Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ngororero: Mwarimu Akurikiranyweho Kwica Uwamusabaga Indezo
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Ngororero: Mwarimu Akurikiranyweho Kwica Uwamusabaga Indezo

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 12 April 2024 1:27 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu Murenge wa Nyange mu Karere ka Ngororero haravugwa inkuru y’umwarimu ufunganywe n’abantu batanu, akurikirakiranyweho kwica uwo babyaranye wamusabaga indezo.

Ubugenzacyaha bwatangaje ko bwabafunze muri Werurwe, 2024 bubakurikiranyeho ubwicanyi, ubufaanyacyaha muri bwo ni kwica Claudine Nyirakanani w’imyaka 42 y’amavuko

Umwarimu ukurikiranyweho iki cyaha yitwa Théoneste Musabyimana akaba yari atuye mu Mudugudu wa Nyamwungo, Akagarika Vuganyana, Umurenge wa Nyange muri Ngororero.

Ubwo bwicanyi bivugwa ko bwakozwe taliki 22, Werurwe, 2024 kandi uyu mwarimu yari yarigeze gukatirwa kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka wa 1994, arirega yemera icyaha arafungwa aza gufungurwa.

Abafunzwe ni Musabyimana, Ndayambaje Vedaste, Mukesharukundo Alexis,  Oswald bita Gapyisi, Dusanimana Venuste na Mujawamaliya Berthilde uyu akaba ari umugore wa Musabyimana.

Umuvugizi wa RIB, Dr Murangira B Thierry, yabwiye Umunyamakuru wa TV/Radio 1 ko intandaro y’icyateye urupfu ari uko nyakwigendera yari yarabyaranye na Musabyimana ariko akanga gutanga indezo kandi yari yarabitegetswe n’urukiko.

Ati: “ Musabyimana yabyaranye na nyakwigendera Nyirakanani Claudine urukiko ruza kumutegeka kujya atanga indezo ya Frw 20,000 buri kwezi;  ibyo byaje kuba intandaro yo kumwica”.

Dr Murangira akomeza agira ati: “Iperereza ry’ibanze rigaragaza ko Musabyimana amaze gutegekwa n’Urukiko kujya atanga indezo ya buri kwezi;  afatanyije n’umugore we, batangiye koherereza nyakwigendera ubutumwa bugufi bumutera ubwoba bamubwira ko nubwo abatsinze ku bijyanye n’indezo, ntazo bazamuha niyo yazibona azazihabwa batakiriho”.

Abafashwe dosiye yoherejwe mu  Bushinjacyaha taliki 03, Mata, 2024 nabwo buyiregera Urukiko tariki ya 07, Mata, 2024 .

Urwego rw’ubugenzacyaha ruvuga ko “Nta mpamvu n’imwe yabaho yatuma umuntu yambura undi ubuzima.”

Abaturarwanda barasabwa kudahishira icyaha icyo aricyo cyose, bakajya batangira amakuru ku gihe kugira ngo ibyaha bikumirwe.

Ibi byaha bihamye bazahanishwa igifungo cya burundu.

TAGGED:MurangiraMwarimuNgororeroRIBUmugore
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Nyanza Ya Kicukiro Hagaragaje Ubugwari Bw’Umuryango Mpuzamahanga
Next Article U Rwanda Mu Nama Afurika Yifuzamo Ko Imikoranire Na Banki Y’Isi Inozwa
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

I Yeruzalemu Hagabwe Igitero Kica Batandatu Barimo Umugore Utwite

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ubushinwa Bweretse Isi Ko Ku Ntwaro Bwihagazeho

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

Miliyari Frw 135 Zishyirwa Mu Kugaburirira Abana Ku Ishuri Buri Mwaka-Min. Bagabe

Abawazalendo Bigaragambije Ku Cyemezo Cya Leta

Trump Yategetse Hamas Guhita Irekura Abanya Israel Bose Yashimuse

You Might Also Like

Mu RwandaUmutekano

Nyamasheke: Yahitanywe N’Ikiraro Cyamuvunikiyeho Avuye Kunywa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu RwandaUbukungu

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Miliyari Frw 2 Rayon Iteganya Gukoresha Muri Shampiyona Zizava He?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Abanywera Urumogi Muri Gereza Baburiwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?