kubabara cyane.

Madamu Jaynet Kabila yavuze ko muri iki gihe bitumvikana ukuntu M23 yongeye kwiyubaka kandi mu mwaka wa 2013 yarasenyutse nyuma yo gutsindwa.

Mu mvugo yumvikanisha gushidikanya, yavuze ko u Rwanda rugomba kuba ari rwo rubyihishe inyuma.

U Rwanda rwahakanye kenshi kuba inyuma y’uyu mutwe, ruvuga ko ibibera muri DRC ari ikibazo kibareba, ko nta wundi ukwiye kubigerekwaho.

Mu ntangiriro z’iki cyumweru kizarangira Taliki 13, Ugushyingo, 2022 Ingabo za DRC zari yatangije ibitero simusiga kuri M23 zikoresheje  indege z’intambara zakuye mu Burusiya.

Nyuma  y’iminsi ibiri zaje kubihagarika  nyuma y’amakuru yavugwaga ko iki gihugu gishobora gufatirwa ibihano kuko abo kiri kwica ari abaturage bacyo.

TAGGED:AbaturageCongoDRCfeaturedIntambaraKabilaMushikiRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article U Rwanda Na Barbados Ni Ibihugu Bito Ariko Bifitiye Abatuye Isi Akamaro Kanini
Next Article CANAL+ RWANDA Yagabanyije Ibiciro Muri Poromosiyo Isoza Umwaka
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Hakozwe Umuti Wa Malaria W’Impinja

REMA Yatangaje Igihe Cyo Gusuzumisha Ibyuka Byo Mu Binyabiziga

Ibanga Kepler Yakoresheje Ngo Ihagarare Neza Muri Basket Y’Abagore

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

Kwitabira Gufata Irangamimerere Byitabirwe Na Buri Wese- MINALOC 

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Qatar Irongera Yakire Intumwa Za DRC Na AFC/M23

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Trump Arashaka Kwicaranya Putin Na Zelensky

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ibiza KamereMu RwandaUmutekano

Inkuba Zishe Bane Muri Batanu Bishwe N’Ibiza-MINEMA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Abayobozi Mu Burayi Bitabye Trump

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?