Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Nduhungirehe Yabwiye Amahanga Ko Kurasa Mu Rwanda Kwa DRC Ari Ikosa Rikomeye
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Nduhungirehe Yabwiye Amahanga Ko Kurasa Mu Rwanda Kwa DRC Ari Ikosa Rikomeye

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 29 January 2025 12:04 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Nduhungirehe Olivier yabwiye Akanama k’Afurika yunze ubumwe gashinzwe amahoro ko kurasa mu Rwanda kwakozwe na DRC mu minsi ishize ari ikosa rikomeye rikwiye kwamaganwa na buri wese.

Yabivugiye mu nama yahuje abashinzwe ububanyi n’amahanga n’umutekano bo muri Afurika yabaye mu buryo bw’ikoranabuhanga.

Nduhungirehe yavuze ko ikindi kibazo gikomeye kandi gikwiye kwamaganwa ari intego ya Perezida Tshisekedi yo guhindura ubutegetsi bw’i Kinshasa, bigakorwa binyuze mu ngufu za gisirikare.

Yagize ati: ” Ikibazo cy’umutekano muke muri DRC cyagombye kuba cyarakemutse kera iyo biza guca mu biganiro bya Politiki. Iyo hifashishwa inzira ya Politiki ibintu biba byaragenze neza kera”.

Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’u Rwanda avuga ko ibiganiro bya Nairobi n’ibya Luanda byombi ari ingirakamaro ariko bikwiye kugera ku gikenewe ari cyo umuti urambye ku mahoro mu Karere ruherereyemo.

Uruhande rwa DRC rwo rukomeje kwemeza ko u Rwanda ari rwo rufasha M23, bityo ko rukwiye kwamaganwa.

Umuhati w’ububanyi n’amahanga urakomeje ngo iki kibazo kibonerwe umuti.

Kuri uyu wa Gatatu Tariki 29, Mutarama, 2025 i Nairobi hateganyijwe Inama iri buhuze Abakuru b’ibihugu byo mu Karere k’Afurika y’Uburasirazuba yatumijwe na Perezida wa Kenya William Rugo ngo bige ku biri kubera i Goma.

Aho i Goma hamaze iminsi higaruriwe n’abarwanyi ba M23 nyuma yo kuhirukana ingabo za DRC ndetse n’abasirikare ba SADC bari babashije.

Umunyamabanga wa Leta ya Amerika ushinzwe ububanyi n’amahanga Marco Rubio yaraye aganiriye na Perezida Kagame kuri iyo ngingo.

Yaba Rubio yaba na Kagame bombi bavuga ko igikwiye ari uko amahoro arambye aboneka mu Karere kuko, nk’uko Rubio yabyanditse, ari bwo kazatera imbere mu buryo burambye.

TAGGED:AmahangaDRCfeaturedM23NduhungireheRubioRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abanyaburayi Bahaye DRC Inkunga Ya Miliyoni Euro 60
Next Article Abacanshuro Bafashaga FARDC Baciye Mu Rwanda Bacyurwa Iwabo
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Trump Yategetse Hamas Guhita Irekura Abanya Israel Bose Yashimuse

Abawazalendo Bigaragambije Ku Cyemezo Cya Leta

Abangavu B’u Rwanda Batangiye Neza Irushanwa Nyafurika Rya Basketball

Ubushinwa Bweretse Isi Ko Ku Ntwaro Bwihagazeho

Abanyakigali Bakomeje Kugemurirwa Urumogi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ubushinwa Bweretse Isi Ko Ku Ntwaro Bwihagazeho

Miliyari Frw 135 Zishyirwa Mu Kugaburirira Abana Ku Ishuri Buri Mwaka-Min. Bagabe

Abanyakigali Bakomeje Kugemurirwa Urumogi

Abawazalendo Bigaragambije Ku Cyemezo Cya Leta

Trump Yategetse Hamas Guhita Irekura Abanya Israel Bose Yashimuse

You Might Also Like

Mu RwandaPolitiki

Abangilikani Bizihije Imyaka 100 Ishize Bageze Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Kacyiru Hari Gusizwa Ibibanza Bizubakwamo Inzu Ndende ‘Koko’

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Rwanda: Abohereza Ikawa Mu Burayi Basabwe Gukurikiza Ibyo Bushaka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

U Rwanda Rwatumye Abaturage Bacu Bongera Gutekana-Min W’Ingabo Za Mozambique

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?