Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: ‘Ndrangheta’: Icyago Cyugarije Isi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubumenyi Rusange

‘Ndrangheta’: Icyago Cyugarije Isi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 30 March 2021 1:18 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ndrangheta ni icyago gifite umwihariko. Si icyorezo nka COVID-19 , Ebola cyangwa SIDA ariko ni icyorezo ku bukungu, ubuzima n’umutekano w’abatuye ibihugu byinshi by’imigabane y’isi. Ndrangheta ni umuryango mugari w’abacuruza ibiyobyabwenge, intwaro, abantu n’ibindi bikorwa bitemewe n’amategeko.

Polisi mpuzamahanga ivuga ko uyu mutwe ai umwe mu mitwe y’abakora ibitemewe n’amategeko ya kera kandi ikize kurusha iyindi ku isi muri iki gihe. Washingiwe mu Butaliyani mu mpera z’Ikinyejana cya 18 Nyuma ya Yezu , ukaba abarirwa imari iri hekuru ya miliyari  €53.

Iyi mibare itangwa n’Ikigo cy’ubushakashatsi ku mikorere y’imiryango ikora ibitemewe n’amategeko kitwa Demoskopika Research Institute.

Niwo mutwe wo mu Butaliyani wonyine ukorera ku migabane yose y’Isi kandi mu nzego hafi ya zose z’ubuzima.

Polisi mpuzamahanga ivuga ko abagize umuryango Ndrangheta bakorana bya hafi n’abanyapolitiki hirya no hino ku isi, kandi ngo bakora ibishoboka byose bagashaka inshuti mu bihugu ndetse hakabaho no gushyingiranwa n’abakomeye kugira ngo babigarurire.

Ibi bifasha abari muri uriya muryango kubona uburyo bwo gucuruza ibiyobyabwenge uko bashaka, gukora no gukwirakwiza amafaranga, gucuruza abantu n’ibindi binyuranyije n’amategeko.

Polisi mpuzamahanga yarawuhagurukiye…

Ubuyobozi bukuru bwa Polisi mpuzamahanga, Interpol, bwashinze itsinda ryihariye ry’abapolisi mpuzamahanga bagamije guca intege ibikorwa bya Ndrangheta.

Umuyobozi mukuru wa Polisi mpuzamahanga Jürgen Stock avuga ko iryo tsinda baryise ‘I-CAN’, rikaba rifite ubutumwa bwo gukoma mu nkokora ibikorwa by’uriya muryango aho bishoboka hose ku isi.

Uriya mutwe wa Interpol uzafasha ibihugu byatoranyijwe kumenya imikorere ya Ndrangheta, guhanahana amakuru y’aho iteganya gukorera ibikorwa byayo no gukoresha ayo makuru kugira ngo abakorera bafatwe.

Muri 2010, ibikorwa by’uriya muryango byahombeje u Butaliyani byibura 3% by’umusaruro mbumbe wabwo.

Ibindi bihugu uriya muryango ukoreramo ni Albanie, Uruguay, Leta zunze ubumwe z’Amerika, u Bwongereza, u Busuwisi, Slovakia, Malta, u Buholandi, u Budage, Colombia, Canada, Brazil, u Bubiligi, Australia na Argentine.

TAGGED:ButaliyanifeaturedNdranghetaUmuryangoUmutwe
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article I&M Bank Rwanda Yungutse Miliyari 5.1 Frw Mu 2020
Next Article Social Mula Na Phil Peter Mu Bantu 39 Bafashwe Barenze Ku Mabwiriza Yo Kwirinda COVID-19
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ingabo Z’u Rwanda Zasinyanye N’Iz’Ubushinwa Amasezerano Y’Ubufatanye

Rihanna Agiye Kubona Icyo Yari Yarabuze

Ubukungu Bw’u Rwanda Bwazamutseho 7.8%-MINECOFIN

Uburundi: Umunyarwanda Yafunganywe N’Umu Youtuber

Dushora Mu Gusukura Ikirere Cyacu- Minisitiri Arakwiye

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Qatar Irashaka Kurega Netanyahu 

Ibya Ariel Wayz Byajemo Gishegesha

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

Urubyiruko Rw’U Rwanda Ruriyahura Cyane-RBC

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Imiterere Y’Ubucuruzi Bw’u Rwanda N’Amahanga Muri 2025

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Drone Y’Ingabo Z’u Rwanda Yakoze Impanuka 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Mu Rwanda Hamaze Kubakwa Ibiraro 300 Byo Mu Kirere

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Ingabo Za Israel Zatangije Ibitero Byo Ku Butaka Byo Gusenya Gaza Yose

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?