Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Sosiyete Sivile Ishima Uruhare Kurira Ku Ishuri Byagize Ku Ireme Ry’Uburezi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Sosiyete Sivile Ishima Uruhare Kurira Ku Ishuri Byagize Ku Ireme Ry’Uburezi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 11 May 2024 2:10 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umuyobozi muri CLADHO ushinzwe ibikorwa no kwita ku bana, Evariste Murwanashyaka avuga ko kuba Leta yarashyizeho gahunda yo kugaburirira abana ku ishuri byatumye abenshi muri bo bakunda kwiga.

Yabivuze ubwo yagezaga ku Badepite bagize Komisiyo y’Ingengo y’Imari n’Umutungo by’igihugu ibitekerezo abagize Sosiyete Sivile bifuza ko byashyirwa mu ngengo y’imari Minisiteri y’imari n’igenamigambi iherutse kugeza ku Nteko ishinga amategeko, imitwe yombi.

Dr. Uzziel Ndagijimana ushinzwe Minisiteri y’imari n’igenamigambi aherutse kubwira Abadepite ko Guverinoma yifuza ko iriya ngengo y’imari yakwemezwa ikagera kuri Miliyari Frw 5,000 hagamijwe kugeza igihugu ku mishinga kiyemeje kugeraho muri NST 2 y’imyaka itanu.

Abo muri Sosiyete Sivile bashima ko muri NST 1 y’imyaka irindwi iri hafi kurangira, gahunda yo kugaburirira abana ku ishuri yatumye babaho neza, bakomeza kwiga babishishikariye.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Mu rwego rwo gukomeza gushyigikira ko abana biga, abo muri CLADHO ngo batangije gahunda bise ‘Umudugudu ku ishuri’.


Umuyobozi muri CLADHO ushinzwe ibikorwa no kwita ku bana, Evariste Murwanashyaka

Abana biga ku kigo runaka kandi bakomoka mu Mudugudu umwe bariyegeranya, bakitoramo umuyobozi.

Buri saa yine barahura bakareba niba nta mugenzi wabo wasibye.

Iyo hari uwo basanze yasibye, nimugoroba baca iwabo bakajya kureba icyo yabaye.

Ku rundi ruhande, Sosiyete Sivile nyarwanda isaba ko mu kwiga no gushyiraho za politiki zireba abana,  hajya habaho no kwita ku bana bafite ubumuga bakagira umwihariko bahabwa kuko n’ubusanzwe kuba umuntu afite ubumuga bimugira umuntu wihariye.

- Advertisement -

Umwe mu bayobora Umuryango uharanira inyungu z’abana bafite ubumuga witwa UWEZO avuga ko haramutse harebwe uko abana bafite ubumuga bashyirirwaho gahunda zo kubafasha kwiga, byaba ari umusingi mwiza wo kuzatuma, umunsi bakuze, bazigirira akamaro.

Ni igitekerezo cy’uwitwa Claude.

Avuga ko ibibazo abana bafite ubumuga bafite bitagombye kuhuzwa n’ibya bagenzi babo batabufite.

Impamvu ni uko n’ubusanzwe, umuntu ufite ubumuga aba yihariye haba mu miterere ye haba no mu byo akenera.

Avuga ko mu kugena ingengo y’imari yo gushyira mu mishinga igamije guteza imbere abana, ari ngombwa ko igenewe abana bafite ubumuga iza ifite umwihariko.

Yagize ati: “ Dusanga byaba bikwiye ko abana bafite ubumuga bahabwa ingengo y’imari yihariye kuko n’ibibazo byabo nabyo bihariye”.

Ikindi gitekerezo cyagarutsweho ni impungenge abana bafitiye bagenzi babo umunsi itegeko ryemerera abantu bafite imyaka 18 gushaka rizaba ryatowe.

Hari uwavuze ko niryemezwa, rizatuma abana b’abakobwa bafite imyaka mike batangira gutekereza igihe bazashakira abagabo, umwana akazajya kugira imyaka 18 yarararutse.

Abadepite bagize Komisiyo y’igihugu yo gucunga imari yacyo

Gutekereza abagabo ukiri muto bizatuma abana batiga neza.

Ni ikintu abana n’abandi bo muri sosiyete sivile basaba ko cyazitonderwa.

Ibyifuzo bya Sosiyete sivile byagejejwe ku Badepite ni ibigamije kubereka isesengura ryayo ku mbanzirizamushinga y’ingengo y’imari ya Leta y’umwaka wa 2024/2025 no ku mibare y’ikigereranyo cy’ingengo y’imari y’igihe giciriritse 2024/2025-26/27.

Abadepite bashimye ibitekerezo bahawe, bavuga ko bagiye kuzabyigaho hakarebwa uko byakwinjizwa mu bindi byamaze gukusanywa.

 

TAGGED:AbadepiteAbanafeaturedGahundaIshuriLetaMurwanashyaka
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kaminuza Y’u Rwanda Yabajijwe Iby’Inyubako Imaze Imyaka Umunani Ituzura
Next Article Ingabo Za Israel Ziri Kurasana Na Hamas Imbonankubone
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Gasabo: Hafashwe Abanigaga Abantu Bakabambura

Uwahoze Muri RDF Akurikiranyweho Ibyaha Byo Mu Mabuye y’Agaciro

UN N’u Rwanda Mu Bufatanye Bufite Agaciro Ka Miliyari $1

Nduhungirehe Mu Nama Ihuza Afurika N’Uburayi

Hagiye Kongera Kwibukwa Imiryango Y’Abatutsi Yazimye

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rutsiro:Indwara Ya Muryamo Iri Mu Ngurube Iraterwa N’Iki?

Nyarugenge: Imodoka Ya WASAC Yibwe

Nyagatare: Haravugwa Kotsa Burushete Z’Imbwa 

Hatangajwe Ifoto Yemewe Ya Papa Lewo XIV

BNR Mu Ngamba Zo Kurushaho Guteza Imbere Ikoranabuhanga Mu Kwishyurana

You Might Also Like

Mu mahangaPolitiki

Kamerthe Ntashira Amakenga Iby’Amasezerano Y’Amahoro Ya DRC N’u Rwanda 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

BAL: Ikipe Ya Libya Yatsinze APR BBC Yari Imaze Igihe Yitwaye Neza

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Zahabu Igiye Kuba Indi Mari Ibitswe Muri BNR

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Ese Elon Musk Yavanywe Mu Nkoramutima Za Trump?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?