Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ngirente Avuga Ko U Rwanda Rushaka Ko Abikorera Barushaho Guteza Imbere Ubuhinzi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbukungu

Ngirente Avuga Ko U Rwanda Rushaka Ko Abikorera Barushaho Guteza Imbere Ubuhinzi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 06 September 2024 3:28 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda Dr. Edouard Ngirente asanga Leta ikwiye gukorana bya hafi n’abikorera ku giti cyabo kugira ngo bagire uruhare runini mu iterambere ry’ubuhinzi.

Yabivuze kuri uyu wa Gatanu mu ijambo yahaye abamaze iminsi mu Rwanda mu nama mpuzamahanga yigaga k’uguteza imbere uruhererekane rw’ibikomoka ku buhinzi, Africa Food Systems Forum.

Ngirente yababwiye abo banyacyubahiro barimo na Mariam Desalegn wahoze uyobora Ethiopia ko ubuhinzi ari inkingi ikomeye yo guteza imbere imibereho y’abantu.

Avuga ko kugira ngo bushobore gutera imbere mu buryo burambye ari ngombwa ko Leta zikorana bya hafi n’abikorera ku giti cyabo, nabo bakabushoramo imari.

Yavuze ko Guverinoma y’u Rwanda abereye Minisitiri w’Intebe guhera mu mwaka wa 2017 yashyize imbaraga mu kuzamura ubuhinzi binyuze mu kubugira ubwa kijyambere.

Ndetse ngo u Rwanda rusanganywe gahunda yo kuba ubuhinzi bwabaye isoko yo kwihaza mu biribwa ku Banyarwanda bose bitarenze umwaka wa 2050.

Icyakora Ngirente avuga ko ibyo u Rwanda rukora muri uru rwego rw’ubukungu bijyaniranye na gahunda z’Umuryango w’Abibumbye ziswe iz’iterambere rirambye.

Avuga ko uburyo u Rwanda ruvugururamo ubuhinzi bwarwo bujyanye no gushaka imbuto irobanuye, itubuye, ihinze ku butaka bufumbiwe kandi bwegeranyijwe.

Kugira ngo ibyo ruzabigereho, Guverinoma y’u Rwanda yashyizeho imikoranire ihamye hamwe n’urwego rw’abikorera.

Abikorera ku giti cyabo bitezweho kuzazamura ubuhinzi binyuze mu kubushoramo imari n’ikoranabuhanga no mu bindi byatuma butera imbere.

Edouard Ngirente asanga ibyo kugira ngo bizarambe bzasaba ko urubyiruko rubigiramo uruhare.

Ashima ko ibyo byatangiye kuko kuteza ubu hari benshi muri rwo batangiye kujya muri uru rwego rw’ubukungu kandi rwatangiye kubazanira imari.

Yagize ati: “U Rwanda rushima ko muri iki gihe hari umubare munini w’urubyiruko rwamaze kwinjira mu buhinzi bwa kijyambere kugira ngo butange umusaruro ukenewe”.

Umukuru wa Guverinoma y’u Rwanda avuga ko ubuyobozi bukora uko bushoboye kugira ngo bugabanye ibyago byaterwa n’ibiza cyangwa ibindi bigwirira abahinzi.

Ni muri ubwo buryo yashyizeho ikigega kizajya gitera inkunga imishinga y’ubuhinzi.

Muri uyu mujyo, hari miliyoni $ 2 ziri hafi gupiganirwa n’abakoze imishinga iteza imbere uru rwego, imishinga itsinze ikayahabwa.

Afurika ni umugabane munini mu buso kandi ukize ku butaka no ku mazi.

Ibyo biwuha amahirwe yo guteza imbere ubuhinzi ariko hakabura ikoranabuhanga ryafasha uyu mugabane kweza bihagije.

Kuba muri iki gihe hagaragara ubushake bwa Politiki bwo kubikora bigaragaza ko ibintu bishobora kuzahinduka mu gihe kiri imbere, abatuye Afurika bakarekwa kwicwa n’inzara cyangwa kugwingiza abana.

TAGGED:AfurikafeaturedInamaIntebeMinisitiriNgirenteUbuhinzi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Mozambique: Ingabo Z’u Rwanda Zubakiye Abana Amashuri
Next Article Nduhungirehe Yaciye Amarenga Ko Umubano W’u Rwanda N’Uburundi Uzaba Mwiza
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Undi Mugore Yafatanywe Urumogi

Miliyoni Frw 464 Z’Ishimwe Zahawe Abatse EBM

Babona Bate Inkuru Zibakorwaho?

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

Gatsibo: Babwiye PM Nsengiyumva Ibyiza Byo Gutura Ku Mudugudu

‎Gasabo: Bafatanywe Ibilo 31 By’Urumogi Byavaga i Kirehe Bijya i Muhanga

You Might Also Like

Mu RwandaUbuzimaUmutekano

Musanze: Abanyonzi Bibukijwe Akamaro Ka Gerayo Amahoro

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu RwandaUbuzima

Rulindo: Abaturage Biyemeje Kurinda Ibidukikije

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

Minisitiri W’Intebe Yasuye Icyanya Cy’Inganda Cya Musanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?