Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Musk Yavuye Mu Nshingano Yahawe Na Trump
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaPolitiki

Musk Yavuye Mu Nshingano Yahawe Na Trump

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 29 May 2025 10:50 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umuherwe wa mbere ku isi Elon Musk yatangaje ko yamaze gusezera mu nshingano za Politiki yari yarahawe zo gushyira ku murongo imikorere myiza ya Guverinoma.

Inshingano ze zari izo kureba niba nta bakozi b’ingwizamurongo bakora muri Leta, bakavanwa mu nshingano.

Elon Musk usanzwe ari nyiri urubuga X yarutangarijeho ko yavuye mu nshingano, ashimira Perezida Trump kubera icyizere yari yaramugiriye mu mezi make yari amaze mu kazi.

Musk yayoboraga urwego bise Department of Government Efficiency, Doge mu mpine y’Icyongereza.

Kuri X yanditse ati: “Ncyuye igihe mu kazi nakoraga muri Guverinoma ariko reka nshimire Perezida Trump ku cyizere yari yarampaye ngo dufatanye guca imicungire mibi muri Guverinoma”.

Yaboneyeho kuvuga ko gahunda yo gicunga neza umutungo wa Leta izakomeza kuko yamaze kwinjira mu mikorere rusange yayo.

Ku rundi ruhande, Musk avuye mu nshingano nyuma y’uko byari bimaze iminsi bivugwa ko yashyizwe ku ruhande.

Ababivugaga babishingiraga ku ngingo y’uko atari akigaragara cyane mu ruhame ari kumwe na Perezida Trump kandi byari bimaze kumenyerwa.

Politico yari iherutse kwandika ko kuba uyu mugabo atakigaragara nka mbere bigaragaza ko atakizewe na Perezida, hakiyongera ho ko hari abantu benshi bamwangira ko yabatesheje umugati.

Agiye nyuma gato y’ikiganiro yahaye CBS yavugiyemo amagambo bamwe bafata nk’uburyo bwerekana ko hari ibyo atishimiye bikorwa n’ubutegetsi bwa Donald Trump.

Yahavugiye ko anenga Politiki y’umusoro iherutse gushyirwaho igena Miliyari nyinshi z’amadolari($) zo kuzazamura urwego rw’igisirikare cya Amerika, gisanzwe ari cyo cya mbere ku isi.

Trump, nk’umucuruzi, yagize ati: “Iyo Politiki ishobora ‘kuba nini’ cyangwa ‘ikaba nziza’ ariko simpamya ko yabiba byombi”.

Avuga kandi ko iyo Politiki ya Trump izakoma mu nkokora imigendekere myiza ya Politiki yo kidasesagura Amerika yari itangiye kwimakaza.

Musk avuye mu nshingano amaze kugabanya imirimo yatwaraga Leta Miliyari $2 ariko akaba yari yariyemeje kuzagabanya ifite agaciro ka Miliyari $150.

Muri Leta zunze ubumwe z’Amerika, abakozi 260,000 bakuwe mu kazi abandi bagabanyirizwa umushahara n’inshingano.

Abakozi Miliyoni 2.3 nibo bakora mu nzego zose za Leta zunze ubumwe z’Amerika, igihugu gituwe n’abaturage 340,110,988, iyi ikaba imibare yo mu mwaka wa 2024.

Igihe yari amaze akorera Leta ya Trump cyatumye atabona umwanya wo kwita ku bigo bye none byatangiye guhomba.

Icyakora yanzuye ko agiye kubizanzamura.

TAGGED:AmerikafeaturedIgihuguIkoranabuhangaMuskTrumpUbukungu
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article RDB Yagize Icyo Ivuga Ku Ntambara Ya DRC
Next Article Ba Rwiyemezamirimo Bagiye Guhatanira Igihembo Cya Miliyoni $1.5
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abasirikare 100,000 Ba Israel Biteguye Gutangira Ibitero Bishya Muri Gaza

Qatar Mu Bufatanye N’u Rwanda Mu Gukora Imiti

Umuti Meya Wa Muhanga Aha Ibibazo Biri Mu Ngo

DRC Yarakajwe N’Uko Kenya Yagennye Uyihagarariye i Goma

Uko Umukino Wa APR Na Dynamos Wagenze

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

You Might Also Like

Mu RwandaUbuzimaUmutekano

Burera Ikomeje Kuba Icyambu Kinini Cy’ Ibiyobyabwenge

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Miliyoni Frw 464 Z’Ishimwe Zahawe Abatse EBM

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

DRC: Intara Ya Ituri Iri Kuberamo Imirwano Ikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?