Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Nepal Nayo Yibasiwe N’Umutingito
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Nepal Nayo Yibasiwe N’Umutingito

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 07 January 2025 4:50 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Nepal
SHARE

Nyuma y’uko Ubushinwa buzindukiye mu gahinda bwatewe n’uko umutingito ufite ubukana bwa 7.1 uhitanye abakabakaba 100, ubuyoyozi bwa Nepal nabwo bwavuze ko abaturage b’iki gihugu bibasiwe nawo, uhitana abantu 143.

Uwabaye muri Nepal wo wari ufite ubukana bwa 5.6, ariko wangiza byinshi kuko uretse abo bantu wahitanye, hari inzu nyinshi wangije, utuma abantu benshi bava mu byabo.

Kimwe mu byatumye ugira ubukana bukomeye binyuze mu kwica abantu benshi ni uko wabaye mu ijoro, benshi basinziriye.

Ahitwa Jajarkot hapfiriye abantu 105 naho ahitwa Rukum hapfira abandi 38.

Hari abarenga 100 bakomerekejwe n’inzu zabagwiriye n’ibindi byabahanukiye.

Abatabazi baje kureba abagihumeka ngo babakure munsi y’inkuta zabagwiriye, ariko bibanza kugorana kuko imihana yasenywe nawo.

Byabaye ngombwa ko Leta ikoresha kajugujugu.

Ubuyobozi bwa Nepal bwifatanyije n’ababuze ababo, kandi n’abaturanyi ba Nepal bo mu Buhinde nabo bifatanyije nabo mu gahinda ko gupfusha abantu bene ako kageni.

Nepal ikunze kwibasirwa n’ibiza bitewe n’ahantu iherereye ndetse n’imiterere y’ubutaka bwayo. Mu 2015, umutingito wari ku gipimo cya 7.8 warayibasiye, wica abantu bagera ku 9000, abandi barenga 22.000 barakomereka.

TAGGED:AbantuNepalUbuyoboziUmutingito
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Jean Marie Le Pen Yapfuye
Next Article Nduhungirehe Ntiyumva Impamvu Kuba M23 Yafashe Masisi Byabujije Abantu Amahwemo
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kagame Yaganiriye N’Abayobozi Ba EU K’Ubufatanye Mu Gukora Inkingo

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

Gasabo: Arakekwaho Kwangiza Amapiloni Y’Amashanyarazi

Ab’i Rwamagana N’i Kigali Bagiye Kubona Andi Mazi Meza

Israel Na Hamas Basinye Icyiciro Kibanza Cy’Amasezerano Y’Amahoro Ya Trump

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

Musanze: Umusore Na Nyina Bafatanywe Urumogi

Minisitiri W’Intebe Yakiriye Abanyarwanda Bitabiriye UCI

You Might Also Like

Mu mahangaRwiyemezamirimoUmutekano

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu mahanga

Imikino Ya NBA Igiye Gusubukurwa Mu Bushinwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Macron Mu Ihurizo Ryo Kubona Minisitiri W’Intebe Uhamye 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Ubufaransa: Minisitiri W’Intebe Utarumazeho Ukwezi YEGUYE

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?