Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Nduhungirehe Yabwiye Abanyaburayi Ko u Rwanda Rutatangije Ibibazo Bya DRC 
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Nduhungirehe Yabwiye Abanyaburayi Ko u Rwanda Rutatangije Ibibazo Bya DRC 

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 11 March 2025 10:35 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane mu Rwanda , Amb. Olivier Nduhungirehe yabwiye abayobozi b’Umuryango w’Ubumwe bw’Uburayi ko u Rwanda rutigeze ruba nyirabayazana w’ibibazo bya DRC.

Kuri X handitse ko Nduhungirehe yavuze ko amakimbirane ari muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo atatangijwe n’u Rwanda, kandi ko rutazemera kwikorera umutwaro w’imiyoborere mibi y’iki gihugu.

Minisitiri Nduhungirehe yaraye abibwiye itsinda ry’abayobozi b’ibihugu by’Umuryango w’Ibihugu by’Uburayi (EU) riyobowe na Kaja Kallas, ushinzwe Ububanyi n’Amahanga, politiki n’umutekano akaba na Visi Perezida wa Komisiyo y’Umuryango w’Ubumwe bw’Uburayi.

Hagati aho inama y’Abaminisitiri b’Ububanyi n’Amahanga b’ibihugu bigize Uburayi bwunze ubumwe iherutse guterana yanzura ko u Rwanda rudahita rufatirwa ibihano kubera ibirego rushinjwa mu ntambara zimaze imyaka mu Burasirazuba bwa DRC.

Banzuye ko ibyemezo bya politiki bizafatwa hagendewe ku bikorwa bigezweho.

Minisitiri Nduhungirehe yavuze ko ibibazo by’umutekano w’u Rwanda bimaze igihe kinini byirengagizwa cyangwa ntibihabwe agaciro, abantu ntibite ku mutwe w’abajenosideri wa FDLR, ufatwa nk’ikibazo kibangamiye umutekano mu bice byegereye umupaka w’u Rwanda.

Nduhungirehe  ati: “Ibibazo by’umutekano w’u Rwanda bimaze igihe byirengagizwa ntibihabwe agaciro, hatitawe ku kuba FDLR ari ikibazo gikomeye kibangamiye umutekano mu bice byegereye umupaka, ukaba ushyigikiwe n’Ingabo za Congo n’ihuriro ry’Ingabo bifatanyije”.

Minisitiri Nduhungirehe yagaragaje kandi ko ibinyoma by’ibihugu byo mu Burengerazuba bw’isi  ku kibazo cyo mu Burasirazuba bwa DRC hamwe n’ibihano bikomeje gufatirwa u Rwanda ntacyo bizafasha mu gutanga igisubizo kirambye.

Yavuze ko ababifata batyo basa nk’abakorera Guverinoma ya DRC, bikarushaho kongerera ubukana amakimbirane no gutesha agaciro inzira y’ubuhuza iyobowe na Afurika, u Rwanda rwiyemeje gushyigikira byimazeyo.

Mu itsinda ry’intumwa z’u Rwanda muri ibyo biganiro harimo Umuvugizi wa Guverinoma, Yolande Makolo, Ambasaderi w’u Rwanda mu Budage, Igor César, Brig.Gen Karuretwa Patrick, Perezida w’Urukiko Rukuru rwa Gisirikare ndetse na Aimable Havugiyaremye, Umuyobozi Mukuru w’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Iperereza n’Umutekano.

TAGGED:featuredMinisitiriNduhungireheUburayiUmutekano
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kagame Yaganiriye N’Umuyobozi Wa Banki Y’Isi Mu Karere u Rwanda Ruherereyemo
Next Article Harategurwa Uko M23 Yazaganira Na Tshisekedi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mfite Impungenge Ko Ibyo Kwaka FDLR Intwaro Bizaba Amasigarakicaro- Dr Buchanan

Ingabo Za Amerika Zamaze Kugera Muri Israel

Makuza Ayoboye Indorerezi Za Afurika Yunze Ubumwe Mu Matora Yo Muri Cameroun

Knowless Yagiye Tanzania Kuhasohorera Indirimbo

DRC: Leta Yategetse FDLR Kwishyira Mu Maboko Y’Ingabo

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

Musanze: Umusore Na Nyina Bafatanywe Urumogi

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUmutekano

Rwanda: Amagaraje Atujuje Ibisabwa Azafungwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yaganiriye N’Abayobozi Ba EU K’Ubufatanye Mu Gukora Inkingo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Gasabo: Arakekwaho Kwangiza Amapiloni Y’Amashanyarazi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?