Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Niger: Hadutse Umutwe Wa Gisirikare Urwanya Abahiritse Ubutegetsi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Niger: Hadutse Umutwe Wa Gisirikare Urwanya Abahiritse Ubutegetsi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 09 August 2023 8:01 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umugabo wahoze ari umunyapolitiki akaba n’inyeshyamba yatangije umutwe wa gisirikare na politiki wo kurwanya abasirikare bahiritse Mohamed Bazoum.

Uwo ni uwitwa Rhissa Ag Boula.

Boula yasabye abamushyigikiye gutangira guta muri yombi abahiritse ubutegetsi bagahera ku musirikare mukuru uri ku butegetsi muri iki gihe.

Itangazo ry’umutwe we yise Council of Resistance for the Republic (CRR) rivuga ko Niger yabaye ingaruzwamuheto n’abantu badashaka Repubulika.

Itangazamakuru rivuga ko ibi bibaye nyuma y’uko abasirikare bari ku butegetsi muri iki gihe bari baherutse kwanga kuganira n’intumwa za ECOWAS zari zaje ngo baganire uko ibintu byasubira mu buryo mu mahoro.

Rhissa Ag Boula ni umuturage w’umu Touareg.

Umwe mu bayoboke b’ihuriro CRR avuga ko hari abanyapolitiki bari basanzwe bari ku ruhande rw’abahiritse ubutegetsi bamaze kuriyoboka

Boula yahoze mu nyeshyamba zikomeye z’aba Toaureg ariko aza gushyirwa muri Guverinoma yategekwaga na Perezida Mahamadou Issoufou na mugenzi we wamusimbuye witwa Mahamed.

Itangazwa rya CRR rishobora kugira abo rihungabanya kuko aba Touergs ari abantu bakize kandi bafite ijambo rya Politiki mu gice cy’Amajyaruguru ya Niger.

Taliki 26, Nyakanga, 2023 nibwo abasirikare bahiritse Perezida Bazoum bamufungira ahantu kandi kuva icyo gihe kugeza ubwo twandikaga iyi nkuru niho akiri.

TAGGED:AbasirikareBazoumfeaturedNiger
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article RICTA Igiye Guteza Cyamunara Domain Names 2000
Next Article Musanze: Meya Uherutse Kwirukanwa Yahererekanyije Ububasha N’Umusimbuye
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga K’Ubufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Amerika Irashaka Gufasha DRC Guhashya Ruswa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageUbuzima

Hakozwe Umuti Wa Malaria W’Impinja

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?