Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ni Ngombwa Ko Abapolisi Baha Indembe Amaraso- CP Kabera
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Ni Ngombwa Ko Abapolisi Baha Indembe Amaraso- CP Kabera

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 28 January 2022 11:46 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda Commissioner of Police( CP) John Bosco Kabera avuga ko mu nshingano z’abapolisi harimo no kurengera ubuzima bw’abarwayi kwa muganga, bigakorwa binyuze mu kubaha amaraso.

CP Kabera yabivuze kuri uyu wa Kane Taliki 27, Mutarama, 2022 nyuma y’uko abapolisi bakorera ahitwa kuri Traffic ku Muhima bahaye amaraso Ikigo cy’igihugu gishinzwe ubuzima kugira ngo azafashe abarwayi.

Ati: “Gutanga amaraso ni ugutanga ubuzima, kandi iyo umuntu atanze amaraso bimufasha no kumenya zimwe mu ndwara ashobora kuba yari afite atabizi akaboneraho akivuza. Ubushakashatsi bwagaragaje ko umuntu utanga amaraso neza akayatangira ku gihe bimurinda kuba yarwara indwara y’umutima.”

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, Commissioner of Police(CP) John Bosco Kabera yibukije abapolisi ko n’ubwo bafite inshingano zo kurinda umutekano w’abantu n’ibyabo bagomba no guharanira ko abaturarwanda bagira ubuzima bwiza.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image
Gutanga amaraso birokora ubuzima

Yagize ati: “ Aya maraso azajya gufasha abantu batandukanye bayakeneye barembeye kwa muganga hirya no hino. Uko Polisi y’u Rwanda yitabira ibikorwa bitandukanye biteza imbere Igihugu n’imibereho myiza y’abaturage ni na ngombwa ko abapolisi bitabira igikorwa cyiza cyo gutanga amaraso.”

CP Kabera ashimira abapolisi bakorera ku Muhima n’ahandi mu bigo n’amashami ya Polisi  ubushake bwo gutanga amaraso bafite kandi bakabishyira no mu bikorwa.

Hagati aho Taliki 26 Mutarama, 2022 abapolisi bakorera bo  mu Karere ka Ruhango na Huye nibo batanze amaraso.

Abatanze amaraso bose hamwe ni abapolisi  70.

Bucyeye bw’aho abandi bapolisi 100 baranze amaraso.

- Advertisement -
Abapolisi batanze amaraso ngo batabare indembe

Muri Werurwe 2017 Polisi y’u Rwanda yasinyanye amasezerano y’ubufatanye n’Ikigo cy’Igihugu cy’ubuzima (RBC) mu bijyanye no gufatanya mu by’ubuzima n’umutekano.

Muri aya masezerano hakubiyemo gutanga amaraso, kurwanya ibiyobyabwenge by’umwihariko mu rubyiruko, ubufatanye mu kurwanya indwara zitandura no kurwanya ihohotera rishingiye ku gitsina.

Ubuyobozi bwa RBC bwashimiye Polisi umutima w’abakozi bayo wo gufasha indembe zicyeneye amaraso.

TAGGED:AmarasofeaturedKaberaUmuvugizi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Hari Abiyitirira Imbuto Foundation Bakambura Abaturage
Next Article Umuyobozi Wa Polisi Y’u Rwanda Yitabiriye Umuhango Wo Guha Abapolisi Ba Lesotho Impamyabumenyi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?