Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: ‘Ndrangheta’: Icyago Cyugarije Isi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubumenyi Rusange

‘Ndrangheta’: Icyago Cyugarije Isi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 30 March 2021 1:18 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ndrangheta ni icyago gifite umwihariko. Si icyorezo nka COVID-19 , Ebola cyangwa SIDA ariko ni icyorezo ku bukungu, ubuzima n’umutekano w’abatuye ibihugu byinshi by’imigabane y’isi. Ndrangheta ni umuryango mugari w’abacuruza ibiyobyabwenge, intwaro, abantu n’ibindi bikorwa bitemewe n’amategeko.

Polisi mpuzamahanga ivuga ko uyu mutwe ai umwe mu mitwe y’abakora ibitemewe n’amategeko ya kera kandi ikize kurusha iyindi ku isi muri iki gihe. Washingiwe mu Butaliyani mu mpera z’Ikinyejana cya 18 Nyuma ya Yezu , ukaba abarirwa imari iri hekuru ya miliyari  €53.

Iyi mibare itangwa n’Ikigo cy’ubushakashatsi ku mikorere y’imiryango ikora ibitemewe n’amategeko kitwa Demoskopika Research Institute.

Niwo mutwe wo mu Butaliyani wonyine ukorera ku migabane yose y’Isi kandi mu nzego hafi ya zose z’ubuzima.

Polisi mpuzamahanga ivuga ko abagize umuryango Ndrangheta bakorana bya hafi n’abanyapolitiki hirya no hino ku isi, kandi ngo bakora ibishoboka byose bagashaka inshuti mu bihugu ndetse hakabaho no gushyingiranwa n’abakomeye kugira ngo babigarurire.

Ibi bifasha abari muri uriya muryango kubona uburyo bwo gucuruza ibiyobyabwenge uko bashaka, gukora no gukwirakwiza amafaranga, gucuruza abantu n’ibindi binyuranyije n’amategeko.

Polisi mpuzamahanga yarawuhagurukiye…

Ubuyobozi bukuru bwa Polisi mpuzamahanga, Interpol, bwashinze itsinda ryihariye ry’abapolisi mpuzamahanga bagamije guca intege ibikorwa bya Ndrangheta.

Umuyobozi mukuru wa Polisi mpuzamahanga Jürgen Stock avuga ko iryo tsinda baryise ‘I-CAN’, rikaba rifite ubutumwa bwo gukoma mu nkokora ibikorwa by’uriya muryango aho bishoboka hose ku isi.

Uriya mutwe wa Interpol uzafasha ibihugu byatoranyijwe kumenya imikorere ya Ndrangheta, guhanahana amakuru y’aho iteganya gukorera ibikorwa byayo no gukoresha ayo makuru kugira ngo abakorera bafatwe.

Muri 2010, ibikorwa by’uriya muryango byahombeje u Butaliyani byibura 3% by’umusaruro mbumbe wabwo.

Ibindi bihugu uriya muryango ukoreramo ni Albanie, Uruguay, Leta zunze ubumwe z’Amerika, u Bwongereza, u Busuwisi, Slovakia, Malta, u Buholandi, u Budage, Colombia, Canada, Brazil, u Bubiligi, Australia na Argentine.

TAGGED:ButaliyanifeaturedNdranghetaUmuryangoUmutwe
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article I&M Bank Rwanda Yungutse Miliyari 5.1 Frw Mu 2020
Next Article Social Mula Na Phil Peter Mu Bantu 39 Bafashwe Barenze Ku Mabwiriza Yo Kwirinda COVID-19
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Muzaze Dushimire Imana Ibyiza Yagejeje Ku Gihugu-Amb Murigande

Kagame Yaganiriye Na Mugenzi We Wa Mozambique

Perezida Wa Mozambique Yatangiye Uruzinduko Mu Rwanda

Uburundi Bugiye Kubaka Gariyamoshi

Ubuhinde Burashaka ‘Kwigira’, Burambiwe Amerika

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Kacyiru Hari Gusizwa Ibibanza Bizubakwamo Inzu Ndende ‘Koko’

Kagame Yaganirije Ingabo Azisanze i Gabiro

Undi Muyobozi Muri WASAC Yafunzwe

Yanditse Igitabo Ku Gahinda Yatewe No Gupfusha Umugore We

You Might Also Like

IbidukikijeMu Rwanda

Meteo Rwanda Irateguza Imvura Irimo Inkuba Mu Gihugu Hose

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Abanyamakuru Barekuwe N’Urukiko Rwa Gisirikare

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeUbukungu

RDB Yamaze Impungenge Abafite Hoteli Mu Birunga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Ingengabihe Y’Umwaka Utaha W’Amashuri Yatangajwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?