Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Mutobo: Umwe Mubo Perezida Kagame Yahanye Imbabazi Na Rusesabagina Yaratorotse
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Mutobo: Umwe Mubo Perezida Kagame Yahanye Imbabazi Na Rusesabagina Yaratorotse

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 20 July 2023 10:32 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Amakuru avuga ko umugabo witwa Joseph Ntabanganyimana uri mu bantu Perezida Kagame yahanye imbabazi na Paul Rusesabagina na Sankara yatorotse aho yari ari kugororerwa mu kigo cya Mutobo mu Karere ka Musanze.

We na bagenzi be bahoze ari abarwanyi muri MRCD/FLN yashinzwe na Paul Rusesabagina.

Ni umwe mu bantu 20 bakatiwe n’urukiko kubera ibyaha rwabahamije ariko, mu bubasha ahabwa n’amategeko, Perezida Kagame aza kubabarira.

Joseph Ntabanganyimana yari yarafatiwe muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo mu myaka ishize.

Hagati aho amakuru atangazwa na kimwe mu binyamakuru byo mu Rwanda avuga ko ubwo yagezwaga i Mutobo ngo agororwe kimwe n’abandi, we yavugaga ko atari Umunyarwanda ahubwo ko ari umuturage wa Repubulika ya Demukarasi ya Congo.

Icyakora imyirondoro ye yagaragazaga ko ari umuturage w’i Karongi.

Mu kuburana kwe, Ntabanganyimana Joseph yiyitaga ko yitwa Combe Kalume Matata, izina ry’abaturanyi bo muri DRC.

Icyakora urukiko rwamuhamijwe uruhare mu gushaka ubwato n’icyambu mu gace ka Kalehe cyagombaga kwifashishwa mu kwambutsa abarwanyi ba MRCD/FLN bagana mu Rwanda.

We yarabihakanaga akavuga ko yari umushoferi w’amakamyo wakoreraga mu Mujyi wa Bukavu.

Yigeze ariko kuvuga ko hari abo yigeze gufasha kugura ubwato binyuze mu gusinya ku masezerano y’ubugure, ariko ngo ntiyari azi icyo bugiye gukoreshwa.

Mbere y’uko ahabwa imbabazi z’Umukuru w’igihugu, yari yarakatiwe gufungwa imyaka itatu.

TAGGED:AbarwanyiCongofeaturedMutoboRusesabaginaUmuturage
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Perezida Kagame Yakiriye Graça Machel Na Ellen Johnston Sirleaf
Next Article Abaturage Barakaye Batwika Ambasade Ya Suwede
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abayapani 100,000 Bagize Imyaka 100, Ibintu Bitigeze Biba Ahandi

Congo: ADF Yishe Abantu 102

Croix Rouge Mu Guhangana N’Ingaruka Z’Imihindagurikire Y’Ikirere

U Rwanda Rushyigikiye Ko Palestine Yigenga Byuzuye

REMA Irakataje Mu Gupima Ubuziranenge Bw’Ibyuka Biva Mu Binyabiziga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

General Kabandana Yatabarutse

Igisasu Cy’Uburusiya Cyarashwe Ku Nyubako Ya Guverinoma Ya Ukraine 

Rusizi: Meya Yasabye Abarimu Kureka Ubusinzi No Gutukana

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbuzima

Urubyiruko Rw’U Rwanda Ruriyahura Cyane-RBC

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbutabera

Gusomera Kabila Byasubitswe, Hari Ibigiye Gusubirwamo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Minisitiri w’Intebe Wa Qatar Arajya Kurega Israel Kuri Trump

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Polisi Irashakisha Abantu Bahohoteye Umugore Bikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?