Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ngororero: Mwarimu Akurikiranyweho Kwica Uwamusabaga Indezo
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Ngororero: Mwarimu Akurikiranyweho Kwica Uwamusabaga Indezo

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 12 April 2024 1:27 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu Murenge wa Nyange mu Karere ka Ngororero haravugwa inkuru y’umwarimu ufunganywe n’abantu batanu, akurikirakiranyweho kwica uwo babyaranye wamusabaga indezo.

Ubugenzacyaha bwatangaje ko bwabafunze muri Werurwe, 2024 bubakurikiranyeho ubwicanyi, ubufaanyacyaha muri bwo ni kwica Claudine Nyirakanani w’imyaka 42 y’amavuko

Umwarimu ukurikiranyweho iki cyaha yitwa Théoneste Musabyimana akaba yari atuye mu Mudugudu wa Nyamwungo, Akagarika Vuganyana, Umurenge wa Nyange muri Ngororero.

Ubwo bwicanyi bivugwa ko bwakozwe taliki 22, Werurwe, 2024 kandi uyu mwarimu yari yarigeze gukatirwa kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka wa 1994, arirega yemera icyaha arafungwa aza gufungurwa.

Abafunzwe ni Musabyimana, Ndayambaje Vedaste, Mukesharukundo Alexis,  Oswald bita Gapyisi, Dusanimana Venuste na Mujawamaliya Berthilde uyu akaba ari umugore wa Musabyimana.

Umuvugizi wa RIB, Dr Murangira B Thierry, yabwiye Umunyamakuru wa TV/Radio 1 ko intandaro y’icyateye urupfu ari uko nyakwigendera yari yarabyaranye na Musabyimana ariko akanga gutanga indezo kandi yari yarabitegetswe n’urukiko.

Ati: “ Musabyimana yabyaranye na nyakwigendera Nyirakanani Claudine urukiko ruza kumutegeka kujya atanga indezo ya Frw 20,000 buri kwezi;  ibyo byaje kuba intandaro yo kumwica”.

Dr Murangira akomeza agira ati: “Iperereza ry’ibanze rigaragaza ko Musabyimana amaze gutegekwa n’Urukiko kujya atanga indezo ya buri kwezi;  afatanyije n’umugore we, batangiye koherereza nyakwigendera ubutumwa bugufi bumutera ubwoba bamubwira ko nubwo abatsinze ku bijyanye n’indezo, ntazo bazamuha niyo yazibona azazihabwa batakiriho”.

Abafashwe dosiye yoherejwe mu  Bushinjacyaha taliki 03, Mata, 2024 nabwo buyiregera Urukiko tariki ya 07, Mata, 2024 .

Urwego rw’ubugenzacyaha ruvuga ko “Nta mpamvu n’imwe yabaho yatuma umuntu yambura undi ubuzima.”

Abaturarwanda barasabwa kudahishira icyaha icyo aricyo cyose, bakajya batangira amakuru ku gihe kugira ngo ibyaha bikumirwe.

Ibi byaha bihamye bazahanishwa igifungo cya burundu.

TAGGED:MurangiraMwarimuNgororeroRIBUmugore
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Nyanza Ya Kicukiro Hagaragaje Ubugwari Bw’Umuryango Mpuzamahanga
Next Article U Rwanda Mu Nama Afurika Yifuzamo Ko Imikoranire Na Banki Y’Isi Inozwa
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Hakozwe Umuti Wa Malaria W’Impinja

REMA Yatangaje Igihe Cyo Gusuzumisha Ibyuka Byo Mu Binyabiziga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

You Might Also Like

Ibiza KamereMu RwandaUmutekano

Inkuba Zishe Bane Muri Batanu Bishwe N’Ibiza-MINEMA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Andi makuruMu Rwanda

Twiyumva Muri Siyanse Kurusha Mbere-Umunyeshuri Wa KIST

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUbukungu

Qatar Mu Bufatanye N’u Rwanda Mu Gukora Imiti

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Umuti Meya Wa Muhanga Aha Ibibazo Biri Mu Ngo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?