Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Niba Utakwambara Ubusa Mu Bantu Ntukabwambare Ku Mbuga Nkoranyambaga- RIB
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Umutekano

Niba Utakwambara Ubusa Mu Bantu Ntukabwambare Ku Mbuga Nkoranyambaga- RIB

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 30 December 2023 10:15 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Dr. Murangira asaba abantu kureka ibyaha
SHARE

Ubugenzacyaha busaba Abanyarwanda kwirinda icyo ari cyo cyose cyatuma bica amategeko harimo no gukoresha nabi imbugankoranyambaga. Umuvugizi w’uru rwego, Dr. Thierry B. Murangira avuga ko niba bidakwiye ko umuntu yiyambika ubusa mu ruhame, bitanakwiye ko abikorera ku mbuga nkorayambaga.

Yabwiye Taarifa ko abantu bagombye kuzirikana ko imbuga nkoranyambaga ari ahantu heza ho kubyaza umusaruro kuko ikoranabuhanga ari ingenzi.

Icyakora ngo kirazira kuzikoresha bica amategeko mu buryo ubwo ari bwo bwose.

Ati: “ Abanyarwanda bagomba kuzirikana ko imbuga nkoranyambaga atari ahantu ho gukorera ibyaha. Ni ahantu ho kubyaza umusaruro ariko mu buryo butagongana n’amategeko.”

Urwego rw’ubugenzacyaha buvuze ibi nyuma y’uko hari abantu batandukanye rwatawe muri yombi, mu bihe bitandukanye, rubakurikiranyweho gukorera ibyaha kuri YouTube no ku zindi mbuga nkoranyambaga.

Uwa vuba aha ni uwitwa Nibishaka Théogène usanzwe usengera mu Itorero rya Pantekote ADEPR uherutse gutabwa muri yombi n’Urwego rw’ubugenzacyaha rumukurikiranyeho ibyaha bifitanye isano no gutangaza amakuru y’ibihuha agamije guteza imvururu cyangwa imidugararo muri rubanda.

Mbere ye hari abandi benshi barimo uwitwa Yongwe wahoze nawe ari Pasiteri.

Ku rundi ruhande, Ubugenzacyaha bushima abantu muri rusange ko bari kwitwara neza mu mpera z’umwaka wa 2023 kandi bukabasaba kuzabikomeza haba mu ntangiriro z’umwaka wa 2024 ndetse na nyuma y’aho.

TAGGED:featuredIkoranabuhangaMurangiraRIBUbugenzacyaha
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abasirikare Ba Afurika Y’Epfo Ba Mbere Bageze Muri DRC
Next Article Kamonyi: Impanuka Ebyiri Zaguyemo Abantu Batandatu
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Inteko Y’U Rwanda Yikomye Iy’Ubumwe Bw’Uburayi

Ubwumvikane Bwa Amerika N’Ubushinwa Ku Ikoreshwa Rya TikTok

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Mushya Azanye Amatwara Adasanzwe

Inteko Iratangaza Icyemezo Ku Byo Iy’Uburayi Iherutse Kuvuga Ku Rwanda

Muntoye Nagarurira Kenya Icyubahiro Yahoranye Kubwa Kibaki- Gachagua

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

You Might Also Like

Mu RwandaUbutabera

Ruhango: Abasaza Babiri Bagiye Kwiba Umwe Arahagwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Umuco Nyarwanda Wamurikiwe Muri Koreya Y’Epfo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Umuturage Wa Israel Akurikiranyweho Kunekera Iran

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Polisi Ikomeje Gufata Abakiliya B’Abacukura Amabuye Y’Agaciro Batabyemerewe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?