Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Nel Ngabo Yishimira Aho Ageze Akorana Na Bagenzi Be
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
ImyidagaduroMu Rwanda

Nel Ngabo Yishimira Aho Ageze Akorana Na Bagenzi Be

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 28 July 2024 10:17 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umwe mu bahanzi bakunzwe mu Rwanda witwa Nel Ngabo avuga ko kuva umwaka wa 2024 watangira yakoranye na bagenzi be indirimbo nziza kandi ko ibyo ari ibyo kwishimirwa.

Nk’ubu aherutse gukorana na DJ Toxxyo n’umuraperi King Kivumbi indirimbo bise Slim Daddy kandi nayo yaje ikurikira indi yakoranya na Kenny Sol yiswe Molomita iri muzo urubyiruko ruharaye muri iki gihe.

Ngabo aherutse kubwira bagenzi bacu ba IGIHE ko gukorana na bagenzi be byatumye azamura urwego kandi ari ibintu bishimishije.

Ati: “Umwaka wa 2024 nawuhariye indirimbo nkorana n’abandi bahanzi biganjemo abo mu Rwanda. Uretse izimaze gusohoka ndakwizeza ko mfite n’izindi ndi guteganya gushyira hanze”.

Nubwo ari uko bimeze, ku rundi ruhande avuga ko mu mizo ya mbere atari afite gahunda  yo gukorana na bagenzi be ahubwo yumvaga yakora ize ku giti cye.

Yaje guhindura imvugo, ubu amaze gukorana na benshi kandi bakunzwe mu Rwanda.

Ati “Kuva nakwinjira mu muziki, wasangaga nibanda ku ndirimbo zanjye gusa nubwo hari ubwo nanyuzagamo nkakorana n’abandi ariko nabwo wasangaga ndeba abakuru gusa. Ubu umwihariko wa 2024 ni ugukorana n’urungano rwanjye muri muzika”.

Izindi ndirimbo yakoranye na bagenzi ni iyitwa Kawooma yakoranye na Juno Kizigenza, Ivre yakoranye na Ruti Joël n’izindi.

Iby’uko gukorana n’abandi bahanzi ari ingirakamaro kuri we, Nel Ngabo abitangaje atinze kuko umwana wa 2024 ubura amezi ane n’iminsi mike ngo urangire.

TAGGED:AbahanziNelNgaboRwandaUmuhanziUmwaka
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Undi Munyarwandakazi Yatsinzwe Atarenze Umutaru Mu Mikino Olempiki
Next Article DRC: Barindwi Baguye Mu Mubyigano Wabereye Mu Gitaramo
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Guinea-Bissau: Perezida Umaro Sissoco Embaló Yahiritswe K’Ubutegetsi

Nduhungirehe Ashimangira Ko FDLR Ikiri Ikibazo K’u Rwanda

Ingabo Za Israel Zaje Mu Rwanda, Abaganga Bayo Bajya i Burundi

Kapiteni Wa Kiyovu Sports Yahaniwe Imyitwarire Mibi

Abana Bafite Ubumuga Barakimwa Amahirwe Yo Kwiga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

IVUGURUYE: Umuyobozi W’Ikirenga Wa Qatar Yageze i Kigali

Ibya Rayon Sports Leta Yongeye Ibyinjiramo

Nta Muntu Uri Hejuru Y’Amategeko- Rutikanga Avuga Ku Ifungwa Ry’Abanya Sudani

Igitutu Cya Trump Kuri Ukraine Ngo Ikunde Ibone Amahoro

Abajenerali 21 Ba DRC Baravugwaho Kuyigambanira

You Might Also Like

Mu Rwanda

Umuyobozi Wa Imbuto Foundation Hari Icyo Asaba Abato

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Gisagara: Ikamyo Ya Howo Yishe Abana Babiri

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'Abaturage

Nyamagabe: Ikibazo Cy’Ingo Zidafite Ubwiherero Buboneye Kirakomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imyidagaduro

Airtel-Rwanda Na Mbonyi Barabararitse Mu Gitaramo Icyambu Tour 4

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?