Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Gasabo: Abahesha B’Inkiko Baravugwaho Kubangamira Abarokotse
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Gasabo: Abahesha B’Inkiko Baravugwaho Kubangamira Abarokotse

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 15 April 2024 8:22 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ubwo hibukwaga Abatutsi biciwe muri Centre Christus i Remera mu Karere ka Gasabo, hari taliki 12, Mata, 2024, Perezida wa IBUKA yavuze ko hari abahesha b’inkiko bahishe amarangizarubanza y’abarokotse Jenoside.

Uyu mugabo witwa Théogène Kabagambire yabitangarije abitabiriye gahunda yo Kwibuka yabereye mu kigo cy’Abayezuwiti cya Centre Christus i Remera, ku wa Gatanu tariki 12 Mata 2024.

Muri Christus hari urwibutso rw’Abapadiri n’Ababilira 17 bahiciwe ubwo Jenoside yakorewe Abatutsi yahakorerwaga.

Kudaha abarokotse amarangizarubanza byadindije ishyirwa mu bikorwa by’ibyemezo by’inkiko bituma badahabwa ubutabera.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

IBUKA ivuga ko uko gutinda guhabwa ubutabera byahaye abakoze Jenoside uburyo bwo kutishyura imitungo bangije barinda bimurwa n’Umujyi wa Kigali ubwo wabaga ugiye gushyira ibikorwaremezo ibunaka.

Muri gacaca hari abahamijwe ibyaha ariko ntibyashyirwa mu bikorwa

Kubimura kandi byajyaniranaga no kubaha ingurane, bagenda batyo.

Hari n’abapfuye batishyuye abo bangirije ibyabo.

Kabagambire avuga ko muri rusange inzibutso 10 z’Akarere ka Gasabo zishyinguwemo imibiri irenga ibihumbi 133,470.

Abatarashyinguwe bakaba ari abajugunywe mu migezi no mu biyaga  n’abatarerekanwa barimo imiryango 53 muri Gasagara i Rusororo, yari igizwe n’abantu bikekwa ko bagera kuri 600.

- Advertisement -

Kabagambire avuga ko nta mibare afite y’abarokotse Jenoside bishyuza imitungo yabo yangijwe, ariko ngo amadosiye yabo ari mu maboko ya bamwe mu bahesha b’inkiko bakoreye mu Mirenge ya Kimihurura na Kacyiru.

IBUKA yumvise ko hari bamwe mu bishyuzwa bagurishije ku mitungo yagombaga guhabwa abarokotse Jenoside.

Umuyobozi wungirije w’Umujyi wa Kigali ushinzwe Ubukungu n’Imibereho myiza, Urujeni Martine, yizeza ko imanza z’imitungo y’abarokotse Jenoside zujuje ibisabwa zizarangizwa muri uyu mwaka wa 2024.

Bagenzi bacu ba Kigali Today bari aho uyu muhango wabereye banditse ko Urujeni yagize ati: “Dufite gahunda y’uko muri uyu mwaka wa 2024, imanza zujuje ibisabwa, ni ukuvuga abakatiwe n’inkiko Gacaca bakaba bakidegembya batishyura ndetse n’ababishyuza bakaba bahari, uyu mwaka uzarangira izo manza zose zerekeranye n’imitungo zararangijwe”.

Urujeni avuga ko bazakomeza no guhuza abafite imanza z’imitungo y’abarokotse Jenoside zikirimo imbogamizi, kugira ngo na bo bahabwe ubutabera.

TAGGED:featuredGasaboImanzaJenosideUrujeni
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Cardinal Wa Kinshasa Yambuwe Passport
Next Article Perezida Kagame Araha Abasirikare Ipeti Binjire Mu Bofisiye
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Dangote Akomeje Kuyobora Abaherwe Ba Afurika

Jeannette Kagame Arahemba Abakobwa Batsinze Neza Ibizamini Bya Leta

Abanyamahanga Biga Muri Harvard Bareze Leta Ya Trump

Uko I&M Bank Rwanda Yungutse Mu Mezi Atatu Ashize

Martin Ngoga Yabaye Ambasaderi W’u Rwanda Muri UN

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nyarugenge: Imodoka Ya WASAC Yibwe

Nyagatare: Haravugwa Kotsa Burushete Z’Imbwa 

Uwahoze Muri RDF Akurikiranyweho Ibyaha Byo Mu Mabuye y’Agaciro

BNR Mu Ngamba Zo Kurushaho Guteza Imbere Ikoranabuhanga Mu Kwishyurana

Cardinal Kambanda Yatunguwe No Kumva Ko Kwa Yezu Nyirimpuhwe Hafunzwe

You Might Also Like

Mu RwandaUbuzima

Abatuye Umujyi Wa Kigali Bari Mu Bibasiwe Na Malaria

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Intambara Y’Amagambo Hagati Ya Israel N’Ubwongereza

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Kabila Yambuwe Ubudahangarwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

RIB Yafunze Abanyamahanga Batatu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?