Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Namibia: Inyamaswa ‘Zitabarika’ Zishwe N’Inkongi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
IbidukikijeIbiza KamereMu mahanga

Namibia: Inyamaswa ‘Zitabarika’ Zishwe N’Inkongi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 30 September 2025 9:58 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Perezidansi ya Namibia yatangaje ko inkongi yadutse muri Pariki ya Etosha iri mu zikomeye muri Afurika yishe inyamaswa batarabarura ingano zazo kandi kimwe cya gatatu cyayo kirakongoka.

Inkubi yaje nyuma y’iyo nkongi niyo yatumye ibirimi by’uwo muriro bikwira ahantu hanini cyane kugeza n’ubwo Leta yohereje ingabo ngo zikoreshe kajugujugu mu kuyizimya.

Itangazo rya Perezidansi ya Namibia rigira riti: ” Inkongi yatwitse ahantu hanini, umubare w’ubwoko bwinshi bw’inyamaswa tutarabarura urashya ndetse n’urundi rusobe rw’ibinyabuzima rurahatikirira.”

Ku bw’amahirwe, nta muntu iyo nkongi irahitana.

Leta ya Namibia ivuga ko ubuso bungana na 34% bwa Pariki yose bwahiye kandi inkuru mbi kurusha ho ni uko uwo muriro wageze no mu bice bituwe n’abaturage by’ahitwa Omusati na Oshana.

Mu guhangana n’iki kiza, Leta yohereje abasirikare 500 ngo bakoreshe kajugujugu barebe ko bawuzimya baza kubigeraho ariko hangiritse byinshi.

Pariki ya Etosha yashinzwe mu mwaka wa 1907 ubwo Namibia yayoborwaga n’Abakoloni b’Abadage.

Ivugwaho kutabamo imibu itera Malaria bigaterwa n’uko ishyuha cyane kandi ntirangwemo ibidendezi byatuma ibona aho yororokera.

Ahabonetse amazi n’ubwo yaba make, hahita hahinduka lhuriro ry’inyamaswa ziganjemo izirisha n’izindi z’inyamabere, bikorohera mukerarugendo kuzibona.

Ibitera inkongi zo muri Pariki

Ahanini inkongi ziterwa n’ibikorwa bya muntu birimo abajugunya amasegereti mu bihuru byumagaye, mu byatsi byumagaye cyangwa imodoka zikaba zashya zigakongeza ibyo byanya.

Ikindi abahanga bavuga gishobora guteza inkongi mu byanya bikomye ni inkuba.

Ibyo byose bitizwa umurindi n’uko ibyatsi biba byarumishijwe n’izuba ry’impeshyi.

Kugira ngo iyo nkongi ikare, biterwa n’inkubi iza iyikurikiye, ikayikwirakwiza.

Akamaro k’inkongi muri Pariki

Nyuma y’inkongi ikongira byinshi, hari ibyiza biba muri Pariki.

Ibyo birimo ko hamera ibyatsi bundi bushya, amashyamba agashibuka, indabo bikaba uko ndetse inyamaswa zarokotse zikagaruka mu buzima bushya.

Icyakora abahanga bahita bihutira kureba niba ibice byahuye n’uwo muriro bitazahura n’ingaruka z’igihe kirekire zirimo isuri no kuba hari ubwoko bw’ibinyabuzima byapfuye bukazima burundu.

TAGGED:AbaturagefeaturedInkongiNamibiaPariki
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Trump Avuga Ko Netanyahu Yemeye Umugambi We Wo Kurangiza Intambara Na Hamas
Next Article Rwanda: Imirasire Igiye Gukoreshwa Mu Kuyungurura Amazi Yo Mu Ngo
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mobicash Yabaye Ihagaritswe 

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

DRC: Guverinoma Irashaka Kwisubiza Bunagana Kugeza Uvira

Inenge Mu Burezi Bw’u Rwanda Kubera Ruswa

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

‘Board Of Peace’ Ya Trump Ni Iki?

Burundi: Haravugwa Guhangana Hagati Ya Ndayishimiye N’Umunyamabanga  Wa CNDD-FDD

U Rwanda Rurashaka Ko Ubwongereza Buruha Amafaranga Yarwo Yose

Rulindo:Habonetse Imibiri 173 Y’Abazize Jenoside Yakorewe Abatutsi

Kigali: Umusore Yishe Mugenzi We Amuziza Umukobwa

You Might Also Like

Mu RwandaPolitiki

Inama Y’Igihugu Y’Umushyikirano Iragarutse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Drones Za Polisi Ziri Hafi No Gukorera Mu Mihanda Yo Mu Ntara 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeUbumenyi Rusange

Mu Isanzure Haba Inyenyeri Zingahe?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Abasora Ipatanti N’Umusoro Ku Nyungu Z’Ubukode Babyihutishe- Komiseri Muri Revenue 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?