Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Nidufatanya tuzatsinda imbogamizi k’umutekano muri EAC- Gen J.Jacques Mupenzi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Nidufatanya tuzatsinda imbogamizi k’umutekano muri EAC- Gen J.Jacques Mupenzi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 16 December 2020 9:52 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umugaba w’Ingabo z’u Rwanda zirwanira ku butaka Lt Gen Jean Jacques Mupenzi wari umushyitsi mukuru mu muhango wo gutangiza ibiganiro by’abakuru b’ingabo zigize Umutwe w’ingabo zihora ziteguye gutabara (East African Standby Force), yavuze ko ubufatanye buhamye ari bwo buzatuma umutekano usesuye ugerwaho.

Gen Mupenzi yashimye bagenzi be uruhare bagira mu kugarura amahoro n’ubwo hakiri umutekano muke mu duce two mu Ihembe ry’Afurika no muri bimwe mu bihugu bya EAC nka DRC.

Yagize ati: “ Agace dutuyemo gakomeje kugaragaramo umutekano muke cyane cyane mu Burasirazuba bwa Repubulika ya Demukarasi ya Kongo ndetse no mu Ihembe ry’Afurika. Ubufatanye buhamye n’imbaraga tubishyiramo nibyo bizatuma dutsinda imbogamizi ku mutekano muke.”

Yavuze ko ikindi gikenewe ari ugukurikiza umuyoboro bahawe n’Abayobozi bo muri Afurika yunze ubumwe kuko ari bo bashinzwe gushyiraho Politiki zigamije amahoro n’iterambere ry’Afurika.

Lieutenant General Jean Jacques Mupenzi yarangije ijambo rye asaba ibihugu byose bigize uriya mutwe w’ingabo kubahiriza ibyo byiyemeje kugira ngo intego zawo zigerweho.

Umuyobozi w’Umutwe w’Ingabo zo mu Karere k’Afurika y’i Burasirazuba zihora ziteguye gutabara(EASF) Brigadier Gen   Shifewaw Zaifa Gatechew ukomoka muri Ethiopia yabwiye itangazamakuru ko n’ubwo muri aka karere hakiri umutekano muke, ariko bakora uko bashoboye kugira ngo hagaruke amahoro.

Avuga ko bikorwa binyuze mu kuganira n’abafata ibyemezo bya Politiki ariko nabo bagahora biteguye  ko aho byaba ngombwa ko batabara babikora bidatinze.

Abari muri iyi nama bararebera hamwe uko ingengo y’imari y’umwaka ushize yakoreshejwe n’uko iy’umwaka utaha izakoreshwa nyuma babifateho ibyemezo.

Barareba kandi uko icyorezo COVID-19 cyagize ingaruka ku mikorere yabo n’icyakorwa ngo bakomeze akazi kabo n’ubwo iki cyorezo cyaba kitaracika.

Iyi nama ibaye ku nshuro ya 28 ikaba izarangira taliki 17 Ukuboza, 2020 nyuma yayo ku wa Gatanu taliki 18, Ukuboza, 2020 hakazaba inama izahuza ba Minisitiri b’ingabo nab’umutekano bo mu bihugu bigize ririya huriro.

Nta ntumwa u Burundi bwohereje
CG Rwigamba Georges uyobora RCS
Umuyobozi wungirije wa Polisi y’u Rwanda DIGP Juvenal Marizamunda
Lynder Nkuranga, umuyobozi mukuru wungirije mu rwego rw’igihugu rw’iperereza(NISS) ushinzwe iperereza ryo hanze
Uganda yari ihagarariwe

Photos@Kigali Today(Flickr)

TAGGED:EASFfeaturedIngaboKigaliMupenziNkurangaZaifa
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Uganda yasabye Google guhagarika imbuga za YouTube ivuga ko zangisha Leta abaturage
Next Article ‘Umukiliya utishimye’ yandikiye MTN ibaruwa mu nyuguti zitukura ayinenga
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kuki Hari Imyanzuro u Rwanda Rwemera K’Uburenganzira Bwa Muntu Ntishyirwe Mu Bikorwa Yose

Ese Intambara Ya Amerika N’Uburayi Irashoboka

Hatangijwe Ubufatanye Mu Kuzamura Ubwinshi N’Ubwiza Bw’Imbuto 

Abatanga Ubutabera Bajye Basura Amahanga Barebe Uko Bigenda-Sosiyete Sivile

Uko RDF Yakiriwe Muri Jamaica

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Irani: Imyigaragambyo Ikomeje Kuzengereza Leta

Nyamasheke: Yakubise Gitifu Amuziza Kumwimisha Inkunga Y’Ibiribwa

Ese Robo Zitwara Imodoka Mu Buryo Butekanye Kurusha Abantu?

Niki Cyateye Igiciro Cy’Ikawa Y’u Rwanda Kuzamuka?

U Rwanda Rusanga Imvugo Za Ndayishimiye Zibangamira Umubano Warwo N’Uburundi

You Might Also Like

Mu Rwanda

U Rwanda Rwishimira Intambwe Yatewe Mu Kurwanya Igwingira Mu Bana Bato

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Bafatanywe Amadolari Y’Amakorano

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Minisitiri W’Intebe Yakiriye Uyobora Ikigo Mpuzamahanga Cy’Abagiraneza

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Tchad: Hadutse Intambara

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?