Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ngoma: Abatiriza Mu Kidendezi Hafi Y’Umuhanda Hadasukuye
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imibereho Y'Abaturage

Ngoma: Abatiriza Mu Kidendezi Hafi Y’Umuhanda Hadasukuye

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 12 February 2024 10:10 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu Murenge wa Mutenderi mu Karere ka Ngoma haravugwa umupasiteri ubatiriza abantu mu kidendezi kiri hafi y’umuhanda ahantu bamwe bemeza ko hashobora gutera abantu indwara.

Pasiteri Yeretana Ernest niwe ubatiriza aho hantu, akaba ari uwo mu idini ryitwa Rivival Church riri ahitwa Muzingura mu Murenge wa Mutenderi mu Karere ka Ngoma.

Uyu mubatizo wabereye muri aka gace ka Ngoma

Abayoboke be babwiye The Chronicles ko bamuyobotse kubera ko basanga abatiza nk’uko Yohani Umubatiza( wabatije Yezu akabona kwitwa Kristu) yabatizaga.

Bagize bati: “ Tuza hano kuko tubona abikora nk’uko Yohani Umubatiza uvugwa mu Mavanjiri yabikoraga.”

N’ubwo aba baturage ari uko babibona, hari abandi bavuga ko kuba icyo kidendezi gituriye umuhanda bituma kigira ibyago byinshi byo kwandura bityo kugishyiramo umuntu bikaba nawe byamwanduza.

Amashusho yerekana uyu Pasiteri abatiza abiganjemo abana n’abagore

Abaganga bavuga ko amazi yanduye ari isoko y’indwara zitandukanye zifata abantu.

Yanduza abantu cyane cyane iyo bariye batakarabye intoki, udukoko bita bacteria na viruses tugaca mu biganza cyangwa mu bworo bw’ikirenge tukazamukira mu maraso y’umuntu.

Uko bigaragara, uyu ubatizwa ni umwana

Akenshi amazi yanduzwa n’uko aba yatambeyemo umwanda urimo n’uwo abantu bituma.

Zimwe mu ndwara ziterwa n’amazi yanduye ni impiswi cyangwa macinyamyambi( cholera).

Umuyobozi w’Akarere ka Ngoma witwa Nathalie Niyonagira yabwiye Taarifa ko iby’icyo kidendezi kibatirizwamo abantu kandi kidasukuye atari abizi ariko agiye kubikurikirana.

Ati: “ Ntabwo twari tubizi. Tugiye kubikurikirana tumenye ibyo ari byo.”

Umuyobozi w’Akarere ka Ngoma witwa Nathalie Niyonagira

Amashusho yashyizwe kuri X na Chronicles yerekana Pasiteri ari kwibiza umwana muri ayo mazi n’aho abandi bari baje muri uwo mubatizo bari abagore n’abana.

TAGGED:AkarereIkidendeziKubatizaMutenderiNgoma
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Drones Zizajya Zigeza Ibicuruzwa Ku Bacumbitse Muri Za Pariki Z’u Rwanda
Next Article Luvumbu Yakoze Ikimenyetso Nk’Icya Muyaya Biteza Ikibazo Mu Banyarwanda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageUbuzima

Hakozwe Umuti Wa Malaria W’Impinja

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Umuti Meya Wa Muhanga Aha Ibibazo Biri Mu Ngo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Babona Bate Inkuru Zibakorwaho?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?