Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: ‘Nkunganire’ Yahabwaga Abatumiza Hanze ‘Zimwe Mu Mbuto’ Igiye Kuba Ihagaze
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

‘Nkunganire’ Yahabwaga Abatumiza Hanze ‘Zimwe Mu Mbuto’ Igiye Kuba Ihagaze

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 13 September 2021 7:40 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Minisitiri w’ubuhinzi n’ubworozi Dr Géraldine Mukeshimana avuga ko Guverinoma y’u Rwanda itazaha nkunganire abahinzi bazatumiza imbuto hanze kandi ngo u Rwanda mu gihembwe cy’ihinga A ntizatumiza hanze imbuto z’ingano, ibigori na soya.

Mukeshimana yabwiye The New Times ko uriya mwanzuro wafashwe kubera ko muri iki gihe u Rwanda rwihagije kuri ziriya mbuto, bityo bikaba byumvikana ko nta mpamvu yo kuzitumiza hanze.

Yagize ati: “ Muri iki gihembwe cy’ihinga, u Rwanda rwatubuye imbuto zihagije k’uburyo nta muhinzi wagombye kuzitumiza hanze kandi n’uzabikora azirwarize, twe nta nkunga tuzamutera.”

Gahunda yo gutangira gutuburira imbuto mu Rwanda yatangiye mu mwaka wa 2018, ndetse kuva ubwo Leta yatunganyije ibishanga ku buso bunini hagamijwe kubutuburiraho izo mbuto.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Imbuto zatubuwe ku ikubitiro ni iz’ibigori.

Minisitiri Mukeshimana avuga ko u Rwanda muri iki gihe rwihagije ku mbuto, ko nta mpamvu yo kuzitumiza hanze

Gusa nyuma hari izindi zatubuwe harimo n’iz’ibirayi. Icyo gihe Leta yashoye Miliyari 2.5 Frw.

Imbuto zatuburiwe mu Rwanda bivugwa ko izishobora gutanga umusaruro mucye kuri hegitari zitajya munsi ya toni enye mu gihe izitanga mwinshi kuri hegitari zigeza kuri toni umunani.

Ubusanzwe Leta yatumizaga hanze toni 4900 muri zo hakaba harimo toni 3500 z’ibigori, toni 800 z’ingano na toni 600 za soya, inyinshi zigatumizwa muri Kenya na Zambia.

Bivuze ku u Rwanda rwasohoraga mu kigega miliyari 6Frw buri mwaka yo kugura imbuto z’indobanure hanze yarwo.

- Advertisement -

Dr Mukeshimana yavuze ko aya mafaranga atazongera gusohoka mu kigega cya Leta ahubwo azakoreshwa mu guteza imbere ubutubuzi bw’imbuto z’indobanure bukorerwa mu Rwanda..

Umuyobozi mukuru w’Ihuriro nyarwanda ry’abahinzi b’ibigori Evariste Tugirinshuti, avuga ko bishimiye kiriya cyemezo kandi ngo birumvikana kuko gutumiza imbuto z’indobanure hanze y’u Rwanda byaruhendaga.

Yabwiye kimwe mu binyamakuru byo mu Rwanda ko akandi karusho ari uko imbuto zituburiwe mu Rwanda zihendutse, agatanga urugero rw’ibigori aho ikilo cyabwo kigura  hagati ya Frw 400 na Frw 600 mu gihe ikilo cyabyo cyavanywe hanze kigeza ku Frw 1500 ndetse akaba yarenga bitewe n’ubwoko bwabyo.

TAGGED:featuredIbigoriInganoKenyaMinisitiriMukeshimanaSoyaZambia
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umunyamabanga Mukuru wa FERWAFA Yasezeye
Next Article Polisi Yafatanye Abantu Babiri Udupfunyika 7500 Tw’Urumogi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Ubuhinde Na Pakistan Byambariye Intambara

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Amerika: Abanyarwandakazi Bo Muri RDF Barangije Amasomo Y’Ubukanishi

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Perezida Wa Guinea Conakry Yaraye Yakiriwe N’Abaturage Be Baba Mu Rwanda

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ni Ryari Abaturage Bo Mu Cyaro Bazabona Amazi Meza Abahagije?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

M23 Yafashe Ahantu Hakungahaye Kuri Zahabu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?