Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ngoma: Araka Akarere Impozamarira Ya Miliyoni Frw 50
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Ngoma: Araka Akarere Impozamarira Ya Miliyoni Frw 50

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 14 February 2023 3:35 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umugabo witwa Niyitanga Pascal wo mu Karere ka Ngoma, arishyuza aka Karere Miliyoni Frw  50 kubera ko yirukanwe ku kazi ku mpamvu yita akarengane.

Avuga ko yakoze ikizamini ku mwanya w’umukozi wungirije ushinzwe imibereho myiza mu Kagari ka Nyagatugunda, Umurenge wa Zaza ‘aratsinda’.

Yabwiye Flash Radio/TV ko mbere yo gutsinda ikizami, yari avanywe mu Murenge wa Murama, Akagari ka Mvumba, aho yari amaze igihe  akora mu mwanya atari yaratsindiye.

Niyitanga avuga ko yaje gutungurwa no kuba yaravanywe kuri uwo mwanya azira ko ‘ibyo yize bitajyanye’ n’umwanya akoraho.

Ati: “Nakoreraga mu Murenge wa Murama, Akagari ka Mvumba, biza kurangira bampaye ibaruwa nk’umuntu watsinze ikizamini  injyana mu Kagari ka Nyagatugunda.”

Yunzemo ko mu gihe yamaze kingana n’ukwezi kumwe akora ko kazi yaje kubona ibaruwa imukura mu nshingano yari amazemo  ukwezi kumwe n’indi minsi.

Nyuma y’ibyo byose bamwishyuye igice.

Ati: “…Bampaye ibaruwa impagarika mu nshingano ivuga ko ibyo nize, dipolome yanjye y’amashuri yisumbuye(A2) ya Comptabilité idahuye n’ibyo nkora…”

Ibi abibonamo akarengane kuko yasabwe ibyangombwa byo gukora ikizami ashyirwa mu mwanya ndetse ateganyirizwa muri Ejo Heza kimwe n’abandi bakozi.

Ati: “Aho nshingira ni uko bangiriye  ikizere nkasaba mu buryo buri rusange, nasabishije dipolome yanjye, baranyakira, sinzi niba ari MIFOTRA ku rwego rw’igihugu cyangwa ari akarere gatoranya abakozi.”

Avuga ko yahabwa indishyi ihwanye n’uko yarenganyijwe.

Ati: “Mu by’ukuri amafaranga naca Akarere, ngiye guca amafaranga, navuga amafaranga yantunga ubuzima bwanjye bwose bw’izo ngaruka cyangwa izo nzahura nazo. Nasaba nka Miliyoni 50frw.”

Akarere kamugiriye inama…

Umuyobozi w’Akarere ka Ngoma, Niyonagira Anathalie yabwiye itangazamakuru ko ikibazo cy’uriya mugabo bakizi, ariko ngo bamugiriye inama yo gushaka akandi kazi kajyanye n’ibyo yize.

Ati: “Byaje kugaragara ko imyirondoro ye itari ihuye n’umwanya yapiganiye.”

Ku byerekeye  impozamarira uriya mugabo asaba, Meya yagize ati: “Twakoze icyo amategeko ateganya, kandi twaramusobanuriye ku buryo buhagije. Natekerezaga ko yabyumvise kuko haciye iminsi.”

Utaka we  avuga ko ubuyobozi bwirengagije ko yakoze ikizamini kandi bwari bwasuzumye imyirondoro ye mbere yo guhabwa ibaruwa imushyira mu kazi bityo ko yarenganye

TAGGED:AkarenganeAkarerefeaturedNgomaUmuturage
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Aristite Mugabe Yatorewe Kuyobora Komisiyo Y’Aba ‘Athlets’
Next Article DRC:Ingabo Z’u Burundi Ziravugwaho Kugota Uruganda Rwa Zahabu
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Israel Yoherereje Abatuye Gaza Inyandiko Zibasaba Guhunga Inzira Zikigendwa

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

FERWAFA Yagennye Umubare Mushya W’Abanyamahanga Mu Ikipe Yitabiriye Shampiyona

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

Groupe Kassav Niyo Izasusurutsa Abazita Ingagi Amazina

Twishimiye Drones Zitwara Abagenzi-Kagame Avuga Ku Ikoranabuhanga Mu By’Indege

Amerika Ikomeje Kureshya DRC Ku Byerekeye Amabuye Y’Agaciro

Mutwarasibo Yiyahuye Kubera Umugore We

You Might Also Like

IkoranabuhangaMu RwandaUbukungu

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUmutekano

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Nyamasheke: Yahitanywe N’Ikiraro Cyamuvunikiyeho Avuye Kunywa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?