Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Mutwarasibo Yiyahuye Kubera Umugore We
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUmutekano

Mutwarasibo Yiyahuye Kubera Umugore We

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 06 September 2025 1:20 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Bivugwa ko yiyahuye kubera ubusinzi bw'uwo bashakanye.
SHARE

Mu Mudugudu wa Bannyisuka, Akagari ka Nyarubuye, Umurenge wa Musanze, Akarere ka Musanze haravugwa urupfu rwa mutwarasibo wiyahuye abitewe no kutihanganira ubusinzi bw’umugore we.

Hari inyandiko bavuga ko ari we wasize uyanditse ikubiyemo icyamuteye kwiyambura ubuzima.

Amakuru Taarifa Rwanda yahawe n’umwe mu banyamakuru bakorera muri Musanze avuga ko muri iyo baruwa( atabashije kugumana kuko inzego zayijyanye) hari handitsemo ko uwo mugabo yari yayigeneye umuhungu we.

Yamwandikiye ko ‘agiye atabanga’ ahubwo ko ari Nyina wamujujubije kubera ubusinzi.

Handitsemo ko uwo mugore ataha hejuru ya saa sita z’ijoro, yagera mu rugo akabuza abantu gusinzira kandi akaba anywera amafaranga y’urugo harimo nayo kwishyurira abana.

Mu byo yibuka byari byanditsemo, umunyamakuru waduhaye amakuru ku byabaye ku wa Kane tariki 04, Nzeri, 2025 avuga ko hari ahagira hati: “Mwana wanjye ndagiye ariko simbaga. Nyoko yantesheje umutwe kandi ndabizi ngiye mwari munkeneye”.

Ikindi ni uko uwo Mutwarasibo wari ufite imyaka 43 y’amavuko mbere yo kwiyahura yabanje kwandikira Umukuru w’Umudugudu ubutumwa bumusezera, amubwira ko ‘umugeni agiye’.

Abamugeze ho bwa mbere bagasanga yapfuye, bavuga ko basanze apfukamye mu ijosi rye harimo umugozi kandi atwikirije igitenge.

Ikindi ni uko umuhungu wa nyakwigendera wahawe ubutumwa na Se, nawe hari ubundi yoherereje Nyina amusaba kuzita kuri barumuna be.

Abaturanyi bavuga ko umuryango wabereyemo iryo shyano wari umaze igihe mu makimbirane, bakemeza ko ahanini yaturukaga ku businzi bw’umugore.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Musanze,Twagirimana Edouard nawe yabwiye itangazamakuru ko basanze koko uriya mugabo yapfuye.

Ubugenzacyaha bwatangiye iperereza kuri iki kintu.

TAGGED:featuredKwiyahuraMusanzeUmugaboUmugore
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ebola Yagarutse Muri DRC
Next Article Rubavu: Minisitiri W’Intebe Yasuye Inganda Zikora Ku Kiyaga Cya Kivu
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Hari Ubwoba Bw’Intambara Ya Amerika Na Venezuela 

Rubavu: Minisitiri W’Intebe Yasuye Inganda Zikora Ku Kiyaga Cya Kivu

Mutwarasibo Yiyahuye Kubera Umugore We

Ebola Yagarutse Muri DRC

Musanze: Polisi Yafunze Ahengerwaga Inzoga Yitwa Karigazoke

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ubushinwa Bweretse Isi Ko Ku Ntwaro Bwihagazeho

Miliyari Frw 135 Zishyirwa Mu Kugaburirira Abana Ku Ishuri Buri Mwaka-Min. Bagabe

Abawazalendo Bigaragambije Ku Cyemezo Cya Leta

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

Abanyakigali Bakomeje Kugemurirwa Urumogi

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbukungu

Ab’i Musanze Bibukijwe Akamaro Ingagi Zibafitiye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Rwanda: Ibiciro By’Ibikomoka Kuri Petelori Byazamutse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu RwandaUbukungu

Twishimiye Drones Zitwara Abagenzi-Kagame Avuga Ku Ikoranabuhanga Mu By’Indege

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImyidagaduroMu Rwanda

Groupe Kassav Niyo Izasusurutsa Abazita Ingagi Amazina

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?