Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ngirente Yashimye Imikoranire Ye Na Perezida Kagame
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaPolitiki

Ngirente Yashimye Imikoranire Ye Na Perezida Kagame

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 24 July 2025 6:46 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Dr. Edouard Ngirente yari amaze imyaka umunani ayoboye Guverinoma.
SHARE

Dr. Edouard Ngirente wari umaze imyaka umunani ari Minisitiri w’Intebe muri Guverionoma y’u Rwanda yasimbuwe; ashimira Perezida Kagame wamugiriye icyizere mu gihe yari amaze ayoboye abandi ba Minisitiri.

Kuri X, Ngirente yanditse ko mu myaka amaze muri izo nshingano yungutse byinshi, ayiboneramo ubumenyi bwamufashije kuzuza neza ibyo yari ashinzwe.

Uwamusimbuye  Dr. Justin Nsengiyumva yigeze kuba umujyanama mukuru mu bijyanye n’ubukungu mu kigo cy’Abongereza cyitwa Office of Rail and Road hari mu mwaka wa 2016.

Muri Minisiteri y’uburezi yahabaye Umunyamabanga Uhoraho hari muwa 2008 kandi hagati y’umwaka wa 2005 kugeza mu wa 2008 yari mu nshingano nk’izi muri Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda kuva 2005–2008.

Ni umuhanga mu bukungu kuko abifitemo impamyabumenyi y’ikirenga (PhD mu Bukungu), yakuye muri University of Leicester yo mu Bwongereza.

Kimwe mu byo Dr. Edouard Ngirente azibukirwaho ni uburyo bwe bwo gusobanura ibijyanye n’ubukungu bwumvikanagamo n’urwenya kandi bisobanutse neza.

Ubwo aheruka mu Nteko ishinga amategeko, Abadepite bakamubaza iby’uko nta mushaharafatizo uri mu Rwanda, yabasubije ko kuwushyiraho ari ikibazo kigoye kuko bivuze ko n’umukozi wo mu rugo yajya ahembwa angana atyo kandi wenda yenda kungana n’ay’umukoresha.

Kuri we, ibyo byaba ari ikibazo kuko byasaba ko na shebuja asaba abamukoresha kumuzamurira umushahara bikaba byavamo umutwaro ukomereye igihugu.

Mu mpera za 2017 nibwo yasimbuye Dr. Anastase Murekezi mu nshingano za Minisitiri w’Intebe.

Nsengiyumva yaje muri uyu mwanya  avuye muri Banki y’igihugu aho yari Guverineri wayo wungirije Soraya Hakuziyaremye usanzwe uyiyobora.

Minisitiri w’Intebe Dr. Justin Nsengiyumva.
TAGGED:featuredGuverinomaImikoranireIntebeKagameMinisitiriNgirenteNsengiyumva
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umugore Yafashwe Ashaka Kwica Netanyahu 
Next Article Hari Abahanzi Nyarwanda Bivanye Muri Uganda-Rwanda Music Festival
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Umuhuza Wa Afurika Yunze Ubumwe Mu Kibazo Cy’u Rwanda Na DRC Ari i Kigali

Mobicash Yabaye Ihagaritswe 

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

DRC: Guverinoma Irashaka Kwisubiza Bunagana Kugeza Uvira

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

‘Board Of Peace’ Ya Trump Ni Iki?

Burundi: Haravugwa Guhangana Hagati Ya Ndayishimiye N’Umunyamabanga  Wa CNDD-FDD

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

U Rwanda Rurashaka Ko Ubwongereza Buruha Amafaranga Yarwo Yose

Rulindo:Habonetse Imibiri 173 Y’Abazize Jenoside Yakorewe Abatutsi

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Inenge Mu Burezi Bw’u Rwanda Kubera Ruswa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Inama Y’Igihugu Y’Umushyikirano Iragarutse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Drones Za Polisi Ziri Hafi No Gukorera Mu Mihanda Yo Mu Ntara 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeUbumenyi Rusange

Mu Isanzure Haba Inyenyeri Zingahe?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?