Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Natty Dread Yapfuye Azize Kanseri
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
IbyamamareImyidagaduro

Natty Dread Yapfuye Azize Kanseri

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 14 June 2025 1:34 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Natty Dread ni Umunyarwanda wari ufite ubwenegihugu bwa Israel.
SHARE

Umunyarwanda wamamaye ku isi kubera gucuranga Reggae akaba yarakuriye kwa Bob Marley witwa Natty Dread yatabarutse azize uburwayi nk’uko abo mu muryango we babibwiye itangazamakuru.

Yari amaze iminsi arwariye mu Budage, akaba yatabarutse kuri uyu wa Gatanu tariki 13, Kamena, 2025.

Umwe mubo yafashije mu gukura kwabo avuga ko nawe amakuru y’urupfu rwa Natty yamugezeho ayahawe n’abo mu muryango we bari bamurwaje iyo mu Budage.

Mu minsi mike yatambutse Natty Dread yarorohewe aza mu Rwanda ariko ntiyahatinda.

Yari amaze igihe yivuriza kanseri mu bitaro bya Kaminuza byo mu Budage byitwa University Medical Center Hamburg-Eppendorf (UKE).

Uburwayi bwe bwakomeye guhera muri Nzeri, 2022, akomeza guhangana nabwo kugeza bumurunduye.

Ubwo aheruka mu Rwanda yari yaje kwitabira imurika rya filime ivuga ku buzima bwa Bob Marley ryabereye muri Canal Olympia , hari muri Gashyantare, 2024.

Amazina ye ubusanzwe ni Mitali Raphael, akaba  yaravutse mu mwaka wa 1969 ariko mu byangombwa bye handitsemo mu 1964.

 

Yavukiye muri Uganda aho ababyeyi be bari barahungiye, ahava afite imyaka itatu yimukana n’umuryango we bimukira muri Kenya.

Yahuriye n’inshuti z’umuryango zo muri Israel, zaje kumuhuza na Bob Marley muri Jamaica.

Natty yari asanzwe afite ubwenegihugu bwa Israel, azwi cyane mu ndirimbo ‘Hobe Rwanda’ yabaye ikimenyabose mu bakunzi ba muzika.

Asize abana barindwi yabyaranye n’abagore bane.

Natty Dread afite umwihariko wo kuba ari we muhanzi mpuzamahanga wa mbere wataramiye mu Rwanda nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi, icyo gihe byari mu gitaramo yahuriyemo na Cedella Booker Marley umubyeyi wa Bob Marley hari mu mwaka wa 1996.

 

TAGGED:DreadJamaicaKanseriKenyaReggaeRwandaUmuhanzi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ingo Mbonezamikurire Zigiye Guhabwa Ubushobozi Nk’Ubw’Amashuri Y’Incuke
Next Article Indege Za Israel Zateguriwe Gukomeza Ibitero Muri Iran
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Hakozwe Umuti Wa Malaria W’Impinja

REMA Yatangaje Igihe Cyo Gusuzumisha Ibyuka Byo Mu Binyabiziga

Ibanga Kepler Yakoresheje Ngo Ihagarare Neza Muri Basket Y’Abagore

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

Kwitabira Gufata Irangamimerere Byitabirwe Na Buri Wese- MINALOC 

You Might Also Like

Imyidagaduro

Ufite Inkomoko Mu Rwanda Agiye Guhatanira Kuba Miss Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUbukungu

Qatar Mu Bufatanye N’u Rwanda Mu Gukora Imiti

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

DRC Yarakajwe N’Uko Kenya Yagennye Uyihagarariye i Goma

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Miliyoni Frw 464 Z’Ishimwe Zahawe Abatse EBM

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?