Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ngoma: Araka Akarere Impozamarira Ya Miliyoni Frw 50
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Ngoma: Araka Akarere Impozamarira Ya Miliyoni Frw 50

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 14 February 2023 3:35 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umugabo witwa Niyitanga Pascal wo mu Karere ka Ngoma, arishyuza aka Karere Miliyoni Frw  50 kubera ko yirukanwe ku kazi ku mpamvu yita akarengane.

Avuga ko yakoze ikizamini ku mwanya w’umukozi wungirije ushinzwe imibereho myiza mu Kagari ka Nyagatugunda, Umurenge wa Zaza ‘aratsinda’.

Yabwiye Flash Radio/TV ko mbere yo gutsinda ikizami, yari avanywe mu Murenge wa Murama, Akagari ka Mvumba, aho yari amaze igihe  akora mu mwanya atari yaratsindiye.

Niyitanga avuga ko yaje gutungurwa no kuba yaravanywe kuri uwo mwanya azira ko ‘ibyo yize bitajyanye’ n’umwanya akoraho.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Ati: “Nakoreraga mu Murenge wa Murama, Akagari ka Mvumba, biza kurangira bampaye ibaruwa nk’umuntu watsinze ikizamini  injyana mu Kagari ka Nyagatugunda.”

Yunzemo ko mu gihe yamaze kingana n’ukwezi kumwe akora ko kazi yaje kubona ibaruwa imukura mu nshingano yari amazemo  ukwezi kumwe n’indi minsi.

Nyuma y’ibyo byose bamwishyuye igice.

Ati: “…Bampaye ibaruwa impagarika mu nshingano ivuga ko ibyo nize, dipolome yanjye y’amashuri yisumbuye(A2) ya Comptabilité idahuye n’ibyo nkora…”

Ibi abibonamo akarengane kuko yasabwe ibyangombwa byo gukora ikizami ashyirwa mu mwanya ndetse ateganyirizwa muri Ejo Heza kimwe n’abandi bakozi.

- Advertisement -

Ati: “Aho nshingira ni uko bangiriye  ikizere nkasaba mu buryo buri rusange, nasabishije dipolome yanjye, baranyakira, sinzi niba ari MIFOTRA ku rwego rw’igihugu cyangwa ari akarere gatoranya abakozi.”

Avuga ko yahabwa indishyi ihwanye n’uko yarenganyijwe.

Ati: “Mu by’ukuri amafaranga naca Akarere, ngiye guca amafaranga, navuga amafaranga yantunga ubuzima bwanjye bwose bw’izo ngaruka cyangwa izo nzahura nazo. Nasaba nka Miliyoni 50frw.”

Akarere kamugiriye inama…

Umuyobozi w’Akarere ka Ngoma, Niyonagira Anathalie yabwiye itangazamakuru ko ikibazo cy’uriya mugabo bakizi, ariko ngo bamugiriye inama yo gushaka akandi kazi kajyanye n’ibyo yize.

Ati: “Byaje kugaragara ko imyirondoro ye itari ihuye n’umwanya yapiganiye.”

Ku byerekeye  impozamarira uriya mugabo asaba, Meya yagize ati: “Twakoze icyo amategeko ateganya, kandi twaramusobanuriye ku buryo buhagije. Natekerezaga ko yabyumvise kuko haciye iminsi.”

Utaka we  avuga ko ubuyobozi bwirengagije ko yakoze ikizamini kandi bwari bwasuzumye imyirondoro ye mbere yo guhabwa ibaruwa imushyira mu kazi bityo ko yarenganye

TAGGED:AkarenganeAkarerefeaturedNgomaUmuturage
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Aristite Mugabe Yatorewe Kuyobora Komisiyo Y’Aba ‘Athlets’
Next Article DRC:Ingabo Z’u Burundi Ziravugwaho Kugota Uruganda Rwa Zahabu
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

You Might Also Like

Mu RwandaUmutekano

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?