Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Natty Dread Yapfuye Azize Kanseri
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
IbyamamareImyidagaduro

Natty Dread Yapfuye Azize Kanseri

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 14 June 2025 1:34 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Natty Dread ni Umunyarwanda wari ufite ubwenegihugu bwa Israel.
SHARE

Umunyarwanda wamamaye ku isi kubera gucuranga Reggae akaba yarakuriye kwa Bob Marley witwa Natty Dread yatabarutse azize uburwayi nk’uko abo mu muryango we babibwiye itangazamakuru.

Yari amaze iminsi arwariye mu Budage, akaba yatabarutse kuri uyu wa Gatanu tariki 13, Kamena, 2025.

Umwe mubo yafashije mu gukura kwabo avuga ko nawe amakuru y’urupfu rwa Natty yamugezeho ayahawe n’abo mu muryango we bari bamurwaje iyo mu Budage.

Mu minsi mike yatambutse Natty Dread yarorohewe aza mu Rwanda ariko ntiyahatinda.

Yari amaze igihe yivuriza kanseri mu bitaro bya Kaminuza byo mu Budage byitwa University Medical Center Hamburg-Eppendorf (UKE).

Uburwayi bwe bwakomeye guhera muri Nzeri, 2022, akomeza guhangana nabwo kugeza bumurunduye.

Ubwo aheruka mu Rwanda yari yaje kwitabira imurika rya filime ivuga ku buzima bwa Bob Marley ryabereye muri Canal Olympia , hari muri Gashyantare, 2024.

Amazina ye ubusanzwe ni Mitali Raphael, akaba  yaravutse mu mwaka wa 1969 ariko mu byangombwa bye handitsemo mu 1964.

 

Yavukiye muri Uganda aho ababyeyi be bari barahungiye, ahava afite imyaka itatu yimukana n’umuryango we bimukira muri Kenya.

Yahuriye n’inshuti z’umuryango zo muri Israel, zaje kumuhuza na Bob Marley muri Jamaica.

Natty yari asanzwe afite ubwenegihugu bwa Israel, azwi cyane mu ndirimbo ‘Hobe Rwanda’ yabaye ikimenyabose mu bakunzi ba muzika.

Asize abana barindwi yabyaranye n’abagore bane.

Natty Dread afite umwihariko wo kuba ari we muhanzi mpuzamahanga wa mbere wataramiye mu Rwanda nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi, icyo gihe byari mu gitaramo yahuriyemo na Cedella Booker Marley umubyeyi wa Bob Marley hari mu mwaka wa 1996.

 

TAGGED:DreadJamaicaKanseriKenyaReggaeRwandaUmuhanzi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ingo Mbonezamikurire Zigiye Guhabwa Ubushobozi Nk’Ubw’Amashuri Y’Incuke
Next Article Indege Za Israel Zateguriwe Gukomeza Ibitero Muri Iran
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

I Yeruzalemu Hagabwe Igitero Kica Batandatu Barimo Umugore Utwite

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

Nyamasheke: Yahitanywe N’Ikiraro Cyamuvunikiyeho Avuye Kunywa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ubushinwa Bweretse Isi Ko Ku Ntwaro Bwihagazeho

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

Miliyari Frw 135 Zishyirwa Mu Kugaburirira Abana Ku Ishuri Buri Mwaka-Min. Bagabe

Abawazalendo Bigaragambije Ku Cyemezo Cya Leta

Trump Yategetse Hamas Guhita Irekura Abanya Israel Bose Yashimuse

You Might Also Like

ImyidagaduroMu Rwanda

Groupe Kassav Niyo Izasusurutsa Abazita Ingagi Amazina

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Abanyakigali Bakomeje Kugemurirwa Urumogi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

U Rwanda Rwatumye Abaturage Bacu Bongera Gutekana-Min W’Ingabo Za Mozambique

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Abayobozi Bakuru Mu Ngabo Za Mozambique Bari Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?